Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko ari iby’agaciro kuba mugenzi we Perezida Paul Kagame yaje mu birori by’isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba, avuga ko ubucuti bwabo [Kagame na Muhoozi] ari ubwa cyera.

Perezida Yoweri Museveni yabitangaje nyuma y’uko yakiriye Perezida Paul Kagame mu biro bye ndetse no ku meza ubwo hizihizwaga isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu butumwa bwe, Museveni yavuze ko ashimira byimazeyo Perezida Paul Kagame kuba yaragendereye Uganda.

Yagize ati “Twishimiye kuba yaritabiriye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi akanaza. Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Muhoozi ubwo aheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda, yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’Inyambo ziherutse no gutaha muri Uganda.

Museveni yaboneyeho gushimira umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, aboneraho kugira inama abandi babyeyi icyabafasha kurera abana babo bakazavamo abagabo.

Yagize ati “Mwumve abakiri bato, mubahe ibitekerezo ariko ntimukabakange. Ibyo ni byo nkorera abana banjye, namwe mushobora kubikorera abanyu.”

Lt Gen Muhoozi wizihije isabukuru y’imyaka 48 y’amavuko, amaze iminsi agaragara mu mirimo y’Igihugu cye akaba yaranagize uruhare mu bikorwa byo kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda wari umaze igihe wifashe nabi.

Uyu musirikare usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere yavaga mu Rwanda ari nabwo hatangiye kugaragara ibimenyetso byo kuzahura uyu mubano kuko Guverinoma y’u Rwanda yahise itangaza ifungurwa ry’Umupaka wa Gatuna.

 

Museveni yahishuye uko Kagame yamutabye n’umuryango we

Mu butumwa bwa Museveni agaruka ku mateka maremare ari hagati ya Perezida Kagame na Muhoozi, yavuze ko ubwo uyu muhungu yari afite imyaka itanu (5) we (Museveni) n’umuryango we batabwaga muri yombi n’umutwe wa UPC washinzwe na Milton Obote.

Ati “Bari bafite umugambi wo kutwica ariko ingabo zacu zari kumwe na Kagame na Sale baradutabaye.”

Yakomeje avuga ko atazi ingaruka zagize kuri Muhoozi kubera iki gikorwa cyamubayeho akiri muto akaba imfungwa y’intambara, icyakora ashimira Madamu Janet Museveni wamureze ndetse n’abavandimwe be bakabasha kuva muri ibyo bihe bikomeye barimo mu buhunzi.

Museveni yagarutse kuri amwe mu mateka y’umuhungu we Muhoozi wabonye izuba tariki 24 Mata 1974 akavukira mu kace kitwa Kurasini muri Dar es Salam muri Tanzania ako kanya Janet agahita amujyana ku bitaro.

Yavuze ko Muhoozi ari impano idasanzwe kuko yatangiye gukamirika igisirikare akiri muto aho yagitangiye ari Kadogo ariko agaragaza ishyaka rikomeye mu gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 12 =

Previous Post

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

Next Post

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.