Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko ari iby’agaciro kuba mugenzi we Perezida Paul Kagame yaje mu birori by’isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba, avuga ko ubucuti bwabo [Kagame na Muhoozi] ari ubwa cyera.

Perezida Yoweri Museveni yabitangaje nyuma y’uko yakiriye Perezida Paul Kagame mu biro bye ndetse no ku meza ubwo hizihizwaga isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu butumwa bwe, Museveni yavuze ko ashimira byimazeyo Perezida Paul Kagame kuba yaragendereye Uganda.

Yagize ati “Twishimiye kuba yaritabiriye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi akanaza. Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Muhoozi ubwo aheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda, yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’Inyambo ziherutse no gutaha muri Uganda.

Museveni yaboneyeho gushimira umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, aboneraho kugira inama abandi babyeyi icyabafasha kurera abana babo bakazavamo abagabo.

Yagize ati “Mwumve abakiri bato, mubahe ibitekerezo ariko ntimukabakange. Ibyo ni byo nkorera abana banjye, namwe mushobora kubikorera abanyu.”

Lt Gen Muhoozi wizihije isabukuru y’imyaka 48 y’amavuko, amaze iminsi agaragara mu mirimo y’Igihugu cye akaba yaranagize uruhare mu bikorwa byo kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda wari umaze igihe wifashe nabi.

Uyu musirikare usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere yavaga mu Rwanda ari nabwo hatangiye kugaragara ibimenyetso byo kuzahura uyu mubano kuko Guverinoma y’u Rwanda yahise itangaza ifungurwa ry’Umupaka wa Gatuna.

 

Museveni yahishuye uko Kagame yamutabye n’umuryango we

Mu butumwa bwa Museveni agaruka ku mateka maremare ari hagati ya Perezida Kagame na Muhoozi, yavuze ko ubwo uyu muhungu yari afite imyaka itanu (5) we (Museveni) n’umuryango we batabwaga muri yombi n’umutwe wa UPC washinzwe na Milton Obote.

Ati “Bari bafite umugambi wo kutwica ariko ingabo zacu zari kumwe na Kagame na Sale baradutabaye.”

Yakomeje avuga ko atazi ingaruka zagize kuri Muhoozi kubera iki gikorwa cyamubayeho akiri muto akaba imfungwa y’intambara, icyakora ashimira Madamu Janet Museveni wamureze ndetse n’abavandimwe be bakabasha kuva muri ibyo bihe bikomeye barimo mu buhunzi.

Museveni yagarutse kuri amwe mu mateka y’umuhungu we Muhoozi wabonye izuba tariki 24 Mata 1974 akavukira mu kace kitwa Kurasini muri Dar es Salam muri Tanzania ako kanya Janet agahita amujyana ku bitaro.

Yavuze ko Muhoozi ari impano idasanzwe kuko yatangiye gukamirika igisirikare akiri muto aho yagitangiye ari Kadogo ariko agaragaza ishyaka rikomeye mu gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 6 =

Previous Post

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

Next Post

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

IZIHERUKA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo
MU RWANDA

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.