Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na we yemeye kuzahura no kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi na we uherutse kwifuza ko bazaganira.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024 i Luanda.

Ni ibiganiro byari bigamije gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’umutekano bimaze iminsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida João Lourenço ari we wahawe inshingano z’ubuhuza hagati ya DRC n’u Rwanda.

Tete Antonio yatangaje ko ibi biganiro bya Perezida Kagame na João Lourenço byabereye mu muhezo [tête-à-tête], byasize Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yemeye ko azahura na mugenzi we Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa.

Tete Antonio yatangaje ko aho ibi biganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi, bizabera ndetse n’itariki, bizatangazwa na Perezida wa Angola wahawe izi nshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Kagame yemeye kuzahura na Tshisekedi nyuma y’ibyumweru bibiri, uyu Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na we yifuje ndetse akemera kuzaganira n’uw’u Rwanda mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Félix Tshisekedi muri urwo ruzinduko yifurijemo kuzahura na Kagame, yari yanagaragaje ibyo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, birimo kuba umutwe wa M23 wahagarika imirwano ndetse ukajya aho wasabwe kwerecyeza.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Lourenço kuri uyu wa Mbere
Ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lourenço, byarimo n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − two =

Previous Post

Uko byagenze ngo uwari uyoboye Igihugu kirimo umwiryane yegure ari imahanga

Next Post

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.