Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na we yemeye kuzahura no kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi na we uherutse kwifuza ko bazaganira.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024 i Luanda.

Ni ibiganiro byari bigamije gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’umutekano bimaze iminsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida João Lourenço ari we wahawe inshingano z’ubuhuza hagati ya DRC n’u Rwanda.

Tete Antonio yatangaje ko ibi biganiro bya Perezida Kagame na João Lourenço byabereye mu muhezo [tête-à-tête], byasize Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yemeye ko azahura na mugenzi we Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa.

Tete Antonio yatangaje ko aho ibi biganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi, bizabera ndetse n’itariki, bizatangazwa na Perezida wa Angola wahawe izi nshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Kagame yemeye kuzahura na Tshisekedi nyuma y’ibyumweru bibiri, uyu Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na we yifuje ndetse akemera kuzaganira n’uw’u Rwanda mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Félix Tshisekedi muri urwo ruzinduko yifurijemo kuzahura na Kagame, yari yanagaragaje ibyo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, birimo kuba umutwe wa M23 wahagarika imirwano ndetse ukajya aho wasabwe kwerecyeza.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Lourenço kuri uyu wa Mbere
Ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lourenço, byarimo n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

Uko byagenze ngo uwari uyoboye Igihugu kirimo umwiryane yegure ari imahanga

Next Post

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali
MU RWANDA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.