Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

radiotv10by radiotv10
12/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame na we hari icyo yemeye mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na we yemeye kuzahura no kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi na we uherutse kwifuza ko bazaganira.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024 i Luanda.

Ni ibiganiro byari bigamije gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’umutekano bimaze iminsi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida João Lourenço ari we wahawe inshingano z’ubuhuza hagati ya DRC n’u Rwanda.

Tete Antonio yatangaje ko ibi biganiro bya Perezida Kagame na João Lourenço byabereye mu muhezo [tête-à-tête], byasize Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yemeye ko azahura na mugenzi we Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa.

Tete Antonio yatangaje ko aho ibi biganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi, bizabera ndetse n’itariki, bizatangazwa na Perezida wa Angola wahawe izi nshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Perezida Kagame yemeye kuzahura na Tshisekedi nyuma y’ibyumweru bibiri, uyu Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na we yifuje ndetse akemera kuzaganira n’uw’u Rwanda mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Félix Tshisekedi muri urwo ruzinduko yifurijemo kuzahura na Kagame, yari yanagaragaje ibyo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa mbere y’uko bahura, birimo kuba umutwe wa M23 wahagarika imirwano ndetse ukajya aho wasabwe kwerecyeza.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Lourenço kuri uyu wa Mbere
Ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lourenço, byarimo n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Uko byagenze ngo uwari uyoboye Igihugu kirimo umwiryane yegure ari imahanga

Next Post

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Amakuru agezweho ku ikipe y’i Burundi yanze kwambara ‘Visit Rwanda’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.