Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yamaze kugera i Luanda muri Angola aho yitabiriye ibiganiro bimuhuza na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRCongo na João Lourenço, bigamije kwigiraha hamwe ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa Congo.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022, nyuma y’amasaha macye mugenzi we Felix Tshisekedi na we ahageze kuko yahashyitse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022.

Iangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko “Perezida Kagame yageze i Luanda muri Angola aho ahurira na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Perezida wa Angola João Lourenço uyoboye umuryango wa ICGLR.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko abakuru b’Ibihugu baganira ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bije nyuma y’iminsi abakuru b’Ibihugu byombi [u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu bayoboye.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na RBA, yavuze ko hari amakuru yizewe ko ubutegetsi bwa DRC buri gufasha umutwe wa FDLR guhungabanya umutekano w’u Rwanda nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko ubutegetsi bwa DRC bwashakiye umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, aho utari kuko bwihutiye gukoresha imbaraga za gisirikare nyamara hakwiye kwiyambazwa inzira za Politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 16 =

Previous Post

Menya impamvu Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza b’abanyabiraka

Next Post

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

IZIHERUKA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.