Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yamaze kugera i Luanda muri Angola aho yitabiriye ibiganiro bimuhuza na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRCongo na João Lourenço, bigamije kwigiraha hamwe ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa Congo.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022, nyuma y’amasaha macye mugenzi we Felix Tshisekedi na we ahageze kuko yahashyitse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022.

Iangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko “Perezida Kagame yageze i Luanda muri Angola aho ahurira na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Perezida wa Angola João Lourenço uyoboye umuryango wa ICGLR.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko abakuru b’Ibihugu baganira ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bije nyuma y’iminsi abakuru b’Ibihugu byombi [u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu bayoboye.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na RBA, yavuze ko hari amakuru yizewe ko ubutegetsi bwa DRC buri gufasha umutwe wa FDLR guhungabanya umutekano w’u Rwanda nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko ubutegetsi bwa DRC bwashakiye umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, aho utari kuko bwihutiye gukoresha imbaraga za gisirikare nyamara hakwiye kwiyambazwa inzira za Politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 1 =

Previous Post

Menya impamvu Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza b’abanyabiraka

Next Post

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose
SIPORO

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.