Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yamaze kugera i Luanda muri Angola aho yitabiriye ibiganiro bimuhuza na mugenzi we Felix Tshisekedi wa DRCongo na João Lourenço, bigamije kwigiraha hamwe ku bibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bwa Congo.

Umukuru w’u Rwanda yageze i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022, nyuma y’amasaha macye mugenzi we Felix Tshisekedi na we ahageze kuko yahashyitse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022.

Iangazo ry’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, ryasohotse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko “Perezida Kagame yageze i Luanda muri Angola aho ahurira na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Perezida wa Angola João Lourenço uyoboye umuryango wa ICGLR.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko abakuru b’Ibihugu baganira ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu Burasirazuba bwa DRC.

Ibi biganiro bije nyuma y’iminsi abakuru b’Ibihugu byombi [u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo] bagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu bayoboye.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana na RBA, yavuze ko hari amakuru yizewe ko ubutegetsi bwa DRC buri gufasha umutwe wa FDLR guhungabanya umutekano w’u Rwanda nyamara bizwi neza ko uyu mutwe ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko ubutegetsi bwa DRC bwashakiye umuti w’ibibazo biri muri iki Gihugu, aho utari kuko bwihutiye gukoresha imbaraga za gisirikare nyamara hakwiye kwiyambazwa inzira za Politiki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 10 =

Previous Post

Menya impamvu Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza b’abanyabiraka

Next Post

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.