Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame n’Umunyamabanga wa America bongeye kuganira ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame n’Umunyamabanga wa America bongeye kuganira ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi, yahuye n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken baganira ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’icyabihosha.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, ubwo bombi bitabiraga inama izwi nka World Economic Forum yiga ku Bukungu, iri kubera i Davos.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame yahuye n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken “bakaganira ku bufatanye mu gushaka amahoro arambye mu karere ndetse no gushaka umuti w’umuzi w’ibibazo by’imvururu mu karere.”

Ubutumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda bukomeza bugira buti “Uku guhura gukurikiye uruzinduko rwa Avril Haines, umuyobozi mukuru ushinzwe iperereza mu Ugushyingo umwaka ushize.”

Mu butumwa Blinken we yanyujije kuri X ye, yagize ati “Ikiganiro cyanjye na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, cyibanze ku muhate wacu wo gusaba impande zose kuyoboka inzira za dipolomasi mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

Itangazo riri ku rubuga rw’Ubunyamabanga bwa Leta Zunze Ubumwe za America, rivuga ko muri ibi biganiro byahuje Perezida Kagame na Blinken, hongeye gushimangirwa ko hakenewe guterwa intambwe mu gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America yasobanuye ko buri wese urebwa n’ibibazo akeneye gukora uruhare rwe mu gushaka umuti w’ibibazo.”

Antony Blinken waje mu Rwanda muri Kanama umwaka ushize, yahageze avuye muri Repubulija Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yagaragaje ko Ibihugu byombi bikwiye kuyoboka inzira zadipolomasi.

Leta Zunze Ubumwe za America kandi zakunze gusaba u Rwanda na Congo Kinshasa, kwicara bagashaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

By’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za America yarakunze gusaba ko intambara yakunze kuvugwa n’ubutegetsi bwa Congo, idakwiye kuba, ahubwo iki Gihugu kibaka cyarasabye Ibihugu byombi gukura ingabo ku mipaka.

Perezida Kagame yahuye na Blinken
Impande zombi zagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 2 =

Previous Post

RDF yavuze ikiri gukorwa nyuma yo gufata abasirikare ba FARDC no kurasa umwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki

Hatanzwe umucyo ku isenywa ry’inzu z’ahahoze hazwi nko kwa Bamporiki uzwi muri Politiki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.