Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, bongeye kuganira ku bibazo by’umutekano biri mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida William Ruto yitanzeho urugero ko nubwo yari amaze igihe atumva ibintu kimwe na Uhuru Kenyatta ariko yamuhaye inshingano, bityo ko n’impande zo muri DRC zikwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, i Nairobi ikaba ari iya gatatu ije nyuma y’izindi zabaye tariki 21 Mata n’iyabaye ku ya 20 Kamena 2022.

Perezida William Ruto wa Kenya, uw’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba anayoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, bari i Nairobi ndetse na Uhuru Kenyatta washyizweho nk’ugomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo.

Naho Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahagarariye Tanzania na Sudan y’Epfo; bakaba bitabiriye ibi biganiro bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure.

Perezida William Ruto yavuze ko kabone nubwo abantu baba batumva ibintu kimwe ariko baba bakwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Yatanze urugero rwo kuba we na Uhuru Kenyatta yasimbuye batarumvaga ibintu kimwe ariko “Nyuma y’amatora, narebye nyakubahwa Perezida, ndamubwira nti ‘Perezida watangiye inzira nziza muri EAC, ndifuza ko ukomeza iyo nzira’ kandi yambwiye ko yiteguye kubikora.”

Yakomeje agira ati “Ukuyeho ibyari byabanje byose, kubera inyungu z’Igihugu cyacu, ku bw’inyungu z’akarere kacu, ku bw’inyungu z’Umugabane wacu kubera ko amahoro ari ingenzi kuri Kenya, kuri DRC, Perezida Kenyata yakoze akazi keza nkuko akomeje gufasha iyi nzira kuko twese hamwe nk’Igihugu duha agaciro amahoro.”

William Ruto wahaga urugero impande zitumva kimwe ibintu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko mu gihe kimwe mu Bihugu bigize akarere haba hari ibibazo by’umutekano, bigira ingaruka ku karere kose, bityo ko no kubishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’Ibihugu byo muri aka karere.

Abakuru b’Ibihugu bari i Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Abasifuzi bari mu gikombe cy’Isi Hamenyekanye akayabo k’amafaranga bazakurayo

Next Post

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Related Posts

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

IZIHERUKA

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda
MU RWANDA

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

02/12/2025
Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

02/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Behind Every Success, There’s a Woman

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.