Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, bongeye kuganira ku bibazo by’umutekano biri mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida William Ruto yitanzeho urugero ko nubwo yari amaze igihe atumva ibintu kimwe na Uhuru Kenyatta ariko yamuhaye inshingano, bityo ko n’impande zo muri DRC zikwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, i Nairobi ikaba ari iya gatatu ije nyuma y’izindi zabaye tariki 21 Mata n’iyabaye ku ya 20 Kamena 2022.

Perezida William Ruto wa Kenya, uw’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba anayoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, bari i Nairobi ndetse na Uhuru Kenyatta washyizweho nk’ugomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo.

Naho Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahagarariye Tanzania na Sudan y’Epfo; bakaba bitabiriye ibi biganiro bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure.

Perezida William Ruto yavuze ko kabone nubwo abantu baba batumva ibintu kimwe ariko baba bakwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Yatanze urugero rwo kuba we na Uhuru Kenyatta yasimbuye batarumvaga ibintu kimwe ariko “Nyuma y’amatora, narebye nyakubahwa Perezida, ndamubwira nti ‘Perezida watangiye inzira nziza muri EAC, ndifuza ko ukomeza iyo nzira’ kandi yambwiye ko yiteguye kubikora.”

Yakomeje agira ati “Ukuyeho ibyari byabanje byose, kubera inyungu z’Igihugu cyacu, ku bw’inyungu z’akarere kacu, ku bw’inyungu z’Umugabane wacu kubera ko amahoro ari ingenzi kuri Kenya, kuri DRC, Perezida Kenyata yakoze akazi keza nkuko akomeje gufasha iyi nzira kuko twese hamwe nk’Igihugu duha agaciro amahoro.”

William Ruto wahaga urugero impande zitumva kimwe ibintu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko mu gihe kimwe mu Bihugu bigize akarere haba hari ibibazo by’umutekano, bigira ingaruka ku karere kose, bityo ko no kubishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’Ibihugu byo muri aka karere.

Abakuru b’Ibihugu bari i Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Abasifuzi bari mu gikombe cy’Isi Hamenyekanye akayabo k’amafaranga bazakurayo

Next Post

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.