Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kagame, Tshisekedi, Museveni n’abandi ba EAC mu biganiro byiga ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakuru b’Ibihugu byo mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, bongeye kuganira ku bibazo by’umutekano biri mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida William Ruto yitanzeho urugero ko nubwo yari amaze igihe atumva ibintu kimwe na Uhuru Kenyatta ariko yamuhaye inshingano, bityo ko n’impande zo muri DRC zikwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, i Nairobi ikaba ari iya gatatu ije nyuma y’izindi zabaye tariki 21 Mata n’iyabaye ku ya 20 Kamena 2022.

Perezida William Ruto wa Kenya, uw’u Burundi, Evariste Ndayishimiye akaba anayoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC, bari i Nairobi ndetse na Uhuru Kenyatta washyizweho nk’ugomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo.

Naho Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’abahagarariye Tanzania na Sudan y’Epfo; bakaba bitabiriye ibi biganiro bifashishije ikoranabuhanga ry’iya kure.

Perezida William Ruto yavuze ko kabone nubwo abantu baba batumva ibintu kimwe ariko baba bakwiye gushyira imbere inyungu z’amahoro.

Yatanze urugero rwo kuba we na Uhuru Kenyatta yasimbuye batarumvaga ibintu kimwe ariko “Nyuma y’amatora, narebye nyakubahwa Perezida, ndamubwira nti ‘Perezida watangiye inzira nziza muri EAC, ndifuza ko ukomeza iyo nzira’ kandi yambwiye ko yiteguye kubikora.”

Yakomeje agira ati “Ukuyeho ibyari byabanje byose, kubera inyungu z’Igihugu cyacu, ku bw’inyungu z’akarere kacu, ku bw’inyungu z’Umugabane wacu kubera ko amahoro ari ingenzi kuri Kenya, kuri DRC, Perezida Kenyata yakoze akazi keza nkuko akomeje gufasha iyi nzira kuko twese hamwe nk’Igihugu duha agaciro amahoro.”

William Ruto wahaga urugero impande zitumva kimwe ibintu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko mu gihe kimwe mu Bihugu bigize akarere haba hari ibibazo by’umutekano, bigira ingaruka ku karere kose, bityo ko no kubishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’Ibihugu byo muri aka karere.

Abakuru b’Ibihugu bari i Nairobi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Abasifuzi bari mu gikombe cy’Isi Hamenyekanye akayabo k’amafaranga bazakurayo

Next Post

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.