Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko hanze y’u Rwanda, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Senegal, Macky Sall uherutse gutangaza ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Senegal, avuga ko “Perezida Macky Sall yaje ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor mu masaha y’umugoroba kugira ngo yakire mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Senegal, bitangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro by’igihe gito na Macky Sall.

Umukuru w’u Rwanda kandi yahise yerecyeza mu Birwa bya Trinidad and Tobago, aho yitabiriye Inama isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Caribbean uzwi nka CARICOM, unizihiza isabukuru ya 50.

Amakuru dukesha Perezidansi y’u Rwanda yatambutse ku mbuga nkoranyambaga mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Nyakanga 2023, avuga ko Perezida Kagame yageze muri Port of Spain, umurwa Mukuru wa Trinidad and Tobago.

Macky Sall yakiriye Perezida Paul Kagame nyuma y’igihe gito, uyu Mukuru wa Senegal atangaje ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Gashyantare umwaka utaha wa 2024.

Macky Sall yavuze ko nubwo Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye rimwemerera kongera kwiyamamaza, ndetse ko hari benshi bari bamushyigikiye banifuza ko yiyamamaza, ariko ko atazahatana muri aya matora.

Ni icyemezo cyatunguye benshi yaba Abanya-Senegal ndetse n’abandi bo mu Bihugu binyuranye, bari bategereje icyemezo cye ku kuba aziyamamaza.

Perezida Macky Sall w’imyaka 61 y’amavuko yari yatorewe manda ya mbere muri Mata 2012, yongera gutorwa muri Gashyantare 2019.

Perezida Kagame ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor
Macky Sall yaje kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Next Post

Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.