Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye na Macky Sall wemeje ko ataziyamamariza kongera kuyobora Senegal
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko hanze y’u Rwanda, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Senegal, Macky Sall uherutse gutangaza ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ataha.

Amakuru dukesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Senegal, avuga ko “Perezida Macky Sall yaje ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor mu masaha y’umugoroba kugira ngo yakire mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Senegal, bitangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ibiganiro by’igihe gito na Macky Sall.

Umukuru w’u Rwanda kandi yahise yerecyeza mu Birwa bya Trinidad and Tobago, aho yitabiriye Inama isanzwe y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango wa Caribbean uzwi nka CARICOM, unizihiza isabukuru ya 50.

Amakuru dukesha Perezidansi y’u Rwanda yatambutse ku mbuga nkoranyambaga mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Nyakanga 2023, avuga ko Perezida Kagame yageze muri Port of Spain, umurwa Mukuru wa Trinidad and Tobago.

Macky Sall yakiriye Perezida Paul Kagame nyuma y’igihe gito, uyu Mukuru wa Senegal atangaje ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Gashyantare umwaka utaha wa 2024.

Macky Sall yavuze ko nubwo Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye rimwemerera kongera kwiyamamaza, ndetse ko hari benshi bari bamushyigikiye banifuza ko yiyamamaza, ariko ko atazahatana muri aya matora.

Ni icyemezo cyatunguye benshi yaba Abanya-Senegal ndetse n’abandi bo mu Bihugu binyuranye, bari bategereje icyemezo cye ku kuba aziyamamaza.

Perezida Macky Sall w’imyaka 61 y’amavuko yari yatorewe manda ya mbere muri Mata 2012, yongera gutorwa muri Gashyantare 2019.

Perezida Kagame ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor
Macky Sall yaje kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ko atakomeza kwihanganira ibyagwingije ‘Football’ n’icyo agiye gukora

Next Post

Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Kamonyi: Uko abasore babiri bibye 4.000.000Frw baguwe gitumo bakiyafite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.