Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; kibanze ku ngingo zirimo amasezerano yo kohereza abimukira ndetse n’ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki kiganiro cyabaye hifashishijwe telefone kuri uyu wa Mbere tariki 06 Werurwe 2023, cyagarutse ku masezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kurengera ubuzima bw’abimukira.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, rigira riti “Abayobozi bombi biyemeje gukomeza gukorana mu gutuma ubu bufatanye bugerwaho.”

Umwaka ugiye kuzura Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije kurengera abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda tariki 14 Mata 2022, agena ko abazajya binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu myaka itanu iri imbere uhereye muri Mutarama 2022, bose bazajya boherezwa mu Rwanda.

Muri iki kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; cyanagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, rigira riti “Minisitiri w’Intebe na Perezida Kagame baganiriye kandi ku bibazo bikomeje kugira umurindi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no ku mbaraga mpuzamahanga z’ubufasha buri gutangwa mu kubona umuti w’amahoro.”

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza baganiriye kuri ibi bibazo bya Congo, nyuma y’iminsi micye Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron agiriye uruzinduko muri iki Gihugu kirimo ibibazo, akagaragariza ubutegetsi bwacyo ko ari bwo bufite mu biganza byabwo umuti w’ibibazo.

Emmanuel Macron ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize, yasabye ubutegetsi bwa Congo kudakomeza kwegeka ibibazo by’iki Gihugu ku mahanga, ahubwo ko na bwo bwaranzwe n’imbaraga nke kuva mu 1994.

Perezida Kagame
Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

07/03/2023: M23 yafashe ikindi cyemezo gitunguranye kijyanye n’ibyo yasabwe

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Related Posts

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’urundi nkarwo rwo muri Maroc, yitezweho gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

IZIHERUKA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%
MU RWANDA

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.