Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ingingo zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; kibanze ku ngingo zirimo amasezerano yo kohereza abimukira ndetse n’ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki kiganiro cyabaye hifashishijwe telefone kuri uyu wa Mbere tariki 06 Werurwe 2023, cyagarutse ku masezerano yasinywe hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza agamije kurengera ubuzima bw’abimukira.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, rigira riti “Abayobozi bombi biyemeje gukomeza gukorana mu gutuma ubu bufatanye bugerwaho.”

Umwaka ugiye kuzura Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zishyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije kurengera abimukira bajya mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda tariki 14 Mata 2022, agena ko abazajya binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu myaka itanu iri imbere uhereye muri Mutarama 2022, bose bazajya boherezwa mu Rwanda.

Muri iki kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; cyanagarutse ku bibazo by’umutekano bimaze iminsi biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo ry’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, rigira riti “Minisitiri w’Intebe na Perezida Kagame baganiriye kandi ku bibazo bikomeje kugira umurindi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no ku mbaraga mpuzamahanga z’ubufasha buri gutangwa mu kubona umuti w’amahoro.”

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza baganiriye kuri ibi bibazo bya Congo, nyuma y’iminsi micye Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron agiriye uruzinduko muri iki Gihugu kirimo ibibazo, akagaragariza ubutegetsi bwacyo ko ari bwo bufite mu biganza byabwo umuti w’ibibazo.

Emmanuel Macron ubwo yaganiraga n’abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize, yasabye ubutegetsi bwa Congo kudakomeza kwegeka ibibazo by’iki Gihugu ku mahanga, ahubwo ko na bwo bwaranzwe n’imbaraga nke kuva mu 1994.

Perezida Kagame
Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

07/03/2023: M23 yafashe ikindi cyemezo gitunguranye kijyanye n’ibyo yasabwe

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.