Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, yahuye n’abayobozi banyuranye barimo Samantha Jane Power wigeze guhagararira USA mu Muryango w’Abibumbye ubu akaba ayobora USAID.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko Perezida Kagame yahuye na Samantha Power uyobora Umuryango w’Abanyamerika ushinzwe Iterambere mpuzamahanga (USAID).

Perezida Kagame na Samantha Power baganiriye ku gukomeza kongerera imbaraga ibikorwa nterankunga uyu muryango ufite mu Rwanda mu nzego zinyuranye zirimo Ubuzima n’Ubuhinzi.

Abandi bayobozi bahuye na Perezida Kagame, ni Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bitangaza ko Perezida Kagame na Moussa Faki Mahamat, baganiriye ku ngingo zinyuranye, zirimo ibibazo by’umutekano biri mu karere, iterambere ndetse no gukorera hamwe nka Afurika.

Perezida Kagame kandi yabonanye na Raymond Chambers usanzwe akora ibikorwa by’ubugiraneza bigamije kuzamura imibereho y’abaturage akaba na Ambasaderi w’Ingamba z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima mu gufasha urwego rw’ubuzima.

Umukuru w’u Rwanda na Raymond Chambers baganiriye mahirwe y’imikoranire ari mu nzego zinyuranye byumwihariko mu gutera inkunga ibikorwa by’ubuvuzi.

 

Power wahuye na Perezida Kagame yigeze kuvuga ku Rwanda

Samantha Jane Power wabaye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye hagati ya 2013 na 2017, yakunze kugaruka ku Rwanda cyane aho yigeze kuvuga ko rwo ndetse n’Ibihugu bihana imbibi nk’u Burundi, Uganda na DRC; bitubahiriza ihame rya Demokarasi.

Mu ijambo yavugiye mu Kanama gashinzwe amahoro n’Umutekano ku Isi tariki 21 Werurwe 2016, Samantha Power yavuze ko Igihugu cye cya USA gishishikajwe no gukorana n’u Rwanda kubera intambwe cyariho gitera nyuma ya Jenoside, ariko ko ngo mu Rwanda “hari icyuho mu rubuga rwa politiki, ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bw’abaturage n’Abanyamakuru ni bucye mu biganiro byerecyeye politiki.”

Icyo gihe uwari uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Eugene Richard Gasana yanyomoje ibyari byatangajwe na Samatha Power, amwibutsa kandi ko “nta bubasha afite ku Rwanda.”

Samantha Power usanzwe ari umunyamuryango w’ishyaka rya Democratic riri ku butegetsi muri Leta Zunze Ubumwe za America, uretse kuba yarabaye Ambasaderi w’iki Gihugu muri UN, yagiye agira imyanya inyuranye nko kuba yarabaye Umujyanama wa Barack Oboma ubwo yari akiri Umusenateri.

Yanagize imyanya itandukanye mu biro bya Perezida ku bwa Barack Oboma, aho yanavuye ajya kuba Ambasaderi wa USA muri UN, ubu akaba ari Umuyobozi wa USAID.

Samantha Power yaganiriye na Perezida w’u Rwanda
Yanaganiriye na Moussa Faki Mahammat
N’umugiraneza Raymond Chambers

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

Next Post

Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.