Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yaganiriye n’abarimo Samantha Power wigeze kuvuga cyane ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, yahuye n’abayobozi banyuranye barimo Samantha Jane Power wigeze guhagararira USA mu Muryango w’Abibumbye ubu akaba ayobora USAID.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko Perezida Kagame yahuye na Samantha Power uyobora Umuryango w’Abanyamerika ushinzwe Iterambere mpuzamahanga (USAID).

Perezida Kagame na Samantha Power baganiriye ku gukomeza kongerera imbaraga ibikorwa nterankunga uyu muryango ufite mu Rwanda mu nzego zinyuranye zirimo Ubuzima n’Ubuhinzi.

Abandi bayobozi bahuye na Perezida Kagame, ni Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bitangaza ko Perezida Kagame na Moussa Faki Mahamat, baganiriye ku ngingo zinyuranye, zirimo ibibazo by’umutekano biri mu karere, iterambere ndetse no gukorera hamwe nka Afurika.

Perezida Kagame kandi yabonanye na Raymond Chambers usanzwe akora ibikorwa by’ubugiraneza bigamije kuzamura imibereho y’abaturage akaba na Ambasaderi w’Ingamba z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima mu gufasha urwego rw’ubuzima.

Umukuru w’u Rwanda na Raymond Chambers baganiriye mahirwe y’imikoranire ari mu nzego zinyuranye byumwihariko mu gutera inkunga ibikorwa by’ubuvuzi.

 

Power wahuye na Perezida Kagame yigeze kuvuga ku Rwanda

Samantha Jane Power wabaye Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America mu Muryango w’Abibumbye hagati ya 2013 na 2017, yakunze kugaruka ku Rwanda cyane aho yigeze kuvuga ko rwo ndetse n’Ibihugu bihana imbibi nk’u Burundi, Uganda na DRC; bitubahiriza ihame rya Demokarasi.

Mu ijambo yavugiye mu Kanama gashinzwe amahoro n’Umutekano ku Isi tariki 21 Werurwe 2016, Samantha Power yavuze ko Igihugu cye cya USA gishishikajwe no gukorana n’u Rwanda kubera intambwe cyariho gitera nyuma ya Jenoside, ariko ko ngo mu Rwanda “hari icyuho mu rubuga rwa politiki, ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bw’abaturage n’Abanyamakuru ni bucye mu biganiro byerecyeye politiki.”

Icyo gihe uwari uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Eugene Richard Gasana yanyomoje ibyari byatangajwe na Samatha Power, amwibutsa kandi ko “nta bubasha afite ku Rwanda.”

Samantha Power usanzwe ari umunyamuryango w’ishyaka rya Democratic riri ku butegetsi muri Leta Zunze Ubumwe za America, uretse kuba yarabaye Ambasaderi w’iki Gihugu muri UN, yagiye agira imyanya inyuranye nko kuba yarabaye Umujyanama wa Barack Oboma ubwo yari akiri Umusenateri.

Yanagize imyanya itandukanye mu biro bya Perezida ku bwa Barack Oboma, aho yanavuye ajya kuba Ambasaderi wa USA muri UN, ubu akaba ari Umuyobozi wa USAID.

Samantha Power yaganiriye na Perezida w’u Rwanda
Yanaganiriye na Moussa Faki Mahammat
N’umugiraneza Raymond Chambers

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + one =

Previous Post

Haravugwa ifungwa ry’undi Mujenerali wa FARDC uzwi mu rugamba na M23

Next Post

Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Amakuru mashya ku munyamakuru wari wafungiwe kutishyura mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.