Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ahakwiye ubushishozi mu kwifashisha Ikoranabuha ry’Ubwenge Buhangano-AI
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano, AI (Artificial Intelligence) rikwiye kubyazwa umusaruro, ariko ko hari aho ridakwiye guhabwa umwanya munini, nko muri Politiki na Dipolomasi, kuko rishobora guteza akaga muri izi nzego.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga ku Bwenge Buhangano AI, izwi nka ‘Global AI Summit on Africa’, iteraniye i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko ubu bwenge bw’ubukorano, buri kugira uruhare runini mu nzego zirimo ibikorwa byo guhanga udushya muri iki gihe, kandi bukihutisha umuvuduko w’iterambere ry’ikoranabuhanga.

Ati “Mu nzego zinyuranye, umusaruro w’Ubwenge bw’Ubukorano, urigaragaza, gutuma haboneka umusaruro mwinshi, gutuma haboneka amakuru afatika mu gufata ibyemezo, no kugabanya kwibeshya kwa muntu.”

Gusa nanone iterambere ry’iri koranabuhanga rishya, rigenda rizamo imbogamizi zishingiye ku ihangana ry’Ibihugu bimwe bishaka kuryikubira, ku buryo umubare w’Ibihugu birushaho gutera intambwe muri iri koranabuhanga, ari muto.

Ati “Afurika ntishobora kwihanganira gusigara inyuma. Na yo igomba kujyana n’abandi, tugomba kujyana n’ibihe, tugakorana n’abandi ndetse tukanahangana, kuko ni inyungu zacu kubikora. Ni yo mpamvu turi hano.”

Yavuze kandi ko amahirwe ari muri iri koranabuhanga ryo guhanga udushya kuri uyu Mugabane wa Afurika, ari menshi, kandi ko iri koranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano, ryagira uruhare mu kubyihutisha no kwagura umusaruro ubivamo.

Umukuru w’u Rwanda yagaragaje ibigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo ibi bigerweho, birimo ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga.

Ati “Hatariho interineti yihuta ndetse n’umuriro w’amashanyarazi, Ubwenge bw’Ubukorano AI, ntabo bwabasha gukora.”

Yavuze ko ikindi gikwiye gukorwa, ari ukubaka ubushobozi bw’abantu ndetse n’inzego, babasha guhangana ku isoko ry’umurimo. Ati “Igikwiye kwibandwaho, ni uko Afurika igomba kugira abahanga mu bijyanye n’amakuru, abenjeniyeri n’inzobere mu bijyanye n’umutekano mu by’ikoranabuhanga.”

Yakomeje avuga ko nubundi uyu Mugabane wa Afurika ufite ibyo byose, atanga urugero rwo mu Rwanda ko “Twatangije ibigo by’icyitegererezo bitandukanye biha urubyiruko rwacu ubumenyi bukenewe muri iyi mirimo. Abariho babyiruka bagomba guhabwa ubushobozi.”

Yavuze ko ikindi kigomba gushyirwamo imbaraga, ari uko Afurika igomba kwihutisha guhuza imbaraga, ku buryo imirongo migari muri iri koranabuhanga ry’ubwenge buhangano ya za Guverinoma y’Ibihugu bigize uyu Mugabane, igomba guhura ntinyuranye, bikanorohereza gushaka ubushobozi bwo gushora imari muri iri koranabuhanga.

Yavuze ko nubwo iri koranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano ryitezweho kuzanira ibyiza abantu, ariko hakiri byinshi rishobora no kwangiza birimo, ubuzima bwite bw’abantu ndetse n’umutekano.

Yavuze ko ubundi ikoranabuhanga ryagakwiye gukoreshwa mu byiza bikanatanga umusaruro, kandi ko abantu bakwiye kurikoresha mu byiza banigengesera. Ati “Ndizera ko twahuza imbaraga kugira ngo bishoboke.”

Yavuze ko abantu baramutse bahuje imbaraga, banashobora kuyobora iri koranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano mu nzira nziza.

Ati “Ubundi ntitwemerere AI ko yivanga cyangwa ngo iyobore ibya politiki yacu, dipolomasi yacu ndetse n’imikoranire yacu. Rimwe na rimwe bishobora guteza akaga igihe twakwemerera ko AI igira umwanya munini muri politiki yacu. Hari bimwe ishobora gutangamo umusaruro mwiza, ariko nanone hari ibibi ishobora gutuma bibaho.”

Yavuze ko igikwiye gushyirwamo imbaraga ari ugukorera hamwe no kwifashisha iri koranabuhanga rya AI mu kugabanya ubusumbane no gufasha abantu kubyaza umusaruro iri koranabuhanga.

Perezida Kagame yavuze ko AI igomba gukoreshwa mu byiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

AFC/M23 yagaragaje uko i Goma byifashe nyuma y’amezi abiri ibohowe

Next Post

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Related Posts

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

In a world that keeps changing faster than ever, young adults are under increasing pressure to keep up. Technology, job...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Sadate wifuza kugura Rayon yavuze akayabo azayitangaho n’indi mishinga bamwe bafashe nk’urwenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.