Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame agaragaza ko hakiri imbogamizi zituma umubare w’abasura Ibihugu byo muri Afurika mu bikorwa by’ubukerarugendo utagera ku rwego rwifuzwa, zirimo amabwiriza ya bimwe agenga urujya n’uruza rw’abantu, gusa ku ruhande rw’u Rwanda rwo rukaba rwaramaze kubishyira ku murongo

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Ugushyingo 2023 ubwo yatangziaga ku mugaragaro Ihuriro rya 23 ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo, World Travel and Tourism Council (WTTC), riteraniye i Kigali

Ni ihuriro ribaye nyuma y’ibibazo byagiye byugariza ubukungu bw’isi, ndetse n’ubukerarugendo by’umwihariko nk’icyorezo cya COVID-19 kigeze gushegesha uru rwego.

Perezida Kagame avuga ko ubukerarugendo bwatangiye kubura umutwe, ariko hakaba hakiri ibindi bikibangamiye uru rwego bitarimo intambara n’ibyorezo.

Ati “Ingendo n’ubukerarugendo byavuye mu ngaruka z’ubukungu ku rwego rukomeye, ariko igiciro cyo kuza muri Afurika n’imbere muri uyu Mugabane; kiracyari imbogamizi.”

Umukuru w’u Rwanda uvuga ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa amasezerano agenga iby’ingendo z’indege muri Afurika, yagaragaje ko u Rwanda hari icyo rwakoze.

Ati “Twe twakuyeho gusaba VISA umuturage wese uva mu Gihugu cya Afurika no mu bindi Bihugu. Buri Munyafurika ashobora kurira indege akaza mu Rwanda iza mu Rwanda igihe cyose abishakiye, nta kiguzi na gito bimusaba kugira ngo yinjire mu Rwanda.”

Mu rwego rwo gukemura ibyo bibazo bishingiye ku byemezo by’Ibihugu bibangamira ubukerarugendo; Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza yavuze ko igihugu cye hari ibyo bahugiyemo bishobora kubahuza n’abaturanyi.

Yagize ati “Guverinoma y’u Burundi yiyemeje guteza imbere ubukerarugendo ndetse no kubyaza umusaruro amahirwe dufite. Igihugu kiri gushyiraho ibikorwa remezo by’ubukerarugendo bigera ahantu nyaburanga hose. Twizeye ko mu minsi micye tuzaba dubite imihanda igera ku Bihugu duturanye kugira ngo abakerarugendo bagere muri ibyo bice.”

Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan avuga ko ibyo bigomba guherekezwa n’ubushakashatsi kuri iyi ngingo.

Ati “Kugira ngo urwego rw’ubukerarugendo rurusheho gutanga umusaruro; tugomba gukora ubushakashatsi ku bigezweho mu bukerarugendo; ibyo abakerarugendo bakunda, ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibi bizadufasha gufata ibyemezo no gushyiraho ingamba zigamije iterambere rirambye ry’Umugabane wa Afurika, ndetse hari n’ubwo bamwe muri twe twita ku bukerarugendo gusa ariko tukibagirwa ingingo ijyanye n’ingendo. Ibi bigira ingaruka mu gihe cyo kureba uruhare bigira mu musaruro mbumbe no kubukungu bwacu.”

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubukerarugendo WTTC (World Travel and Tourism Council) ugaragaza ko mu mpera z’umwaka wa 2023 umusaruro w’uru rwego uzazamuka ku kigero cya 9%. Uyu mubare utuma rwegera ku rugero rwariho muri 2019 mbere y’umwaduko wa COVID-19.

Nanone kandi mu myaka icumi iri imbere, ubukerarugendo buzinjiriza Umugabane wa Afurika miliyari 279 USD, angana na 7.2% by’ubukungu bw’uyu Mugabane. Ibi bizaterwa n’uko hagati ya 2022 kugeza muri 2032, uru rwego ruzazamukaho 6.8%.

Abitabiriye iyi nama basusurukijwe n’Itorero mu mbyino gakondo

Perezida wa Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan yavuze ko hakenewe n’ubushakashatsi
Visi Perezida w’u Burundi avuga ko Igihugu cye hari ibyo kiri gukora
Ni inama yateguwe neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Next Post

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.