Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo

radiotv10by radiotv10
02/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yagaragaje ibanga rituma u Rwanda rugendererwa cyane n’abanyamahanga mu bukerarugendo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame agaragaza ko hakiri imbogamizi zituma umubare w’abasura Ibihugu byo muri Afurika mu bikorwa by’ubukerarugendo utagera ku rwego rwifuzwa, zirimo amabwiriza ya bimwe agenga urujya n’uruza rw’abantu, gusa ku ruhande rw’u Rwanda rwo rukaba rwaramaze kubishyira ku murongo

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 02 Ugushyingo 2023 ubwo yatangziaga ku mugaragaro Ihuriro rya 23 ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo, World Travel and Tourism Council (WTTC), riteraniye i Kigali

Ni ihuriro ribaye nyuma y’ibibazo byagiye byugariza ubukungu bw’isi, ndetse n’ubukerarugendo by’umwihariko nk’icyorezo cya COVID-19 kigeze gushegesha uru rwego.

Perezida Kagame avuga ko ubukerarugendo bwatangiye kubura umutwe, ariko hakaba hakiri ibindi bikibangamiye uru rwego bitarimo intambara n’ibyorezo.

Ati “Ingendo n’ubukerarugendo byavuye mu ngaruka z’ubukungu ku rwego rukomeye, ariko igiciro cyo kuza muri Afurika n’imbere muri uyu Mugabane; kiracyari imbogamizi.”

Umukuru w’u Rwanda uvuga ko hakwiye gushyirwa mu bikorwa amasezerano agenga iby’ingendo z’indege muri Afurika, yagaragaje ko u Rwanda hari icyo rwakoze.

Ati “Twe twakuyeho gusaba VISA umuturage wese uva mu Gihugu cya Afurika no mu bindi Bihugu. Buri Munyafurika ashobora kurira indege akaza mu Rwanda iza mu Rwanda igihe cyose abishakiye, nta kiguzi na gito bimusaba kugira ngo yinjire mu Rwanda.”

Mu rwego rwo gukemura ibyo bibazo bishingiye ku byemezo by’Ibihugu bibangamira ubukerarugendo; Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza yavuze ko igihugu cye hari ibyo bahugiyemo bishobora kubahuza n’abaturanyi.

Yagize ati “Guverinoma y’u Burundi yiyemeje guteza imbere ubukerarugendo ndetse no kubyaza umusaruro amahirwe dufite. Igihugu kiri gushyiraho ibikorwa remezo by’ubukerarugendo bigera ahantu nyaburanga hose. Twizeye ko mu minsi micye tuzaba dubite imihanda igera ku Bihugu duturanye kugira ngo abakerarugendo bagere muri ibyo bice.”

Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan avuga ko ibyo bigomba guherekezwa n’ubushakashatsi kuri iyi ngingo.

Ati “Kugira ngo urwego rw’ubukerarugendo rurusheho gutanga umusaruro; tugomba gukora ubushakashatsi ku bigezweho mu bukerarugendo; ibyo abakerarugendo bakunda, ndetse n’ingaruka bigira ku bidukikije.

Ibi bizadufasha gufata ibyemezo no gushyiraho ingamba zigamije iterambere rirambye ry’Umugabane wa Afurika, ndetse hari n’ubwo bamwe muri twe twita ku bukerarugendo gusa ariko tukibagirwa ingingo ijyanye n’ingendo. Ibi bigira ingaruka mu gihe cyo kureba uruhare bigira mu musaruro mbumbe no kubukungu bwacu.”

Umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubukerarugendo WTTC (World Travel and Tourism Council) ugaragaza ko mu mpera z’umwaka wa 2023 umusaruro w’uru rwego uzazamuka ku kigero cya 9%. Uyu mubare utuma rwegera ku rugero rwariho muri 2019 mbere y’umwaduko wa COVID-19.

Nanone kandi mu myaka icumi iri imbere, ubukerarugendo buzinjiriza Umugabane wa Afurika miliyari 279 USD, angana na 7.2% by’ubukungu bw’uyu Mugabane. Ibi bizaterwa n’uko hagati ya 2022 kugeza muri 2032, uru rwego ruzazamukaho 6.8%.

Abitabiriye iyi nama basusurukijwe n’Itorero mu mbyino gakondo

Perezida wa Tanzania Madamu Samia Suluhu Hassan yavuze ko hakenewe n’ubushakashatsi
Visi Perezida w’u Burundi avuga ko Igihugu cye hari ibyo kiri gukora
Ni inama yateguwe neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − ten =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi w’ikirangirire atera utwatsi miliyari 5Frw yo kuririmbira i Dubai cyamenyekanye

Next Post

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Amb.Gatete wari uhagarariye u Rwanda muri UN wahawe inshingano azakorera muri Ethiopia yakiranywe icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.