Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje igikenewe kugira ngo ibibazo bya DRCongo biranduke burundu

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje igikenewe kugira ngo ibibazo bya DRCongo biranduke burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko yizeye adashidikanya ko imbaraga ziri gushyira mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, zizatanga umusaruro mwiza, ariko ko ubu igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa Politiki mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu biganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ku mbaraga n’umuhate bakomeje gushyira mu gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje kubangamira umutekano w’akarere.

Yaboneyeho kandi gushimira byumwihariko Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye EAC ndetse na Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço ndetse na Uhuru Kenyatta wahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro igamije kurandura iki kibazo.

Yavuze ko iki kibazo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kigiye kumara ibinyacumi bitatu by’imyaka [gikabakaba imyaka 30] kitabonerwa umuti.

Ati “Iki kibazo cyagize ingaruka mbi ku karere kacu zirimo kuba hari Abanyekongo ibihumbi n’ibihumbi babaye impunzi babuze uko batahuka mu Gihugu cyabo.”

Yakomeje avuga ko intandaro nyamukuru yo kuba iki kibazo cyarakomeje kubaho ari ukutabasha gushyira mu bikorwa amasezerano yagiye asinywa inshuro zitandukanye.

Ati “Nizeye ntashidikanya ko muri iki gihe, izi mbaraga ziri gushyirwamo zigiye gutanga umusaruro mwiza.”

Yavuze ko kuba umutwe umwe muri myinshi iri muri Congo, warubuye umutwe, byongeye gutuma Isi ihaguruka mu gihe ikibazo cy’uyu mutwe kiri mu bibazo bya politiki bitabonewe umuti.

Yavuze ko u Rwanda rwubaha imyanzuro yagiye ifatwa ku rwego rw’akarere mu gushaka umuti w’iki kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Igikenewe uyu munsi kurusha ibihe byabanje, ni ubushake bwa politiki buhamye bwatuma hashyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe n’akarere byumwihariko iy’i Nairobi y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba y’amahoro ndetse n’iy’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Perezida Lorenco wa Angola.”

Yavuze ko igikenewe ari ugushaka umuti w’umuzi w’ikibazo cy’umutekano mucye wakirandura mu buryo bwa burundu mu rwego rwo gukemura ibibazo by’umutekano yaba muri Congo ndetse no mu Bihugu by’ibituranyi.

Ati “Umurongo mushya washyizweho n’abayobozi bo mu karere ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu ihuriro riheruka ry’i Luanda, ni amahirwe adasanzwe yo gushaka umuti urambye.”

Yavuze ko ibi bireba Ibihugu byose bihuriye muri aka karere kandi ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu wose rwakenerwaho mu gushaka umuti warandura iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Next Post

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.