Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje igikenewe kugira ngo ibibazo bya DRCongo biranduke burundu

radiotv10by radiotv10
28/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje igikenewe kugira ngo ibibazo bya DRCongo biranduke burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko yizeye adashidikanya ko imbaraga ziri gushyira mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, zizatanga umusaruro mwiza, ariko ko ubu igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa Politiki mu gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe.

Umukuru w’u Rwanda yabivugiye mu biganiro byahuje Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ku mbaraga n’umuhate bakomeje gushyira mu gushaka umuti w’ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje kubangamira umutekano w’akarere.

Yaboneyeho kandi gushimira byumwihariko Perezida Evariste Ndayishimiye uyoboye EAC ndetse na Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço ndetse na Uhuru Kenyatta wahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro igamije kurandura iki kibazo.

Yavuze ko iki kibazo cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kigiye kumara ibinyacumi bitatu by’imyaka [gikabakaba imyaka 30] kitabonerwa umuti.

Ati “Iki kibazo cyagize ingaruka mbi ku karere kacu zirimo kuba hari Abanyekongo ibihumbi n’ibihumbi babaye impunzi babuze uko batahuka mu Gihugu cyabo.”

Yakomeje avuga ko intandaro nyamukuru yo kuba iki kibazo cyarakomeje kubaho ari ukutabasha gushyira mu bikorwa amasezerano yagiye asinywa inshuro zitandukanye.

Ati “Nizeye ntashidikanya ko muri iki gihe, izi mbaraga ziri gushyirwamo zigiye gutanga umusaruro mwiza.”

Yavuze ko kuba umutwe umwe muri myinshi iri muri Congo, warubuye umutwe, byongeye gutuma Isi ihaguruka mu gihe ikibazo cy’uyu mutwe kiri mu bibazo bya politiki bitabonewe umuti.

Yavuze ko u Rwanda rwubaha imyanzuro yagiye ifatwa ku rwego rw’akarere mu gushaka umuti w’iki kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Igikenewe uyu munsi kurusha ibihe byabanje, ni ubushake bwa politiki buhamye bwatuma hashyirwa mu bikorwa imyanzuro yafashwe n’akarere byumwihariko iy’i Nairobi y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba y’amahoro ndetse n’iy’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwa Perezida Lorenco wa Angola.”

Yavuze ko igikenewe ari ugushaka umuti w’umuzi w’ikibazo cy’umutekano mucye wakirandura mu buryo bwa burundu mu rwego rwo gukemura ibibazo by’umutekano yaba muri Congo ndetse no mu Bihugu by’ibituranyi.

Ati “Umurongo mushya washyizweho n’abayobozi bo mu karere ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu ihuriro riheruka ry’i Luanda, ni amahirwe adasanzwe yo gushaka umuti urambye.”

Yavuze ko ibi bireba Ibihugu byose bihuriye muri aka karere kandi ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu wose rwakenerwaho mu gushaka umuti warandura iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Mu gushyingura umuvandimwe w’abazwi kuri YouTube hatanzwe ubuhamya bukora benshi ku mutima

Next Post

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Dr Sabin wigeze guhagarikwa kubera ibyo yari akurikiranyweho yagizwe Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.