Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko ubusumbane buri mu Bihugu by’Isi, bukomeza gufata umurego, anavuga ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo bireba ahazaza hayo.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangarije i New York kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023, ku munsi wa kabiri w’ibiganiro by’impaka rusange mu mbwirwaruhame zitangwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78.

Perezida Paul Kagame wagarutse ku bibazo bicyugarije Isi, yavuze ko nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 kigenjereje amaguru macye, Ibihugu bigatangira kuzahura ubukungu bwabyo, ubusumbane busanzwe buri hagati yabyo, bwarushijeho gukaza umurego.

Avuga ko ibi byashingiye n’ubundi ku kinyuranyo gisanzwe kiri hatayi y’Ibihugu bikize, n’ibiri mu nzira y’amajyambere, agaragaza ko mu kuzahura ubukungu bwabyo, bitatangiriye ku muvuduko umwe.

By’umwihariko ku Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biracyapyinagazwa n’inyungu zihanitse z’imyenda bihabwa n’ibyo Bihugu bikize byo bikomeje kukungahara.

Ati “Byatumye ubusumbane mu bukungu bwiyongera, bikanabangamira urugendo rwerecyeza ku Nteko z’Iterambere rirambye (SDGs). Impamvu ikomeye iteza ibi bibazo, ni inyungu ihanitse isabwa ku nguzanyo bihabwa n’ibihugu bikize.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibyo Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, bimara imyaka myinshi biri kwishyura izo nguzanyo ziherekejwe n’inyungu z’umurengera, yavuze ko ibi Bihugu binarenzaho guhura n’imbogamizi z’impamvu za Politiki ziza ziherekejwe n’izo nguzanyo.

Ati “Hakenewe ubutwererane bukwiye kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti.”

Yakomeje anagaragaza n’igikwiye gukorwa n’ibi Bihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuko “natwe dufite inshingano zo kubyaza umusaruro imari ndetse n’umutungo kamere byacu, kandi tukemera ko habaho kubazwa inshingano.”

Yanagarutse ku bibazo bicyugarije isi birimo amakimbirane, imihindarukire y’ikirere, avuga ko hakenewe guhuza imbaraga kandi buri wese agakora uruhare rwe.

By’umwihariko ku kibazo cy’abimukira n’impunzi, Perezida Kagame yavuze ko “buri mwaka bafata ingendo zishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo, bajya gushaka ubuzima bwiza. U Rwanda ruzakomeza gukorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu gutanga umusanzu wo gushaka umuti w’iki kibazo.”

Yavuze ko uku kwiyemeza k’u Rwanda, bishingira ku mateka rwanyuzemo kuko “tuzi umutwaro wo kutagira aho umuntu yakwita mu rugo. Twasezeranyije ko ntawe ugomba gusigara inyuma.”

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo

 

Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo biyireba

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro mu Bihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, avuga ko nubwo rubikora rubyishimiye mu bufatanye bwarwo n’ibindi Bihugu, ariko bidakuraho ko n’Umuryango Mpuzamahanga ugomba kugira uruhare, ariko n’Ibihugu bitabarwa bigomba kwibuka ko bigomba kwikemurira ibibazo bya politiki.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba hari ibikorwa n’umuryango mpuzamahanga, ariko ntibitange umusaruro ukenewe, nyamara byatanzweho akayabo k’amafaranga.

Ati “Ingabo wakohereza uko zaba zingana kose, intego igomba kwerecyeza ku bisubizo bitanga umusaruro, bityo n’abaturage bakabyungukiramo. Kuba wakwishyura amafaranga menshi ariko akarangirira mu biro no mu masezerano, bigaragaza guha agaciro bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje agira ati “Turacyafite urugendo rurerure. Mu buryo bwihutirwa, Afurika ikwiye byuzuye guhagararirwa mu nzego zifatirwamo ibyemezo byerecyeye ahazaza hacu. Kimwe n’uko binihuturwa ko Afurika na yo ikeneye byuzuye kwitegura gutahiriza umugozi umwe ikavuga mu ijwi rimwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko intego zose zishyirwaho zigamije ubufatanye buganisha ku iterambere, zikwiye gushingira ku bikenewe na buri wese, ariko zikirinda ko hazamo ubusumbane.

Ni mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Nigeria: Abifuza ko Perezida watowe akurwaho banze kunyurwa nyuma yo gutsindwa

Next Post

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.