Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko ubusumbane buri mu Bihugu by’Isi, bukomeza gufata umurego, anavuga ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo bireba ahazaza hayo.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangarije i New York kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023, ku munsi wa kabiri w’ibiganiro by’impaka rusange mu mbwirwaruhame zitangwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78.

Perezida Paul Kagame wagarutse ku bibazo bicyugarije Isi, yavuze ko nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 kigenjereje amaguru macye, Ibihugu bigatangira kuzahura ubukungu bwabyo, ubusumbane busanzwe buri hagati yabyo, bwarushijeho gukaza umurego.

Avuga ko ibi byashingiye n’ubundi ku kinyuranyo gisanzwe kiri hatayi y’Ibihugu bikize, n’ibiri mu nzira y’amajyambere, agaragaza ko mu kuzahura ubukungu bwabyo, bitatangiriye ku muvuduko umwe.

By’umwihariko ku Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biracyapyinagazwa n’inyungu zihanitse z’imyenda bihabwa n’ibyo Bihugu bikize byo bikomeje kukungahara.

Ati “Byatumye ubusumbane mu bukungu bwiyongera, bikanabangamira urugendo rwerecyeza ku Nteko z’Iterambere rirambye (SDGs). Impamvu ikomeye iteza ibi bibazo, ni inyungu ihanitse isabwa ku nguzanyo bihabwa n’ibihugu bikize.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibyo Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, bimara imyaka myinshi biri kwishyura izo nguzanyo ziherekejwe n’inyungu z’umurengera, yavuze ko ibi Bihugu binarenzaho guhura n’imbogamizi z’impamvu za Politiki ziza ziherekejwe n’izo nguzanyo.

Ati “Hakenewe ubutwererane bukwiye kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti.”

Yakomeje anagaragaza n’igikwiye gukorwa n’ibi Bihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuko “natwe dufite inshingano zo kubyaza umusaruro imari ndetse n’umutungo kamere byacu, kandi tukemera ko habaho kubazwa inshingano.”

Yanagarutse ku bibazo bicyugarije isi birimo amakimbirane, imihindarukire y’ikirere, avuga ko hakenewe guhuza imbaraga kandi buri wese agakora uruhare rwe.

By’umwihariko ku kibazo cy’abimukira n’impunzi, Perezida Kagame yavuze ko “buri mwaka bafata ingendo zishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo, bajya gushaka ubuzima bwiza. U Rwanda ruzakomeza gukorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu gutanga umusanzu wo gushaka umuti w’iki kibazo.”

Yavuze ko uku kwiyemeza k’u Rwanda, bishingira ku mateka rwanyuzemo kuko “tuzi umutwaro wo kutagira aho umuntu yakwita mu rugo. Twasezeranyije ko ntawe ugomba gusigara inyuma.”

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo

 

Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo biyireba

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro mu Bihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, avuga ko nubwo rubikora rubyishimiye mu bufatanye bwarwo n’ibindi Bihugu, ariko bidakuraho ko n’Umuryango Mpuzamahanga ugomba kugira uruhare, ariko n’Ibihugu bitabarwa bigomba kwibuka ko bigomba kwikemurira ibibazo bya politiki.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba hari ibikorwa n’umuryango mpuzamahanga, ariko ntibitange umusaruro ukenewe, nyamara byatanzweho akayabo k’amafaranga.

Ati “Ingabo wakohereza uko zaba zingana kose, intego igomba kwerecyeza ku bisubizo bitanga umusaruro, bityo n’abaturage bakabyungukiramo. Kuba wakwishyura amafaranga menshi ariko akarangirira mu biro no mu masezerano, bigaragaza guha agaciro bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje agira ati “Turacyafite urugendo rurerure. Mu buryo bwihutirwa, Afurika ikwiye byuzuye guhagararirwa mu nzego zifatirwamo ibyemezo byerecyeye ahazaza hacu. Kimwe n’uko binihuturwa ko Afurika na yo ikeneye byuzuye kwitegura gutahiriza umugozi umwe ikavuga mu ijwi rimwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko intego zose zishyirwaho zigamije ubufatanye buganisha ku iterambere, zikwiye gushingira ku bikenewe na buri wese, ariko zikirinda ko hazamo ubusumbane.

Ni mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nigeria: Abifuza ko Perezida watowe akurwaho banze kunyurwa nyuma yo gutsindwa

Next Post

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Related Posts

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.