Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko ubusumbane buri mu Bihugu by’Isi, bukomeza gufata umurego, anavuga ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo bireba ahazaza hayo.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangarije i New York kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023, ku munsi wa kabiri w’ibiganiro by’impaka rusange mu mbwirwaruhame zitangwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78.

Perezida Paul Kagame wagarutse ku bibazo bicyugarije Isi, yavuze ko nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 kigenjereje amaguru macye, Ibihugu bigatangira kuzahura ubukungu bwabyo, ubusumbane busanzwe buri hagati yabyo, bwarushijeho gukaza umurego.

Avuga ko ibi byashingiye n’ubundi ku kinyuranyo gisanzwe kiri hatayi y’Ibihugu bikize, n’ibiri mu nzira y’amajyambere, agaragaza ko mu kuzahura ubukungu bwabyo, bitatangiriye ku muvuduko umwe.

By’umwihariko ku Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biracyapyinagazwa n’inyungu zihanitse z’imyenda bihabwa n’ibyo Bihugu bikize byo bikomeje kukungahara.

Ati “Byatumye ubusumbane mu bukungu bwiyongera, bikanabangamira urugendo rwerecyeza ku Nteko z’Iterambere rirambye (SDGs). Impamvu ikomeye iteza ibi bibazo, ni inyungu ihanitse isabwa ku nguzanyo bihabwa n’ibihugu bikize.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibyo Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, bimara imyaka myinshi biri kwishyura izo nguzanyo ziherekejwe n’inyungu z’umurengera, yavuze ko ibi Bihugu binarenzaho guhura n’imbogamizi z’impamvu za Politiki ziza ziherekejwe n’izo nguzanyo.

Ati “Hakenewe ubutwererane bukwiye kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti.”

Yakomeje anagaragaza n’igikwiye gukorwa n’ibi Bihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuko “natwe dufite inshingano zo kubyaza umusaruro imari ndetse n’umutungo kamere byacu, kandi tukemera ko habaho kubazwa inshingano.”

Yanagarutse ku bibazo bicyugarije isi birimo amakimbirane, imihindarukire y’ikirere, avuga ko hakenewe guhuza imbaraga kandi buri wese agakora uruhare rwe.

By’umwihariko ku kibazo cy’abimukira n’impunzi, Perezida Kagame yavuze ko “buri mwaka bafata ingendo zishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo, bajya gushaka ubuzima bwiza. U Rwanda ruzakomeza gukorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu gutanga umusanzu wo gushaka umuti w’iki kibazo.”

Yavuze ko uku kwiyemeza k’u Rwanda, bishingira ku mateka rwanyuzemo kuko “tuzi umutwaro wo kutagira aho umuntu yakwita mu rugo. Twasezeranyije ko ntawe ugomba gusigara inyuma.”

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo

 

Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo biyireba

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro mu Bihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, avuga ko nubwo rubikora rubyishimiye mu bufatanye bwarwo n’ibindi Bihugu, ariko bidakuraho ko n’Umuryango Mpuzamahanga ugomba kugira uruhare, ariko n’Ibihugu bitabarwa bigomba kwibuka ko bigomba kwikemurira ibibazo bya politiki.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba hari ibikorwa n’umuryango mpuzamahanga, ariko ntibitange umusaruro ukenewe, nyamara byatanzweho akayabo k’amafaranga.

Ati “Ingabo wakohereza uko zaba zingana kose, intego igomba kwerecyeza ku bisubizo bitanga umusaruro, bityo n’abaturage bakabyungukiramo. Kuba wakwishyura amafaranga menshi ariko akarangirira mu biro no mu masezerano, bigaragaza guha agaciro bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje agira ati “Turacyafite urugendo rurerure. Mu buryo bwihutirwa, Afurika ikwiye byuzuye guhagararirwa mu nzego zifatirwamo ibyemezo byerecyeye ahazaza hacu. Kimwe n’uko binihuturwa ko Afurika na yo ikeneye byuzuye kwitegura gutahiriza umugozi umwe ikavuga mu ijwi rimwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko intego zose zishyirwaho zigamije ubufatanye buganisha ku iterambere, zikwiye gushingira ku bikenewe na buri wese, ariko zikirinda ko hazamo ubusumbane.

Ni mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

Nigeria: Abifuza ko Perezida watowe akurwaho banze kunyurwa nyuma yo gutsindwa

Next Post

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.