Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje ko ubusumbane buri mu Bihugu by’Isi, bukomeza gufata umurego, anavuga ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo bireba ahazaza hayo.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame yabitangarije i New York kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023, ku munsi wa kabiri w’ibiganiro by’impaka rusange mu mbwirwaruhame zitangwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78.

Perezida Paul Kagame wagarutse ku bibazo bicyugarije Isi, yavuze ko nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 kigenjereje amaguru macye, Ibihugu bigatangira kuzahura ubukungu bwabyo, ubusumbane busanzwe buri hagati yabyo, bwarushijeho gukaza umurego.

Avuga ko ibi byashingiye n’ubundi ku kinyuranyo gisanzwe kiri hatayi y’Ibihugu bikize, n’ibiri mu nzira y’amajyambere, agaragaza ko mu kuzahura ubukungu bwabyo, bitatangiriye ku muvuduko umwe.

By’umwihariko ku Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biracyapyinagazwa n’inyungu zihanitse z’imyenda bihabwa n’ibyo Bihugu bikize byo bikomeje kukungahara.

Ati “Byatumye ubusumbane mu bukungu bwiyongera, bikanabangamira urugendo rwerecyeza ku Nteko z’Iterambere rirambye (SDGs). Impamvu ikomeye iteza ibi bibazo, ni inyungu ihanitse isabwa ku nguzanyo bihabwa n’ibihugu bikize.”

Umukuru w’u Rwanda wavugaga ko ibyo Bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, bimara imyaka myinshi biri kwishyura izo nguzanyo ziherekejwe n’inyungu z’umurengera, yavuze ko ibi Bihugu binarenzaho guhura n’imbogamizi z’impamvu za Politiki ziza ziherekejwe n’izo nguzanyo.

Ati “Hakenewe ubutwererane bukwiye kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti.”

Yakomeje anagaragaza n’igikwiye gukorwa n’ibi Bihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuko “natwe dufite inshingano zo kubyaza umusaruro imari ndetse n’umutungo kamere byacu, kandi tukemera ko habaho kubazwa inshingano.”

Yanagarutse ku bibazo bicyugarije isi birimo amakimbirane, imihindarukire y’ikirere, avuga ko hakenewe guhuza imbaraga kandi buri wese agakora uruhare rwe.

By’umwihariko ku kibazo cy’abimukira n’impunzi, Perezida Kagame yavuze ko “buri mwaka bafata ingendo zishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo, bajya gushaka ubuzima bwiza. U Rwanda ruzakomeza gukorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu gutanga umusanzu wo gushaka umuti w’iki kibazo.”

Yavuze ko uku kwiyemeza k’u Rwanda, bishingira ku mateka rwanyuzemo kuko “tuzi umutwaro wo kutagira aho umuntu yakwita mu rugo. Twasezeranyije ko ntawe ugomba gusigara inyuma.”

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo

 

Afurika ikwiye guhagararirwa ahafatirwa ibyemezo biyireba

Perezida Kagame kandi yanagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro mu Bihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, avuga ko nubwo rubikora rubyishimiye mu bufatanye bwarwo n’ibindi Bihugu, ariko bidakuraho ko n’Umuryango Mpuzamahanga ugomba kugira uruhare, ariko n’Ibihugu bitabarwa bigomba kwibuka ko bigomba kwikemurira ibibazo bya politiki.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba hari ibikorwa n’umuryango mpuzamahanga, ariko ntibitange umusaruro ukenewe, nyamara byatanzweho akayabo k’amafaranga.

Ati “Ingabo wakohereza uko zaba zingana kose, intego igomba kwerecyeza ku bisubizo bitanga umusaruro, bityo n’abaturage bakabyungukiramo. Kuba wakwishyura amafaranga menshi ariko akarangirira mu biro no mu masezerano, bigaragaza guha agaciro bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje agira ati “Turacyafite urugendo rurerure. Mu buryo bwihutirwa, Afurika ikwiye byuzuye guhagararirwa mu nzego zifatirwamo ibyemezo byerecyeye ahazaza hacu. Kimwe n’uko binihuturwa ko Afurika na yo ikeneye byuzuye kwitegura gutahiriza umugozi umwe ikavuga mu ijwi rimwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko intego zose zishyirwaho zigamije ubufatanye buganisha ku iterambere, zikwiye gushingira ku bikenewe na buri wese, ariko zikirinda ko hazamo ubusumbane.

Ni mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ya 78

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Nigeria: Abifuza ko Perezida watowe akurwaho banze kunyurwa nyuma yo gutsindwa

Next Post

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.