Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri muri i Astana muri Kazakhstan, yavuze ko ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabaga, amahanga yigize ntibindeba akarutera umugongo, bigasaba ko kubaka iki Gihugu biva mu gushyira hamwe kw’abagituye, ariko ko bitakibujije gukorana n’ayo mahanga yabatereranye.

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi 2025 ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya Astana International Forum.

Igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro iyi nama, cyitabiriwe na Perezida wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev na Perezida wa Macedonia ya Ruguru, Gordana Siljanovska-Davkova.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku rugendo rwo kwiyubaka kw’iki Gihugu nyuma yo kuva mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bari no mu minsi ijana yo kuyibuka, agaragaza ko ibyabaye kuri iki Gihugu cyabikuyemo amasomo akomeye.

Yagize ati “Ubwo Jenoside yabaga mu Gihugu cyacu, amahanga yabiteye umugongo ntiyatwitaho, ibyo byatwigishije isomo. Aho ni ho twatangiye kugenda duhuza imbaraga, tugerageza kongera kwiyubaka, buri wese atanga uruhare rwe, ndetse no kuzana umwuka w’ubwizerane watuzaniye amahirwe yo kubaka inzego zagombaga kugira uruhare mu kugeza ku baturage bacu ibyo bakeneye.”

Perezida Kagame yavuze ko nubwo amahanga yatereranye u Rwanda mu gihe rwari ruyakeneye, akarutera umugongo, ndetse no mu kwishakamo ibisubizo, akaba ari bo babyikorera, bitabujije iki Gihugu gukorana n’ayo mahanga.

Ati “Ariko ntibyatubuje gukorana n’amahanga. Ndetse twakiriye inkunga ziturutse mu nshuti no mu bafatanyabikorwa. Ariko ibyo ntibyari kudufasha cyangwa ngo bigire icyo bitumarira iyo tudahaguruka ngo dushyire hamwe ubwacu ngo tunagire icyo twikorera kiduturutsemo.”

Perezida Paul Kagame uri muri Kazakhstan kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gicurasi 2025, uru ruzinduko rwe runagamije gutsura umubano w’u Rwanda Gihugu nk’umufatanyabikorwa mu mikoranire ibyara inyungu.

We na mugenzi we w’iki Gihugu, Qasym-Jomart Toqayev; kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Gicurasi, banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo Dipolomasi, Ikoranabuhanga, uburezi, ubuhinzi, imari ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Perezida Kagame ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye iyi nama mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

Next Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.