Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije Minisitiri w’Urubyiruko mushya ibyo azashingiraho n’ibikidakwiye kwirengagizwa

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije Minisitiri w’Urubyiruko mushya ibyo azashingiraho n’ibikidakwiye kwirengagizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Minisitiri w’Urubyiruko mushya, ko afite inshingano ziremereye, kuko aje kuyobora abafite mu biganza byabo u Rwanda rw’ejo, bityo ko akwiye kuzashingira ku bishya bigezweho, ariko ntihirengagizwe n’uburere ndetse no kwigira ku bakuru.

Ni mu muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, wayobowe na Perezida Paul Kagame yakira indahiro za Dr. Utumatwishima Abdallah uherutse kugirwa Minisitiri w’Urubyiruko.

Perezida Kagame yibukije Dr. Utumatwishima winjiye muri Guverinoma, ko asanze abandi mu nshingano basangiye zo gukorera Abanyarwanda, ariko ko ikigomba gushyirwa imbere, ari ugukorana n’abandi.

Ati “Ni ukuzuzanya no gukorera hamwe, kuko nta rwego rukora rwonyine, ahubwo mu nshingano haba harimo ko inzego zikorana kuko ni inzego z’Igihugu, ubwo ni bwo dushobora gutera imbere, n’Igihugu kigatera imbere.”

Perezida Kagame avuga ko ubaye Minisitiri kabone nubwo yaba atari asanzwe mu nzego za Leta ariko aba akwiye kumva uburemere bw’izo nshingano.

Ati “Kandi kumva n’imikorere muri izo nshingano na bwo ntabwo bikwiye kuba bigoye, kuko ubundi ni umuco wumvikana aho ari ho hose cyane cyane iyo bigeze ku gukorera inyungu rusange z’Igihugu.”

Yibukije Dr. Utumatwishima ko agomba kumva ko aje gufasha Igihugu kuyobora urubyiruko mu bundi buryo “na bwo bikwiye kumvikana ko harimo inshingano ziremereye cyane, urubyiruko ni ho hazaza h’ejo ha buri Gihugu.”

Umukuru w’u Rwanda wavuze ko nubwo urubyiruko ruhanzwe amaso ku hazaza h’Igihugu, ariko kugira ngo bazabigereho bagomba gutegurwa muri ibi bihe.

Ati “Iyo ufite abantu bato iyo ufite abana, kugira ngo bazakure neza bazagire akamaro mu bihe biri imbere biterwa n’uburere wabahaye, uburere bw’imico, imyifatire, ubushobozi ni ho havamo amashuri, ni ho havamo kugira ubuzima bwiza.”

Perezida Kagame avuga ko Minisitiri mushya w’Urubyiruko na we akiri muri iyi myaka, ku buryo yumva neza inshingano z’uburyo urubyiruko rwategurwa ngo ruzubake ejo hazaza.

Ati “Ndizera ko muzakora mushingiye ku bishya bigezweho ariko mutibagiwe iby’uburere butwigisha, ndetse nta muntu uba utaranyuze aho ngaho. Abahanyuze mbere bafite byinshi bashobora kwigirwaho ariko byose ni ugushyiraho umutima abantu bakumva icya ngombwa.”

Dr Utumatwishima yinjiye muri Guverinoma mu mavugurura aherutse gukorwa na Perezida Paul Kagame, yasize iyari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, isigara ari iy’Urubyiruko gusa, ndetse Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco akaba yarasimbujwe, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana.

Dr. Utumatwishima ubwo yarahiraga
Umuhango wabereye muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + thirteen =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Next Post

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Related Posts

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ingufu REG, ishami rya Rusizi, buravuga ko abazwi ku izina ry’abahigi bagera kuri 12 bibaga ibikoresho by’amashanyarazi...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye
AMAHANGA

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

09/05/2025
Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

09/05/2025
Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.