Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije Minisitiri w’Urubyiruko mushya ibyo azashingiraho n’ibikidakwiye kwirengagizwa

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije Minisitiri w’Urubyiruko mushya ibyo azashingiraho n’ibikidakwiye kwirengagizwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Minisitiri w’Urubyiruko mushya, ko afite inshingano ziremereye, kuko aje kuyobora abafite mu biganza byabo u Rwanda rw’ejo, bityo ko akwiye kuzashingira ku bishya bigezweho, ariko ntihirengagizwe n’uburere ndetse no kwigira ku bakuru.

Ni mu muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023, wayobowe na Perezida Paul Kagame yakira indahiro za Dr. Utumatwishima Abdallah uherutse kugirwa Minisitiri w’Urubyiruko.

Perezida Kagame yibukije Dr. Utumatwishima winjiye muri Guverinoma, ko asanze abandi mu nshingano basangiye zo gukorera Abanyarwanda, ariko ko ikigomba gushyirwa imbere, ari ugukorana n’abandi.

Ati “Ni ukuzuzanya no gukorera hamwe, kuko nta rwego rukora rwonyine, ahubwo mu nshingano haba harimo ko inzego zikorana kuko ni inzego z’Igihugu, ubwo ni bwo dushobora gutera imbere, n’Igihugu kigatera imbere.”

Perezida Kagame avuga ko ubaye Minisitiri kabone nubwo yaba atari asanzwe mu nzego za Leta ariko aba akwiye kumva uburemere bw’izo nshingano.

Ati “Kandi kumva n’imikorere muri izo nshingano na bwo ntabwo bikwiye kuba bigoye, kuko ubundi ni umuco wumvikana aho ari ho hose cyane cyane iyo bigeze ku gukorera inyungu rusange z’Igihugu.”

Yibukije Dr. Utumatwishima ko agomba kumva ko aje gufasha Igihugu kuyobora urubyiruko mu bundi buryo “na bwo bikwiye kumvikana ko harimo inshingano ziremereye cyane, urubyiruko ni ho hazaza h’ejo ha buri Gihugu.”

Umukuru w’u Rwanda wavuze ko nubwo urubyiruko ruhanzwe amaso ku hazaza h’Igihugu, ariko kugira ngo bazabigereho bagomba gutegurwa muri ibi bihe.

Ati “Iyo ufite abantu bato iyo ufite abana, kugira ngo bazakure neza bazagire akamaro mu bihe biri imbere biterwa n’uburere wabahaye, uburere bw’imico, imyifatire, ubushobozi ni ho havamo amashuri, ni ho havamo kugira ubuzima bwiza.”

Perezida Kagame avuga ko Minisitiri mushya w’Urubyiruko na we akiri muri iyi myaka, ku buryo yumva neza inshingano z’uburyo urubyiruko rwategurwa ngo ruzubake ejo hazaza.

Ati “Ndizera ko muzakora mushingiye ku bishya bigezweho ariko mutibagiwe iby’uburere butwigisha, ndetse nta muntu uba utaranyuze aho ngaho. Abahanyuze mbere bafite byinshi bashobora kwigirwaho ariko byose ni ugushyiraho umutima abantu bakumva icya ngombwa.”

Dr Utumatwishima yinjiye muri Guverinoma mu mavugurura aherutse gukorwa na Perezida Paul Kagame, yasize iyari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, isigara ari iy’Urubyiruko gusa, ndetse Rosemary Mbabazi wari Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco akaba yarasimbujwe, agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana.

Dr. Utumatwishima ubwo yarahiraga
Umuhango wabereye muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe kurusha abandi muri Kenya yamenyekanye

Next Post

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.