Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragarije mu nama yitabiriwe na Tshisekedi ibyarangiza intambara

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagaragarije mu nama yitabiriwe na Tshisekedi ibyarangiza intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame agaruka ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC na SADC, yavuze ko niba umuntu ashaka ko intambara irangira, ahagarika akarengane, akarandura ibibazo bya politiki atari ibyugarije abaturage b’Igihugu cye gusa, ahubwo n’ibibangamiye abaturanyi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 24 Werurwe 2025 mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Iyi nama yigaga ku bibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yayobowe n’Abayoboye Inama z’Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango, William Ruto wa Kenya unayoboye EAC, na Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa unayoboye SADC.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bitangaza ko iyi nama yabaye mu mwuka mwiza, aho Abakuru b’Ibihugu bashashe inzobe bagatanga umucyo ku bibazo by’ingenzi, kandi bakiyemeza ko umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, uzava mu nzira za Politiki aho kuba inzira z’intamba.

Nanone kandi iyi nama yashyizeho abagize akanama gahuriweho gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo byiyemezwa byo gushaka umuti w’ibibazo.

Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko u Rwanda rugifite impungenge ku mutekano warwo, kandi ko zikwiye gushakirwa umuti nk’uko n’ubundi hari gushakwa umuti w’ibibazo byo muri Congo.

Yagize ati “Iyo tuvuga ubusugire no kubaha ubudahangarwa bw’Igihugu, biba bigomba kureba buri Gihugu. Buri Gihugu kigomba kubahirwa ubusugire bwacyo n’ubudahangarwa bwacyo.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agaragaza ibishobora kwitabwaho kugira ngo intambara irangire, yongera gushimangira ko intandaro y’ibibazo byo muri Congo, ishinze imizi ku miyoborere y’iki Gihugu yirengagiza ibyagakwiye kuvamo umuti.

Ati “Iyo ushaka kurangiza intambara, ugomba guhagarika akarengane, ugomba gushyira iherezo ku bibazo bya politiki, atari ku baturage bawe gusa, ahubwo no ku bandi barimo n’abaturanyi bigiraho ingaruka.”

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kuvuga ko hari inzira iri guterwa igaragazwa n’ubushake bw’impande zikomeje gutanga umusanzu mu byatuma ibibazo biri muri Congo bibonerwa umuti.

Iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, yitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, barimo uw’u Rwanda, Paul Kagame, Felix Tshisekedi wa DRC, Evarist Ndayishimiye w’u Burundi, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Madamu Suluhu Hassan wa Tanzania, William Ruto wa Kenya, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Lazarus Chakwera wa Malawi, Andry Rajoelina wa Madagascar na Hakainde Hichilema wa Zambia.

Perezida Kagame yavuze ko niba umuntu yifuza ko intambara irangira, hari ibyo akwiye gushakira umuti
Inama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + three =

Previous Post

Hashyizweho abahuza batanu barimo amazina mashya: Iby’ingenzi byemerejwe mu nama ku bibazo bya Congo

Next Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo ya Perezida w’u Burundi ahabanye n’ubushake buriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.