Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisirtiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba, amugezaho ubutumwa mu izina rya Perezida w’iki Gihugu, Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy. Banaganiriye ku buryo bwo gushyigikira ibikorwa byo guhosha burundu intambara imaze iminsi hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Perezida Kagame yakiriye Dmytro Ivanovych Kuleba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, mu biro bye, muri Village Urugwiro.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, rivuga ko ubwo Perezida Kagame yakiraga uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Ukraine, “yamugejejeho ubutumwa mu izina rya Perezida Zelenskyy.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga kandi ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine “baganiriye ku ntambara yo muri Ukraine ndetse n’uburyo bwo gushyigikorwa inzira z’amahoro zatuma amakimbirane arangira.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yaganiriye n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame; nyuma yuko yari yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.

Aba bakuru ba Dipolomasi z’Ibihugu byombi kandi; banashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubujyanama mu bya Politiki.

Uyu muyobozi ukomeye muri Guverinoma ya Ukraine, ni we muyobozi wo hejuru wa mbere usuye u Rwanda kuva Ibihugu byombi byatangira umubano umaze imyaka 30, kuva mu 1993.

Ukraine igaragaza ko umubano wayo n’u Rwanda wifashe neza, ndetse ko Ibihugu byombi bisanganywe ubutwererane bushingiye ku mikoranire irimo iy’ubucuruzi.

Iki Gihugu kimaze iminsi mu ntambara cyashoweho n’u Burusiya, kigaragaza ko mu mwaka wa 2021, ibicuruzwa na serivisi byabaye hagati yacyo n’u Rwanda, bifite agaciro ka miliyoni 2 188 USD, birimo ibya miliyoni 1 012 USD byoherejwe mu Rwanda, ndetse n’iby’ibihumbi 834 USD byoherejwe n’u Rwanda muri Ukraine byiganjemo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro.

Merezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 10 =

Previous Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Next Post

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.