Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisirtiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba, amugezaho ubutumwa mu izina rya Perezida w’iki Gihugu, Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy. Banaganiriye ku buryo bwo gushyigikira ibikorwa byo guhosha burundu intambara imaze iminsi hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Perezida Kagame yakiriye Dmytro Ivanovych Kuleba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, mu biro bye, muri Village Urugwiro.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, rivuga ko ubwo Perezida Kagame yakiraga uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Ukraine, “yamugejejeho ubutumwa mu izina rya Perezida Zelenskyy.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga kandi ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine “baganiriye ku ntambara yo muri Ukraine ndetse n’uburyo bwo gushyigikorwa inzira z’amahoro zatuma amakimbirane arangira.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yaganiriye n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame; nyuma yuko yari yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.

Aba bakuru ba Dipolomasi z’Ibihugu byombi kandi; banashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubujyanama mu bya Politiki.

Uyu muyobozi ukomeye muri Guverinoma ya Ukraine, ni we muyobozi wo hejuru wa mbere usuye u Rwanda kuva Ibihugu byombi byatangira umubano umaze imyaka 30, kuva mu 1993.

Ukraine igaragaza ko umubano wayo n’u Rwanda wifashe neza, ndetse ko Ibihugu byombi bisanganywe ubutwererane bushingiye ku mikoranire irimo iy’ubucuruzi.

Iki Gihugu kimaze iminsi mu ntambara cyashoweho n’u Burusiya, kigaragaza ko mu mwaka wa 2021, ibicuruzwa na serivisi byabaye hagati yacyo n’u Rwanda, bifite agaciro ka miliyoni 2 188 USD, birimo ibya miliyoni 1 012 USD byoherejwe mu Rwanda, ndetse n’iby’ibihumbi 834 USD byoherejwe n’u Rwanda muri Ukraine byiganjemo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro.

Merezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Next Post

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.