Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagejejweho ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Minisirtiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Ivanovych Kuleba, amugezaho ubutumwa mu izina rya Perezida w’iki Gihugu, Volodymyr Oleksandrovych Zelenskyy. Banaganiriye ku buryo bwo gushyigikira ibikorwa byo guhosha burundu intambara imaze iminsi hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Perezida Kagame yakiriye Dmytro Ivanovych Kuleba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, mu biro bye, muri Village Urugwiro.

Itangazo dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, rivuga ko ubwo Perezida Kagame yakiraga uyu muyobozi wa Dipolomasi ya Ukraine, “yamugejejeho ubutumwa mu izina rya Perezida Zelenskyy.”

Perezidansi y’u Rwanda ikomeza ivuga kandi ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine “baganiriye ku ntambara yo muri Ukraine ndetse n’uburyo bwo gushyigikorwa inzira z’amahoro zatuma amakimbirane arangira.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba yaganiriye n’Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame; nyuma yuko yari yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta.

Aba bakuru ba Dipolomasi z’Ibihugu byombi kandi; banashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubujyanama mu bya Politiki.

Uyu muyobozi ukomeye muri Guverinoma ya Ukraine, ni we muyobozi wo hejuru wa mbere usuye u Rwanda kuva Ibihugu byombi byatangira umubano umaze imyaka 30, kuva mu 1993.

Ukraine igaragaza ko umubano wayo n’u Rwanda wifashe neza, ndetse ko Ibihugu byombi bisanganywe ubutwererane bushingiye ku mikoranire irimo iy’ubucuruzi.

Iki Gihugu kimaze iminsi mu ntambara cyashoweho n’u Burusiya, kigaragaza ko mu mwaka wa 2021, ibicuruzwa na serivisi byabaye hagati yacyo n’u Rwanda, bifite agaciro ka miliyoni 2 188 USD, birimo ibya miliyoni 1 012 USD byoherejwe mu Rwanda, ndetse n’iby’ibihumbi 834 USD byoherejwe n’u Rwanda muri Ukraine byiganjemo icyayi, ikawa n’amabuye y’agaciro.

Merezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + eighteen =

Previous Post

Rusizi: Abavuze ko urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi bahishuye icyakurikiyeho cyatumye barya karungu

Next Post

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Igihugu cy’igihangange kivugwaho kwinjirira inzego za Kenya zirimo na Perezidansi cyabitanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.