Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa, ahari kubera Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango wa Commonwealth, ije ikurikira iyaherukaga kubera mu Rwanda.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, yatangajwe mu ijoro ryacyeye, avuga ko Perezida Paul Kagame yamaze kugera muri iki Gihugu cyakiriye ibikorwa by’iyi nama ya CHOGM.

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda yagize iti “Perezida Kagame yageze muri Apia, Umurwa Mukuru wa Samoa yitabiriye Inama y’Abakuru ba za Guverinoma.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bikomeza bivuga ko perezida Kagame “yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Imisoro n’Amahooro Tuala Tevaga Iosefo Ponifasio. Perezida Kagame yayoboye Commonwealth kuva muri 2022.”

Iyi nama ya CHOGM igiye kubera muri Samoa, ni yo ikurikira iyabereye mu Rwanda muri 2022, ari na bwo Umukuru w’u Rwanda yahabwaga inshingano zo kuyobora uyu Muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth).

Ibikorwa by’iyi Nama iri kubera muri Samoa, byatangiye kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 21 Ukwakira, bikazageza ku ya 26 Ukwakira 2024, birimo n’Inama nyirizina izahuriramo Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Umwami w’u Bwonegerza, Charles III, n’umufasha we Camilla bazitabira iyi nama itegerejwemo abantu barenga 3 000 bazaturuka mu Bihugu 56 bihuriye muri uyu Muryango wa Commonwealth.

Mu Mujyi wa Apia byari ibyishimo kwakira Perezida Kagame

Yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Imisoro n’Amahooro Tuala Tevaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

Next Post

Handball: Minisitiri yasuye ikipe igiye guhagararira u Rwanda ayigenera ubutumwa (AMAFOTO)

Related Posts

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

by radiotv10
15/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ ribazengereje kuko bishoye...

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
14/05/2025
0

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

15/05/2025
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

14/05/2025
Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: Minisitiri yasuye ikipe igiye guhagararira u Rwanda ayigenera ubutumwa (AMAFOTO)

Handball: Minisitiri yasuye ikipe igiye guhagararira u Rwanda ayigenera ubutumwa (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.