Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Abayobozi ko bakwiye kugira ubuzima bwiza, bakamenya ibyabifashamo nko kwiyitaho mu mirire n’imyitozo ngororamubiri, kandi ko byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo badategwa.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yari amaze kuyobora umuhango w’irahira ry’abagize Guverinoma nshya batangiranye na we muri iyi manda nshya y’imyaka itanu.

Perezida Kagame yibukije aba bayobozi ko inshingano bagiyemo zitoroshye ariko ko zishoboka, ndetse ko bagomba kuzirikana ko bagiye gukorera Abanyarwanda, yagarutse ku bitanoze byagiye bigaragara mu mikorere ya bamwe mu bayobozi mu bihe byatambutse.

Yabasabye ko igihe cyose bagomba kujya bisuzuma, kandi bakibwiza ukuri, ku buryo amakosa bibonyeho, baharanira kuyakosora, bategereje kuyabwirwa n’abandi.

Yababwiye ko mu buzima bwabo bwa buri munsi, ariko bakwiye ko kujya baniyitaho, bakagira ubuzima bwiza, kuko na byo byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Mukarya neza mugakora imyitozo ngororamubiri, kunywa Less, mukifata neza, bikaba wowe, bikaba umuryango wawe. Iyo bigenze neza, n’Igihugu ni ko kimera bikigendekera neza. N’ibi byo guhora tuvuga tuti ‘kuki bitagenze gutya?, kuki…’ na byo byagabanuka, kuko dushobora kuba dusunika ikitagenda kubera…kandi mukabihisha ntimubivuge.”

Perezida Kagame

Inama zihoraho ni iz’iki?

Perezida Kagame kandi yongeye kugaruka kuri bimwe mu bituma akazi kadakorwa, nk’inama abayobozi bahoramo, ku buryo hari abahera mu nama ntibabone umwanya wo kuzuza inshingano zabo no gukurikirana ibyo bashinzwe.

Ati “Hari igihe nshaka umuntu bakambwira ngo ari mu nama, nashaka undi bakambwira ngo ari mu nama…nkaba ndetse mu gitondo, nakongera ku mugoroba, bati ‘ari mu nama’, ese ni iyindi, ni ya yindi yakomeje?’ Mukora ryari? Ibyo mwigira mu nama mubikora ryari.”

Yongeye kubagira inama mbere y’uko bajya muri izo nama za buri gihe. Ati “Niba wumva ko inama ari ngombwa, banza ubitekereze niba ari ngombwa, niba usanze ari ngombwa, wishyire mu mutwe ko ibintu ubikurikiranya utya, kandi iyo nama iri butware niba ari iminota mirongo itatu, ubigene utyo, abe ari wowe wibwira, cyangwa uti ‘ntirenza isaha’, kandi uti ‘mbishakamo iki? Abaje mu nama bose ndabavana ibitekerezo byabo, biduhe gufata umwanzuro’, birangire.”

Izo nama na zo kandi zikazamo ibyubahiro by’ababikunda, ku buryo niba hari utaraza, inama iba itagomba gutangira ku buryo ishobora gukererwaho nk’isaha yose.

Nanone kandi iyo nama yaba igiye gutangira, ikabanzirizwa n’indi mihango na yo irimo kwiremereza, bigatuma igihe yari kumara kiyongera.

Perezida Kagame yasabye abayobozi ko bajya bakora inama babona ari ngombwa, kandi na zo zikagira igihe zitagomba kurenza, kugira ngo babone n’umwanya wo gukurikirana ibiba biri mu nshingano zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Next Post

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Related Posts

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

by radiotv10
09/06/2025
0

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

09/06/2025
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

07/06/2025
Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.