Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Abayobozi ko bakwiye kugira ubuzima bwiza, bakamenya ibyabifashamo nko kwiyitaho mu mirire n’imyitozo ngororamubiri, kandi ko byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo badategwa.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yari amaze kuyobora umuhango w’irahira ry’abagize Guverinoma nshya batangiranye na we muri iyi manda nshya y’imyaka itanu.

Perezida Kagame yibukije aba bayobozi ko inshingano bagiyemo zitoroshye ariko ko zishoboka, ndetse ko bagomba kuzirikana ko bagiye gukorera Abanyarwanda, yagarutse ku bitanoze byagiye bigaragara mu mikorere ya bamwe mu bayobozi mu bihe byatambutse.

Yabasabye ko igihe cyose bagomba kujya bisuzuma, kandi bakibwiza ukuri, ku buryo amakosa bibonyeho, baharanira kuyakosora, bategereje kuyabwirwa n’abandi.

Yababwiye ko mu buzima bwabo bwa buri munsi, ariko bakwiye ko kujya baniyitaho, bakagira ubuzima bwiza, kuko na byo byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Mukarya neza mugakora imyitozo ngororamubiri, kunywa Less, mukifata neza, bikaba wowe, bikaba umuryango wawe. Iyo bigenze neza, n’Igihugu ni ko kimera bikigendekera neza. N’ibi byo guhora tuvuga tuti ‘kuki bitagenze gutya?, kuki…’ na byo byagabanuka, kuko dushobora kuba dusunika ikitagenda kubera…kandi mukabihisha ntimubivuge.”

Perezida Kagame

Inama zihoraho ni iz’iki?

Perezida Kagame kandi yongeye kugaruka kuri bimwe mu bituma akazi kadakorwa, nk’inama abayobozi bahoramo, ku buryo hari abahera mu nama ntibabone umwanya wo kuzuza inshingano zabo no gukurikirana ibyo bashinzwe.

Ati “Hari igihe nshaka umuntu bakambwira ngo ari mu nama, nashaka undi bakambwira ngo ari mu nama…nkaba ndetse mu gitondo, nakongera ku mugoroba, bati ‘ari mu nama’, ese ni iyindi, ni ya yindi yakomeje?’ Mukora ryari? Ibyo mwigira mu nama mubikora ryari.”

Yongeye kubagira inama mbere y’uko bajya muri izo nama za buri gihe. Ati “Niba wumva ko inama ari ngombwa, banza ubitekereze niba ari ngombwa, niba usanze ari ngombwa, wishyire mu mutwe ko ibintu ubikurikiranya utya, kandi iyo nama iri butware niba ari iminota mirongo itatu, ubigene utyo, abe ari wowe wibwira, cyangwa uti ‘ntirenza isaha’, kandi uti ‘mbishakamo iki? Abaje mu nama bose ndabavana ibitekerezo byabo, biduhe gufata umwanzuro’, birangire.”

Izo nama na zo kandi zikazamo ibyubahiro by’ababikunda, ku buryo niba hari utaraza, inama iba itagomba gutangira ku buryo ishobora gukererwaho nk’isaha yose.

Nanone kandi iyo nama yaba igiye gutangira, ikabanzirizwa n’indi mihango na yo irimo kwiremereza, bigatuma igihe yari kumara kiyongera.

Perezida Kagame yasabye abayobozi ko bajya bakora inama babona ari ngombwa, kandi na zo zikagira igihe zitagomba kurenza, kugira ngo babone n’umwanya wo gukurikirana ibiba biri mu nshingano zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eleven =

Previous Post

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Next Post

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya
IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.