Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose

radiotv10by radiotv10
20/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi zabafasha kugira ubuzima bwiza zinareba abandi bose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Abayobozi ko bakwiye kugira ubuzima bwiza, bakamenya ibyabifashamo nko kwiyitaho mu mirire n’imyitozo ngororamubiri, kandi ko byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo badategwa.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kanama 2024, ubwo yari amaze kuyobora umuhango w’irahira ry’abagize Guverinoma nshya batangiranye na we muri iyi manda nshya y’imyaka itanu.

Perezida Kagame yibukije aba bayobozi ko inshingano bagiyemo zitoroshye ariko ko zishoboka, ndetse ko bagomba kuzirikana ko bagiye gukorera Abanyarwanda, yagarutse ku bitanoze byagiye bigaragara mu mikorere ya bamwe mu bayobozi mu bihe byatambutse.

Yabasabye ko igihe cyose bagomba kujya bisuzuma, kandi bakibwiza ukuri, ku buryo amakosa bibonyeho, baharanira kuyakosora, bategereje kuyabwirwa n’abandi.

Yababwiye ko mu buzima bwabo bwa buri munsi, ariko bakwiye ko kujya baniyitaho, bakagira ubuzima bwiza, kuko na byo byanabafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Ati “Mukarya neza mugakora imyitozo ngororamubiri, kunywa Less, mukifata neza, bikaba wowe, bikaba umuryango wawe. Iyo bigenze neza, n’Igihugu ni ko kimera bikigendekera neza. N’ibi byo guhora tuvuga tuti ‘kuki bitagenze gutya?, kuki…’ na byo byagabanuka, kuko dushobora kuba dusunika ikitagenda kubera…kandi mukabihisha ntimubivuge.”

Perezida Kagame

Inama zihoraho ni iz’iki?

Perezida Kagame kandi yongeye kugaruka kuri bimwe mu bituma akazi kadakorwa, nk’inama abayobozi bahoramo, ku buryo hari abahera mu nama ntibabone umwanya wo kuzuza inshingano zabo no gukurikirana ibyo bashinzwe.

Ati “Hari igihe nshaka umuntu bakambwira ngo ari mu nama, nashaka undi bakambwira ngo ari mu nama…nkaba ndetse mu gitondo, nakongera ku mugoroba, bati ‘ari mu nama’, ese ni iyindi, ni ya yindi yakomeje?’ Mukora ryari? Ibyo mwigira mu nama mubikora ryari.”

Yongeye kubagira inama mbere y’uko bajya muri izo nama za buri gihe. Ati “Niba wumva ko inama ari ngombwa, banza ubitekereze niba ari ngombwa, niba usanze ari ngombwa, wishyire mu mutwe ko ibintu ubikurikiranya utya, kandi iyo nama iri butware niba ari iminota mirongo itatu, ubigene utyo, abe ari wowe wibwira, cyangwa uti ‘ntirenza isaha’, kandi uti ‘mbishakamo iki? Abaje mu nama bose ndabavana ibitekerezo byabo, biduhe gufata umwanzuro’, birangire.”

Izo nama na zo kandi zikazamo ibyubahiro by’ababikunda, ku buryo niba hari utaraza, inama iba itagomba gutangira ku buryo ishobora gukererwaho nk’isaha yose.

Nanone kandi iyo nama yaba igiye gutangira, ikabanzirizwa n’indi mihango na yo irimo kwiremereza, bigatuma igihe yari kumara kiyongera.

Perezida Kagame yasabye abayobozi ko bajya bakora inama babona ari ngombwa, kandi na zo zikagira igihe zitagomba kurenza, kugira ngo babone n’umwanya wo gukurikirana ibiba biri mu nshingano zabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − sixteen =

Previous Post

Ukraine yongeye kwivuga imyato ku cyo yakoze cyumvikanamo kwigaranzura u Burusiya

Next Post

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Ibiteye amatsiko ku kigo giha amahirwe abahanzi n’abanyabukorikori mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.