• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri America yongeye gukoresha imvugo ipfoya Jenoside

radiotv10by radiotv10
08/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yavugaga ku mvugo ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoreshejwe n’ukuriye Dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko ubundi ibi byahawe umurongo mu myaka 10 ishize, ubwo USA yumvikanaga n’u Rwanda ko yajya ivuga ibyo ishaka mu bindi bihe, ariko ku munsi wo gutangirizaho ibikorwa byo Kwibuka, ikifatanya na rwo byuzuye.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024, nyuma y’amasaha macye mu Rwanda hatangijwe icyumweru n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umuhango witabiriwe n’abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma n’abahoze ari Abaperezida n’abandi banyacyubahiro, ndetse Ibihugu binyuranye bigenda bigenera u Rwanda ubutumwa bwo kwifatanya na rwo muri ibi bihe rwinjiyemo.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken mu butumwa yatanze kuri uyu wa 07 Mata 2024, yavuze ko iki Gihugu “cyifatanyije n’Abanyarwanda mu Kwibuka ku nshuro ya 30 abazize Jenoside. Turunamira abantu amagana b’Abatutsi, Abahutu n’Abatwa n’abandi baburiye ubuzima mu minsi 100 y’ihohoterwa ritavugwa.”

Ni imvugo yumvikanamo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko bizwi neza ko yahitanye inzirakarengane z’Abatutsi barenga miliyoni imwe mu minsi 100, ndetse bamwe mu Banyarwanda bakaba bahise bamagana iyi mvugo ya Blinken.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro n’itangazamakuru, yabajijwe icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’ukuriye Dipolomasi ya USA, avuga ko iki Gihugu cyifatanyije n’u Rwanda mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko cyohereje Bill Clinton wakiyoboye, waje ayoboye intumwa zahagarariye Perezida Joe Biden.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yanagiranye ibiganiro na Clinton byagutse, yaba ari ku mubano w’Ibihugu byombi, ndetse no ku zindi ngingo z’ingirakamaro.

Yavuze ko kuri iyi mvugo ya Blinken ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubundi ari ikibazo “cyatanzweho umurongo mu gihe gitambutse nko muri 2015 muri 2014, ubwo twatangaga ubutumwa ku Isi yose yari yifatanyije natwe mu kwibuka. Icyo gihe twakiriye ubutumwa bwavugaga ku ruhande rumwe ‘kwibuka’ ndetse no kwifatanya natwe, ndetse n’ibindi, kandi byari mu murongo muzima, ku rundi ruhande hari ubundi bwavugaga ibindi nka Demokarasi, uburenganzira bwa muntu, ubwisanzure,…ibintu nk’ibyo ubundi bitari ikibazo mu Gihugu cyacu.”

Perezida Kagame yavuze ko icyo gihe u Rwanda rwandikiye ibaruwa Leta Zunze Ubumwe za America, ari na we uyiyandikiye, ati “icyo nababwiye ni ibintu bine. Icya mbere: Nababwiye ko US cyangwa indi Guverinoma y’ikindi Gihugu, bafite uburenganzira bwo kutubwira ibyo bashaka byose byaba bidushimisha cyangwa bitadushimisha. Ibyo ntakibazo.

Ariko nanone ikintu cy’ingenzi, cyari mu ngingo ya kabiri, kuri njye cyari ukuvuga ngo ‘kuri uyu munsi wo Kwibuka, byadushimisha igihe mwakwibukana natwe. Izo ngingo zindi utubwira, dufite ikintu kimwe tubasaba, kuko ni ingenzi kuri twe’ mu ibaruwa narababwiye nti ‘mwemerewe kwifatanya natwe mu Kwibuka niba mubishaka, kandi mwisanzure kutubwira ibyo mutatwishimiraho byose ariko turabasaba ikintu kimwe, niba ari ku munsi wo Kwibuka tariki 07 Mata, mwajya mwemera mugaca bugufi bihagije mukaduha uwo munsi mukibukana natwe, ubundi mugahagararira aho’.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko muri ubwo butumwa yageneye US, yayibukije ko umwaka ugira iminsi 365, bityo ko uwo munsi umwe yajya yifatanya n’u Rwanda byuzuye, ubundi indi isigaye uko ari “364 isigaye mujye mudushinja buri munsi buri cyose mutunengaho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ibi byari byumvikanyweho, ndetse ko ari bwo buryo iki kibazo cyakemuwemo, ku buryo ibindi byaje nyuma cyangwa bizaza mu bihe biri imbere, atabifiteho ikibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Uwabaye Miss w’u Bufaransa ufite inkomoko mu Rwanda yatanze ubutumwa bwo Kwibuka30

Next Post

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Perezida Kagame yavuze ikibazo na we yabaza abashinja u Rwanda gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.