Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

Yagaragaje akamaro k'umupira w'Amaguru

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje akamaro k’umupira w’amaguru karimo guhuza abantu, atanga urugero rwo kuba mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi ubwo mu Rwanda hariho ivanguramoko n’ibindi bikorwa bibi, kimwe mu byazaga ku isonga byatumaga abantu bashobora guhura, ari uyu mukino.

Perezida Paul Kagame yabitangarije mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), mu gikorwa yanaherewemo igihembo nk’umuyobozi wakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kuzamura uyu mukino.

Ibi bikorwa by’iyi Nteko Rusange, byitabiriwe n’abakomeye muri uyu mukino barimo abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi, biri kuba muri iki cyumweru.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023, habaye igikorwa cyo guhemba abayobozi bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, byateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF)

Ni igihembo cyahawe Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ndetse n’Umwami wa Morocco, Mohammed VI.

Uyu muhango witabiriwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infatino ndetse na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, banashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, bamushimira inama akunze gutanga mu iterambere ry’umupira w’amaguru ku Isi.

Naho igihembo cyahawe Umwami wa Morocco, Mohammed VI, cyakiriwe na Minisitiri Siporo n’Uburezi muri Maroc, Chakib Benmoussa.

Yavuze ko yacyakiranye yombi

 

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye uyu muhango, yaboneyeho guha ikaze abitabiriye iyi Nteko Rusange ya 73 ya FIFA.

Yagarutse kuri iki gihembo yahawe, avuga ko yacyakiranye amaboko yombi kubera agaciro yagiyahe no kuba yazirikanywe agahabwa iki gihembo.

Yagarutse ku mateka u Rwanda rwanyuzemo, avuga ko hari byinshi rwayigiyemo nubwo ari amateka mabi yagiye aba muri iki Gihugu, ariko ko kimwe mu bintu byari bifite abakunzi benshi mbere ya Jenoside yo mu 1994, ari umupira w’Amaguru kandi wanatumaga abantu bashobora guhura nubwo bari bari muri ibyo bibazo byose.

Ati “Hariho imirwano, hari irondakarere n’ibindi byinshi ariko kimwe mu bintu byazaga hejuru ya byose byatumaga nibura abantu bahura, ni siporo kandi byumwihariko umupira w’Amaguru.”

Yatanze urugero rwo kuba hari igihe umupira w’amaguru wagaragaje imbaraga zidasanzwe mu kuba wagira uruhare mu gufasha abantu guhura.

Ati “Ndibuka igihe hari habayeho guhagarika imirwano, impande zariho zirwana zikaba zihagaritse, ikintu cyahise gitekerezwaho, ndibuka ko bamwe mu bari bakiri bato ntibigeze batekereza ibyo kurya, ntibitaye ku bindi byinshi byari iby’ibanze, ahubwo bahise batangira kubaza bati ‘ni gute twakina umupira w’amaguru?’.”

Yakomeje avuga ko byabaye ngombwa ko hategurwa umukino wahuje abari baturutse muri Kigali ndetse n’uruhande rw’abari bari mu Majyaruguru.

Ubwo Perezida Kagame yageraga ahabereye uyu muhango
Na Madamu Jeannette Kagame yabyitabiriye

Yashyikirijwe iki gihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 5 =

Previous Post

Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Next Post

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.