Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

Yagaragaje akamaro k'umupira w'Amaguru

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje akamaro k’umupira w’amaguru karimo guhuza abantu, atanga urugero rwo kuba mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi ubwo mu Rwanda hariho ivanguramoko n’ibindi bikorwa bibi, kimwe mu byazaga ku isonga byatumaga abantu bashobora guhura, ari uyu mukino.

Perezida Paul Kagame yabitangarije mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), mu gikorwa yanaherewemo igihembo nk’umuyobozi wakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kuzamura uyu mukino.

Ibi bikorwa by’iyi Nteko Rusange, byitabiriwe n’abakomeye muri uyu mukino barimo abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi, biri kuba muri iki cyumweru.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023, habaye igikorwa cyo guhemba abayobozi bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, byateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF)

Ni igihembo cyahawe Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ndetse n’Umwami wa Morocco, Mohammed VI.

Uyu muhango witabiriwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infatino ndetse na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, banashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, bamushimira inama akunze gutanga mu iterambere ry’umupira w’amaguru ku Isi.

Naho igihembo cyahawe Umwami wa Morocco, Mohammed VI, cyakiriwe na Minisitiri Siporo n’Uburezi muri Maroc, Chakib Benmoussa.

Yavuze ko yacyakiranye yombi

 

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye uyu muhango, yaboneyeho guha ikaze abitabiriye iyi Nteko Rusange ya 73 ya FIFA.

Yagarutse kuri iki gihembo yahawe, avuga ko yacyakiranye amaboko yombi kubera agaciro yagiyahe no kuba yazirikanywe agahabwa iki gihembo.

Yagarutse ku mateka u Rwanda rwanyuzemo, avuga ko hari byinshi rwayigiyemo nubwo ari amateka mabi yagiye aba muri iki Gihugu, ariko ko kimwe mu bintu byari bifite abakunzi benshi mbere ya Jenoside yo mu 1994, ari umupira w’Amaguru kandi wanatumaga abantu bashobora guhura nubwo bari bari muri ibyo bibazo byose.

Ati “Hariho imirwano, hari irondakarere n’ibindi byinshi ariko kimwe mu bintu byazaga hejuru ya byose byatumaga nibura abantu bahura, ni siporo kandi byumwihariko umupira w’Amaguru.”

Yatanze urugero rwo kuba hari igihe umupira w’amaguru wagaragaje imbaraga zidasanzwe mu kuba wagira uruhare mu gufasha abantu guhura.

Ati “Ndibuka igihe hari habayeho guhagarika imirwano, impande zariho zirwana zikaba zihagaritse, ikintu cyahise gitekerezwaho, ndibuka ko bamwe mu bari bakiri bato ntibigeze batekereza ibyo kurya, ntibitaye ku bindi byinshi byari iby’ibanze, ahubwo bahise batangira kubaza bati ‘ni gute twakina umupira w’amaguru?’.”

Yakomeje avuga ko byabaye ngombwa ko hategurwa umukino wahuje abari baturutse muri Kigali ndetse n’uruhande rw’abari bari mu Majyaruguru.

Ubwo Perezida Kagame yageraga ahabereye uyu muhango
Na Madamu Jeannette Kagame yabyitabiriye

Yashyikirijwe iki gihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 19 =

Previous Post

Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Next Post

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.