• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahishuye icyabaye mbere ya Jenoside cyagaragaje akamaro gakomeye ka Football

Yagaragaje akamaro k'umupira w'Amaguru

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yagaragaje akamaro k’umupira w’amaguru karimo guhuza abantu, atanga urugero rwo kuba mbere ya Jenoside Yakorewe Abatutsi ubwo mu Rwanda hariho ivanguramoko n’ibindi bikorwa bibi, kimwe mu byazaga ku isonga byatumaga abantu bashobora guhura, ari uyu mukino.

Perezida Paul Kagame yabitangarije mu bikorwa by’Inteko Rusange ya 73 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), mu gikorwa yanaherewemo igihembo nk’umuyobozi wakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kuzamura uyu mukino.

Ibi bikorwa by’iyi Nteko Rusange, byitabiriwe n’abakomeye muri uyu mukino barimo abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi, biri kuba muri iki cyumweru.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023, habaye igikorwa cyo guhemba abayobozi bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, byateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF)

Ni igihembo cyahawe Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ndetse n’Umwami wa Morocco, Mohammed VI.

Uyu muhango witabiriwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infatino ndetse na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, banashyikirije iki gihembo Perezida Paul Kagame, bamushimira inama akunze gutanga mu iterambere ry’umupira w’amaguru ku Isi.

Naho igihembo cyahawe Umwami wa Morocco, Mohammed VI, cyakiriwe na Minisitiri Siporo n’Uburezi muri Maroc, Chakib Benmoussa.

Yavuze ko yacyakiranye yombi

 

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye uyu muhango, yaboneyeho guha ikaze abitabiriye iyi Nteko Rusange ya 73 ya FIFA.

Yagarutse kuri iki gihembo yahawe, avuga ko yacyakiranye amaboko yombi kubera agaciro yagiyahe no kuba yazirikanywe agahabwa iki gihembo.

Yagarutse ku mateka u Rwanda rwanyuzemo, avuga ko hari byinshi rwayigiyemo nubwo ari amateka mabi yagiye aba muri iki Gihugu, ariko ko kimwe mu bintu byari bifite abakunzi benshi mbere ya Jenoside yo mu 1994, ari umupira w’Amaguru kandi wanatumaga abantu bashobora guhura nubwo bari bari muri ibyo bibazo byose.

Ati “Hariho imirwano, hari irondakarere n’ibindi byinshi ariko kimwe mu bintu byazaga hejuru ya byose byatumaga nibura abantu bahura, ni siporo kandi byumwihariko umupira w’Amaguru.”

Yatanze urugero rwo kuba hari igihe umupira w’amaguru wagaragaje imbaraga zidasanzwe mu kuba wagira uruhare mu gufasha abantu guhura.

Ati “Ndibuka igihe hari habayeho guhagarika imirwano, impande zariho zirwana zikaba zihagaritse, ikintu cyahise gitekerezwaho, ndibuka ko bamwe mu bari bakiri bato ntibigeze batekereza ibyo kurya, ntibitaye ku bindi byinshi byari iby’ibanze, ahubwo bahise batangira kubaza bati ‘ni gute twakina umupira w’amaguru?’.”

Yakomeje avuga ko byabaye ngombwa ko hategurwa umukino wahuje abari baturutse muri Kigali ndetse n’uruhande rw’abari bari mu Majyaruguru.

Ubwo Perezida Kagame yageraga ahabereye uyu muhango
Na Madamu Jeannette Kagame yabyitabiriye

Yashyikirijwe iki gihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Abasirikare bakuru b’u Rwanda bakiriwe n’ab’u Bufaransa muri Gabon bagaragarizwa ibirimo intwaro zikomeye

Next Post

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.