Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
08/06/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres w’ikirangirire mu kiganiro gikunzwe ku Isi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Pauk Kagame, yakiriye umunyamerikakazi Ellen Lee DeGeneres uzwi cyane mu kiganiro cye kizwi nka The Ellen Show kiri mu bya mbere bikunzwe ku Isi, uri mu Rwanda akaba yarazanye n’umufasha we.

Ellen Lee DeGeneres n’umufasha we Portia de Rossi, bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022.

Ubutumwa bw’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye ibi byamamare ndetse n’itsinda bazanye mu gikorwa cyo kumurika ku mugaragaro ikigo cya Ellen DeGeneres kiswe Ellen DeGeneres Campus cy’umuryango uzwi nka Dian Fossey Gorilla Fund uzwiho kubungabunga Ingagi zo mu Birunga.

Iki kigo cya Ellen DeGeneres Campus giherereye i Kinigi mu Karere ka Musanze cyatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kizajya gikora ibikorwa bigamije kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima byumwihariko Ingagi kibinyujije mu bushakashatsi.

Ellen Lee DeGeneres uri kumwe n’umufasha we Portia de Rossi bazanye mu Rwanda, yatangaje ko bifuza kugura inzu mu Rwanda yo kuzajya baruhukiramo mu gihe baje mu Rwanda kuko bazajya baza bakahamara igihe.

Uyu mugore wamamaye cyane mu kiganiro cye kizwi nka The Ellen Show cyagiye cyakirwamo ibyamamare bitandukanye n’abantu bakomeye ku Isi muri Politiki, aherutse gutangaza ko iki kiganiro kigiye guhagarara.

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres muri Village Urugwiro
Yabakiriye bombi we n’umufasha we

Bari kumwe n’itsinda bazanye ndetse n’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Muhoozi umaze kugenderera Abaperezida batatu mu mezi atatu yakiriwe na Kenyatta yita mukuru we

Next Post

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Wagira ngo ni fotokopi ye...Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.