Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza, Henry Charles Albert David uzwi nka Prince Harry uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda dukesha aya makuru, mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, byatangaje ko Umukuru w’u Rwanda yakiriye mu biro bye Prince Harry.

Perezidansi y’u Rwanda ivuga ko “Prince Harry yasuye u Rwanda ku ruhande rumwe yaje nka Perezida wa African Parks.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano y’ubwumvikane na African Parks mu kugenzura Pariki z’Igihugu za Nyungwe n’Akagera.”

Prince Harry uri mu Rwanda, mu cyumweru gishize yari muri Mozambique aho yagaragaye mu Mujyi wa Vilankulo, akaba yaranahamaze n’iminsi itatu.

Aje mu Rwanda nyuma y’amezi abiri iki Gihugu kigenderewe n’umubyeyi we Prince Charles waje mu Rwanda mu mpera za Kamena aho yari yitabiriye ibikorwa by’Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth).

Ikigo cya African Parks gikora ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibidukikije n’ibinyabuzima, kuva muri 2010 gisanzwe gifatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, mu gucunga Pariki y’Igihugu y’Akagera.

African Parks isanzwe ifatanya na Guverinoma z’Ibihugu bitandukanye mu gucunga Pariki zo ku rwego rw’Ibihugu n’ibyanya by’urusobe rw’ibidukikije.

Mu mpera za 2017, iki kigo African Parks cyatangaje ko Henry Charles Albert David uzwi nka Prince Harry, abaye Perezida wacyo aho kugeza ubu amazeho imyaka itanu.

Prince Harry yakiriwe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 6 =

Previous Post

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Next Post

Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.