Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza, Henry Charles Albert David uzwi nka Prince Harry uri mu ruzinduko mu Rwanda.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda dukesha aya makuru, mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter, byatangaje ko Umukuru w’u Rwanda yakiriye mu biro bye Prince Harry.

Perezidansi y’u Rwanda ivuga ko “Prince Harry yasuye u Rwanda ku ruhande rumwe yaje nka Perezida wa African Parks.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano y’ubwumvikane na African Parks mu kugenzura Pariki z’Igihugu za Nyungwe n’Akagera.”

Prince Harry uri mu Rwanda, mu cyumweru gishize yari muri Mozambique aho yagaragaye mu Mujyi wa Vilankulo, akaba yaranahamaze n’iminsi itatu.

Aje mu Rwanda nyuma y’amezi abiri iki Gihugu kigenderewe n’umubyeyi we Prince Charles waje mu Rwanda mu mpera za Kamena aho yari yitabiriye ibikorwa by’Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth).

Ikigo cya African Parks gikora ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibidukikije n’ibinyabuzima, kuva muri 2010 gisanzwe gifatanya n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, mu gucunga Pariki y’Igihugu y’Akagera.

African Parks isanzwe ifatanya na Guverinoma z’Ibihugu bitandukanye mu gucunga Pariki zo ku rwego rw’Ibihugu n’ibyanya by’urusobe rw’ibidukikije.

Mu mpera za 2017, iki kigo African Parks cyatangaje ko Henry Charles Albert David uzwi nka Prince Harry, abaye Perezida wacyo aho kugeza ubu amazeho imyaka itanu.

Prince Harry yakiriwe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =

Previous Post

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

Next Post

Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Dosiye y’ikirego cy’Umunyarwenya ukunzwe na benshi mu Rwanda yamaze kuzamurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.