Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Lord Popat, intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uri mu Rwanda mu ihuriro ry’ubucuruzi ry’Ibuhugu byombi.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko uku kwakirwa na Perezida Paul Kagame, kwabaye kuri gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024.

Perezidansi y’u Rwanda ivuga ko “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yahuye na Lord Popat, Intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza na John Humphrey; Komisieri mu by’Ubucuruzi muri Afurika.”

Aba bakiriwe na Perezida Kagame, bari mu Rwanda aho bitabiriye ihuriro ry’u Rwanda n’u Bwongereza mu by’ubucuruzo, rizwi nka ‘Rwanda-UK Business Forum’.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko “Iri huriro ry’ubucuruzi rihururije hamwe abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi bo mu Bwongereza no mu Rwanda, Abashoramari, abayobozi muri Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’imari kugira ngo barebere hamwe amahirwe ahari mu by’ubucuruzi mu bufatanye bugamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.”

Iri huriro ryatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, aho abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi ndetse n’abo mu nzego za Leta ku mpande zombi bahuriye mu musangiro ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, rizarangira tariki 31 Mutarama 2024.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga aba bayobozi b’ibikorwa by’ubucuruzi mu Bwongereza, hari kandi Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDC, Francis Gatare; ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.

U Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe bifitanye imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo uburezi, ubuvuzi, ndetse no mu bikorwa biteza imbere imibereho y’abaturage.

Nanone kandi Ibihugu byombi biherutse kwinjira mu bufatanye bugamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho ibi Bihugu byasinyanye amasezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira, ariko iyi gahunda ikaba yarakunze kuzamo imbogamizi, n’ubu igitegereje umwanzuro w’inzego zigomba kubanza kuyisuzuma.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 17 =

Previous Post

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

Next Post

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.