Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Lord Popat, intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uri mu Rwanda mu ihuriro ry’ubucuruzi ry’Ibuhugu byombi.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko uku kwakirwa na Perezida Paul Kagame, kwabaye kuri gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024.

Perezidansi y’u Rwanda ivuga ko “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yahuye na Lord Popat, Intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza na John Humphrey; Komisieri mu by’Ubucuruzi muri Afurika.”

Aba bakiriwe na Perezida Kagame, bari mu Rwanda aho bitabiriye ihuriro ry’u Rwanda n’u Bwongereza mu by’ubucuruzo, rizwi nka ‘Rwanda-UK Business Forum’.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko “Iri huriro ry’ubucuruzi rihururije hamwe abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi bo mu Bwongereza no mu Rwanda, Abashoramari, abayobozi muri Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’imari kugira ngo barebere hamwe amahirwe ahari mu by’ubucuruzi mu bufatanye bugamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.”

Iri huriro ryatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, aho abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi ndetse n’abo mu nzego za Leta ku mpande zombi bahuriye mu musangiro ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, rizarangira tariki 31 Mutarama 2024.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga aba bayobozi b’ibikorwa by’ubucuruzi mu Bwongereza, hari kandi Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDC, Francis Gatare; ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.

U Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe bifitanye imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo uburezi, ubuvuzi, ndetse no mu bikorwa biteza imbere imibereho y’abaturage.

Nanone kandi Ibihugu byombi biherutse kwinjira mu bufatanye bugamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho ibi Bihugu byasinyanye amasezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira, ariko iyi gahunda ikaba yarakunze kuzamo imbogamizi, n’ubu igitegereje umwanzuro w’inzego zigomba kubanza kuyisuzuma.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

Next Post

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.