Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye Lord Popat, intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uri mu Rwanda mu ihuriro ry’ubucuruzi ry’Ibuhugu byombi.

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, avuga ko uku kwakirwa na Perezida Paul Kagame, kwabaye kuri gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024.

Perezidansi y’u Rwanda ivuga ko “Muri uyu mugoroba muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yahuye na Lord Popat, Intumwa mu by’ubucuruzi ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza na John Humphrey; Komisieri mu by’Ubucuruzi muri Afurika.”

Aba bakiriwe na Perezida Kagame, bari mu Rwanda aho bitabiriye ihuriro ry’u Rwanda n’u Bwongereza mu by’ubucuruzo, rizwi nka ‘Rwanda-UK Business Forum’.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, bikomeza bivuga ko “Iri huriro ry’ubucuruzi rihururije hamwe abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi bo mu Bwongereza no mu Rwanda, Abashoramari, abayobozi muri Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’imari kugira ngo barebere hamwe amahirwe ahari mu by’ubucuruzi mu bufatanye bugamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.”

Iri huriro ryatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, aho abayobozi b’Ibigo by’ubucuruzi ndetse n’abo mu nzego za Leta ku mpande zombi bahuriye mu musangiro ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, rizarangira tariki 31 Mutarama 2024.

Ubwo Perezida Kagame yakiraga aba bayobozi b’ibikorwa by’ubucuruzi mu Bwongereza, hari kandi Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDC, Francis Gatare; ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.

U Rwanda n’u Bwongereza bisanzwe bifitanye imikoranire mu nzego zinyuranye zirimo uburezi, ubuvuzi, ndetse no mu bikorwa biteza imbere imibereho y’abaturage.

Nanone kandi Ibihugu byombi biherutse kwinjira mu bufatanye bugamije kurengera ubuzima bw’abimukira, aho ibi Bihugu byasinyanye amasezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira, ariko iyi gahunda ikaba yarakunze kuzamo imbogamizi, n’ubu igitegereje umwanzuro w’inzego zigomba kubanza kuyisuzuma.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eighteen =

Previous Post

Bakuye abana mu mashuri ngo baziga mu Ijuru kuko ayo ku Isi bayavumbuyeho inenge

Next Post

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Related Posts

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.