Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in POLITIKI
0
Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ya kabiri, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’Igihugu cye.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, ni bwo byatangajwe ko Emmanuel Macro yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yabaye kuri iki Cyumweru.

Emmanuel Macron wongeye gutorerwa indi manda y’imyaka itanu, yagize amajwi 58,2% naho Marine Le Pen agira 41,8%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Emmanuel Macron ku bw’iyi ntsinzi ye.

Yagize ati “Ishya n’ihirwe ku ntsinzi wari ukwiye yo kongera gutorerwa kuba Perezida.”

Mu butumwa bwa perezida Kagame, akomeza avuga ko kuba Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa, bifite icyo bigaragaza.

Ati “Ibi ni gihamya y’imiyoborere yawe ishishoza ihora ishaka ubumwe aho gushaka ibitanya abantu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we Emmanuel Macron ko “U Rwanda ruzakomeza gushyira imbere imikoranire ndetse irushijeho hagati y’Abafaransa n’Abanyarwanda ndetse n’Ibihugu byacu.”

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa mu myaka itanu ishize, umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda waje mu isura nshya, kuko yakoze ibishoboka byose kugira ngo ibyatumaga ibi Bihugu bitajya imbizi, bihabwa umurongo.

Muri 2019, Macron yashyizeho Komisiyo idasanzwe yari ishinze gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, iza no kugaragaza ko iki Gihugu cyagize uruhare rukomeye kandi rudashidikanywaho ubwo yasohokaga muri Werurwe umwaka ushize wa 2021.

Nyuma y’uko iyi raporo ishyikirijwe Perezida Emmanuel Macron ndetse na Perezida Paul Kagame, mu mpera za Gicurasi 2021, uyu mukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, aho mu bikorwa bya mbere yasuye harimo urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi akahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron wagaragaje ko ibyo yabonye byabaye mu Rwanda birenze imyumvire y’ikiremwamuntu ndetse ko u Bufaransa butagize icyo bukora, aboneraho kuvuga ko “abaraye ayo majoro, ni bo bonyine bafite mu biganza byabo imbabazi.”

 

Yongeye guha Abafaransa isezerano

Perezida Emmanuel Macron amaze kongera gutorerwa kuyobora u Bufaransa, yashimiye abamutoye bibavuye ku mutima ndetse n’abandi bose n’abatamutoye.

Macron yavuze ko hari Abafaransa benshi bamuhundagajeho amajwi kuko batari bashyigikiye ibitekerezo bya mucyeba we Marine Le Pen bari bahanganye.

Yagize ati “Benshi muri iki Gihugu bantoye atari uko bashyigikiye ibitekerezo byanjye ahubwo kuko badakeneye iby’uruhande rumwe. Abo na bo ndashaka kubashimira kandi mbafitiye umwenda muri iyi myaka iri imbere.”

Yanavuze ku batoye Marine Le Pen, ababwira ko na bo bagomba kuzaba mu bagomba kwitabwaho kuko u Bufaransa ari ubwa bose.

Yagize ati “Ni inshingano zanjye ko abo bose bazaba hafi yanjye. Na muntu n’umwe uzasigara inyuma mu Bufaransa.”

Macron yaciye agahigo kuba yongeye gutorerwa indi manda ya kabiri akiri ku buyobozi mu myaka 20 ishize kuko abandi bamubanjiriye barimo Nicolas Sarkozy na Francois Hollande bose bayoboye manda imwe, mu gihe uwaherukaga gutorerwa mana ya kabiri ari Jacques Chirac muri 2002.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Next Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Related Posts

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Rwanda condemns Israel strike in Doha, affirms solidarity with Qatar

by radiotv10
12/09/2025
0

The Government of Rwanda has unequivocally condemned the airstrike carried out by Israel in Doha, Qatar, on September 9, 2025,...

IZIHERUKA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels
MU RWANDA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.