Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in POLITIKI
0
Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ya kabiri, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’Igihugu cye.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, ni bwo byatangajwe ko Emmanuel Macro yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yabaye kuri iki Cyumweru.

Emmanuel Macron wongeye gutorerwa indi manda y’imyaka itanu, yagize amajwi 58,2% naho Marine Le Pen agira 41,8%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Emmanuel Macron ku bw’iyi ntsinzi ye.

Yagize ati “Ishya n’ihirwe ku ntsinzi wari ukwiye yo kongera gutorerwa kuba Perezida.”

Mu butumwa bwa perezida Kagame, akomeza avuga ko kuba Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa, bifite icyo bigaragaza.

Ati “Ibi ni gihamya y’imiyoborere yawe ishishoza ihora ishaka ubumwe aho gushaka ibitanya abantu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we Emmanuel Macron ko “U Rwanda ruzakomeza gushyira imbere imikoranire ndetse irushijeho hagati y’Abafaransa n’Abanyarwanda ndetse n’Ibihugu byacu.”

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa mu myaka itanu ishize, umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda waje mu isura nshya, kuko yakoze ibishoboka byose kugira ngo ibyatumaga ibi Bihugu bitajya imbizi, bihabwa umurongo.

Muri 2019, Macron yashyizeho Komisiyo idasanzwe yari ishinze gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, iza no kugaragaza ko iki Gihugu cyagize uruhare rukomeye kandi rudashidikanywaho ubwo yasohokaga muri Werurwe umwaka ushize wa 2021.

Nyuma y’uko iyi raporo ishyikirijwe Perezida Emmanuel Macron ndetse na Perezida Paul Kagame, mu mpera za Gicurasi 2021, uyu mukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, aho mu bikorwa bya mbere yasuye harimo urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi akahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron wagaragaje ko ibyo yabonye byabaye mu Rwanda birenze imyumvire y’ikiremwamuntu ndetse ko u Bufaransa butagize icyo bukora, aboneraho kuvuga ko “abaraye ayo majoro, ni bo bonyine bafite mu biganza byabo imbabazi.”

 

Yongeye guha Abafaransa isezerano

Perezida Emmanuel Macron amaze kongera gutorerwa kuyobora u Bufaransa, yashimiye abamutoye bibavuye ku mutima ndetse n’abandi bose n’abatamutoye.

Macron yavuze ko hari Abafaransa benshi bamuhundagajeho amajwi kuko batari bashyigikiye ibitekerezo bya mucyeba we Marine Le Pen bari bahanganye.

Yagize ati “Benshi muri iki Gihugu bantoye atari uko bashyigikiye ibitekerezo byanjye ahubwo kuko badakeneye iby’uruhande rumwe. Abo na bo ndashaka kubashimira kandi mbafitiye umwenda muri iyi myaka iri imbere.”

Yanavuze ku batoye Marine Le Pen, ababwira ko na bo bagomba kuzaba mu bagomba kwitabwaho kuko u Bufaransa ari ubwa bose.

Yagize ati “Ni inshingano zanjye ko abo bose bazaba hafi yanjye. Na muntu n’umwe uzasigara inyuma mu Bufaransa.”

Macron yaciye agahigo kuba yongeye gutorerwa indi manda ya kabiri akiri ku buyobozi mu myaka 20 ishize kuko abandi bamubanjiriye barimo Nicolas Sarkozy na Francois Hollande bose bayoboye manda imwe, mu gihe uwaherukaga gutorerwa mana ya kabiri ari Jacques Chirac muri 2002.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + two =

Previous Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Next Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.