Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in POLITIKI
0
Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Emmanuel Macron kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa muri manda ya kabiri, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’Igihugu cye.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, ni bwo byatangajwe ko Emmanuel Macro yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yabaye kuri iki Cyumweru.

Emmanuel Macron wongeye gutorerwa indi manda y’imyaka itanu, yagize amajwi 58,2% naho Marine Le Pen agira 41,8%.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Mata 2022, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Emmanuel Macron ku bw’iyi ntsinzi ye.

Yagize ati “Ishya n’ihirwe ku ntsinzi wari ukwiye yo kongera gutorerwa kuba Perezida.”

Mu butumwa bwa perezida Kagame, akomeza avuga ko kuba Emmanuel Macron yongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa, bifite icyo bigaragaza.

Ati “Ibi ni gihamya y’imiyoborere yawe ishishoza ihora ishaka ubumwe aho gushaka ibitanya abantu.”

Umukuru w’u Rwanda yizeje mugenzi we Emmanuel Macron ko “U Rwanda ruzakomeza gushyira imbere imikoranire ndetse irushijeho hagati y’Abafaransa n’Abanyarwanda ndetse n’Ibihugu byacu.”

Kuva Perezida Emmanuel Macron yatorerwa kuyobora u Bufaransa mu myaka itanu ishize, umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda waje mu isura nshya, kuko yakoze ibishoboka byose kugira ngo ibyatumaga ibi Bihugu bitajya imbizi, bihabwa umurongo.

Muri 2019, Macron yashyizeho Komisiyo idasanzwe yari ishinze gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, iza no kugaragaza ko iki Gihugu cyagize uruhare rukomeye kandi rudashidikanywaho ubwo yasohokaga muri Werurwe umwaka ushize wa 2021.

Nyuma y’uko iyi raporo ishyikirijwe Perezida Emmanuel Macron ndetse na Perezida Paul Kagame, mu mpera za Gicurasi 2021, uyu mukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa yagiriye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda, aho mu bikorwa bya mbere yasuye harimo urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi akahavugira ijambo ryumvikanyemo gusaba imbabazi abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron wagaragaje ko ibyo yabonye byabaye mu Rwanda birenze imyumvire y’ikiremwamuntu ndetse ko u Bufaransa butagize icyo bukora, aboneraho kuvuga ko “abaraye ayo majoro, ni bo bonyine bafite mu biganza byabo imbabazi.”

 

Yongeye guha Abafaransa isezerano

Perezida Emmanuel Macron amaze kongera gutorerwa kuyobora u Bufaransa, yashimiye abamutoye bibavuye ku mutima ndetse n’abandi bose n’abatamutoye.

Macron yavuze ko hari Abafaransa benshi bamuhundagajeho amajwi kuko batari bashyigikiye ibitekerezo bya mucyeba we Marine Le Pen bari bahanganye.

Yagize ati “Benshi muri iki Gihugu bantoye atari uko bashyigikiye ibitekerezo byanjye ahubwo kuko badakeneye iby’uruhande rumwe. Abo na bo ndashaka kubashimira kandi mbafitiye umwenda muri iyi myaka iri imbere.”

Yanavuze ku batoye Marine Le Pen, ababwira ko na bo bagomba kuzaba mu bagomba kwitabwaho kuko u Bufaransa ari ubwa bose.

Yagize ati “Ni inshingano zanjye ko abo bose bazaba hafi yanjye. Na muntu n’umwe uzasigara inyuma mu Bufaransa.”

Macron yaciye agahigo kuba yongeye gutorerwa indi manda ya kabiri akiri ku buyobozi mu myaka 20 ishize kuko abandi bamubanjiriye barimo Nicolas Sarkozy na Francois Hollande bose bayoboye manda imwe, mu gihe uwaherukaga gutorerwa mana ya kabiri ari Jacques Chirac muri 2002.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Next Post

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Related Posts

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.