Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema

radiotv10by radiotv10
02/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yasobanuye uko ku rugamba byari byifashe nyuma y’urupfu rwa Rwigema
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo yazaga kuyobora urugamba rwo Kwibohora nyuma y’itabaruka rya Fred Gisa Rwigema, yasanze hari ibibazo byinshi, ku buryo byari bigoye kurusha uko kurutangira byari bimeze.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye ari muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu batekereje itangizwa ryarwo.

Yayoboye uru rugamba nyuma y’urupfu rwa Fred Gisa Rwigema, yavuze ko n’ubundi yitabye Imana, ari mu nzira aza, ahita ahabwa inshingano zo kuyobora uru rugamba, ariko ko byari bigoye cyane kubera ibibazo byariho.

Ati “Nasanze ibintu bitameze neza, icya mbere byahereye ku gupfa rw’uwari uruyoboye, byazanye icyuho kinini, n’ubundi ariko nari buze, nari nateguye kuza ntari namenya ko yanapfuye, aho mbimenyeye ndi mu nzira nza, ngaruka menya ko bigomba kuba ari ikibazo kinini. Mpageze nsanga koko byagize ingaruka, nsanga urugamba abari baruriho baracitse intege, abandi baratatanye.”

Yavuze ko uku gucika intege byanahaye icyuho abo bari bahanganye, ku buryo ikibazo cyari gihari kwari ukongera gusubiza ubushake mu bari bari kuri uru rugamba dore ko hari n’abari basubiye muri Uganda, bagombaga kugarurwa.

Ati “Byabaye nko gutangira bundi bushya ariko gutangira bundi bushya binakomeye, kurusha gutangira kwa mbere kuko gutangira kwa mbere abantu bari hamwe bafite ubushake […] Icyo ni cyo cyagoranye.”

Bigeze ku guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, na bwo byagoye kurushaho, ariko ko ingabo za RPA zari zimaze kwiyubaka kuko zari zimaze imyaka ine ku rugamba, ingabo zariyongereye, ndetse n’Abanyarwanda batandukanye bakomeje gutera inkunga izi ngabo.

Ati “Umusanzu batangaga, ni umusanzu w’ubwoko bubiri ukomeye cyane, icya mbere baritabiraga urugamba, abana barazaga bavuye hirya no hino […] ikindi cya ngombwa ni umusanzu batangaga, Abanyarwanda bose barabihagurikiye, batangaga bicye bafite bakabyohereza ku rugamba bigatuma tubona ibyo twashoboraga kubona twarwanishaga ku rugamba.”

Muri iyo myaka ariko hari hariho imishyikirano yaberaga i Arusha muri Tanzania, ariko mu 1993, ubutegetsi bwariho mu Rwanda butangira kwica Abatutsi mu bice bitandukanye birimo Kibirira.

Perezida Kagame yavuze ko icyo gihe byahise bigaragara ko ubu butegetsi bwamaze kuva mu mishyikirano, ndetse RPA yongera kurwana, inafata ibice binini.

Yanagarutse ku gihe ingabo zari iza RPA zaje kurekura bimwe mu bice zari zafashe, avuga ko icyo gihe zagikoresheje mu kwitegura neza, ndetse ko hari igihe bageze i Shyorongi, ariko Isi yose igahaguruka, ndetse bimwe mu Bihugu bikaza gusa nk’ibishyiraho ibihano byo guhagarika uburyo RPA yakoreshaga kugira ngo ibone ibikoresho, ari na bwo bashyiraga igitutu kuri Uganda.

Ati “Icyo gihe babihagarika turi muri ya ntambara hagati kandi ni byo twari dutezeho kuza gukoresha. Isi yose yahagurutse rero imeze ityo, ugomba kumenya uko utekereza n’uko bigenda, kandi ntabwo nsubiza amaso inyuma ngo nsange ibyo twakoze bitari bikwiye gukorwa.”

Avuga ko icyo gihe bahagaritse gukomeza imbere, ari na bwo basubiye inyuma babanje kubijyaho impaka mu muryango wa RPF-Inkotanyi.

Ati “Ni ho havuyemo conditions natwe twatanze, turavuga tuti ‘niba tugiye gusubira inyuma, ntabwo aha twavanye aba bose, ntabwo na bo bari buhasubire, ariko niba bazahasubira, ntabwo tuzasubira inyuma turakomeza imirwano.”

Akomeza ati “Ibyo njye nabonaga ntacyo bidutwaye, kuko aho twafashe twarahafashe ntabwo uwo twahavanye ahasubiye, niba ibyo binkiza pressure, impamvu ntabikora ni iyihe?”

 

Ikimushimisha nyuma y’imyaka 30

Perezida Kagame yavuze ko iyo asubije amaso inyuma akareba ibibazo byose abarwanye uru rugamba banyuzemo ndetse n’abandi Banyarwanda n’uko Igihugu cyari kimeze, akareba aho kigeze ubu, bimushimisha.

Ati “Abantu barabanye, ntawe ugenda ku muhanda abazwe ngo uturuka he, so ni inde, uri uwo mu buhe bwoko, ntawe ujya kujya mu ishuri ngo bamubaze aho avuka, natwe ujya ku kazi ngo bamubaze,…Igihugu gitera imbere.”

Akomeza agira ati “Ukareba n’ubuzima bw’abantu, ukareba ibintu ukareba,…bivuye ikuzumu, urwo rugendo ubwaro ruragusobanurira ndetse bikakwereka ko hakiri umuvuduko ugana no ku bindi bizagerwaho vuba cyangwa mu gihe kigera kure.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko kuri we, ibi ubwabyo ari byo bimushimisha kurusha ibindi nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

Ihere ijisho amafoto ya Perezida Kagame mu kiganiro na Radio10

Next Post

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera
FOOTBALL

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

Umunyamakuru w’inararibonye agaragaje igereranya hagati ya Basketball na Football Nyarwanda rikwiye gutanga isomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.