Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro uruganda rutunganya sima, ruri mu Karere ka Muhanda, ruzajya rutanga umusaruro w’imifuka miliyoni 20 ku mwaka, arwizeza inkunga yose ruzakenera kuri Leta y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023 ubwo yatangizaga ku mugaragaro uru ruganda rwa Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd rutunganya Sima ruherereye mu cyanya cy’inganda mu Karere ka Muhanda, aho yanabanje gusura ibikorwa byarwo.

Perezida Kagame yavuze ko muri iyi myaka ishize u Bushinwa bukomeje kugaragaza ubushake bwo gukomeza gufasha Umugabane wa Afurika kwihaza kuri sima.

Ati “Ndabashimira ku muhate mu guteza imbere ibikorwa remezo ku Mugabane wacu.”

Yavuze ko akurikije uko yabonye ibikoresho bigize uru ruganda rw’i Muhanga, ruzatanga umusaruro ufite ireme, kandi ko Leta y’u Rwanda ishimira abarushinze.

Ati “Uru ruganda ruzagira uruhare mu rugendo rw’iterambere. Turabashimira kandi ndabizeza ko mufite inkunga yose y’Igihugu muzakenera.”

Yavuze ko ikigero cyo kwihaza kwa Afurika ku musaruro wa Sima, gitanga icyizere kandi ko abatuye uyu Mugabane na bo bakomeza gutera imbere, ku buryo na bo bakenera uyu musaruro ugira uruhare runini mu iterambere ry’ibikorwa remezo, yaba inzu zo guturamo ndetse n’ibindi.

Yavuze ko ibi bizanira amahirwe menshi abanyenganda kugira ngo bashore imari muri ibi bikorwa, binatuma hahangwa imirimo myinshi mishya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko n’izi nganda na zo zigomba gutanga umusaruro ufite ireme kandi ko binatuma Guverinoma y’u Rwanda ishyiraho imirongo yorohereza abashoramari.

Yavuze ko uku kugenda hashyirwaho imirongo yorohereza ishoramari, no gukuraho imbogamizi zaribangamira, bizatuma Ibihugu byo muri Afurika birushaho kugira inganda, bikanongera ubucuruzi hagati yabyo, nk’Umugabane uri gutangiza isoko rusange ryawo.

Ariko kandi nanone ibi byose biba bigamije inyungu z’Abanyafurika, bityo ko Ibihugu bikwiye gushyira hamwe mu kubyaza umusaruro amahirwe ahari by’umwihariko mu gukuraho icyuho kigihari mu bikorwa remezo.

Ati “Mureke twubakire kuri iyi myumvire, nanone kandi ndashaka gushimira Abaturage b’u Bushinwa, West China Cement na West International Holding kuri iyi nkunga ikomeye mu iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange. Nanone kandi Anjia ni umufatanyabikorwa uje wiyongera ku rwego rw’Inganda mu Rwanda. Ndabona icyizere cy’umusaruro ushimishije muri ubu bufatanye bwacu.”

Uru ruganda rufite ishoramari rihagaze Miliyoni 50 USD (arenga Miliyari 50 Frw), rufite ubushobozi bwo gutunganya imifuka miliyoni 20 ku mwaka.

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro uru ruganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Next Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.