Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro uruganda rutunganya sima, ruri mu Karere ka Muhanda, ruzajya rutanga umusaruro w’imifuka miliyoni 20 ku mwaka, arwizeza inkunga yose ruzakenera kuri Leta y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023 ubwo yatangizaga ku mugaragaro uru ruganda rwa Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd rutunganya Sima ruherereye mu cyanya cy’inganda mu Karere ka Muhanda, aho yanabanje gusura ibikorwa byarwo.

Perezida Kagame yavuze ko muri iyi myaka ishize u Bushinwa bukomeje kugaragaza ubushake bwo gukomeza gufasha Umugabane wa Afurika kwihaza kuri sima.

Ati “Ndabashimira ku muhate mu guteza imbere ibikorwa remezo ku Mugabane wacu.”

Yavuze ko akurikije uko yabonye ibikoresho bigize uru ruganda rw’i Muhanga, ruzatanga umusaruro ufite ireme, kandi ko Leta y’u Rwanda ishimira abarushinze.

Ati “Uru ruganda ruzagira uruhare mu rugendo rw’iterambere. Turabashimira kandi ndabizeza ko mufite inkunga yose y’Igihugu muzakenera.”

Yavuze ko ikigero cyo kwihaza kwa Afurika ku musaruro wa Sima, gitanga icyizere kandi ko abatuye uyu Mugabane na bo bakomeza gutera imbere, ku buryo na bo bakenera uyu musaruro ugira uruhare runini mu iterambere ry’ibikorwa remezo, yaba inzu zo guturamo ndetse n’ibindi.

Yavuze ko ibi bizanira amahirwe menshi abanyenganda kugira ngo bashore imari muri ibi bikorwa, binatuma hahangwa imirimo myinshi mishya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko n’izi nganda na zo zigomba gutanga umusaruro ufite ireme kandi ko binatuma Guverinoma y’u Rwanda ishyiraho imirongo yorohereza abashoramari.

Yavuze ko uku kugenda hashyirwaho imirongo yorohereza ishoramari, no gukuraho imbogamizi zaribangamira, bizatuma Ibihugu byo muri Afurika birushaho kugira inganda, bikanongera ubucuruzi hagati yabyo, nk’Umugabane uri gutangiza isoko rusange ryawo.

Ariko kandi nanone ibi byose biba bigamije inyungu z’Abanyafurika, bityo ko Ibihugu bikwiye gushyira hamwe mu kubyaza umusaruro amahirwe ahari by’umwihariko mu gukuraho icyuho kigihari mu bikorwa remezo.

Ati “Mureke twubakire kuri iyi myumvire, nanone kandi ndashaka gushimira Abaturage b’u Bushinwa, West China Cement na West International Holding kuri iyi nkunga ikomeye mu iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange. Nanone kandi Anjia ni umufatanyabikorwa uje wiyongera ku rwego rw’Inganda mu Rwanda. Ndabona icyizere cy’umusaruro ushimishije muri ubu bufatanye bwacu.”

Uru ruganda rufite ishoramari rihagaze Miliyoni 50 USD (arenga Miliyari 50 Frw), rufite ubushobozi bwo gutunganya imifuka miliyoni 20 ku mwaka.

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro uru ruganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Next Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.