Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yatangije uruganda ruhanitse ruzanye ibindi bisubizo mu Bikorwa Remezo by’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro uruganda rutunganya sima, ruri mu Karere ka Muhanda, ruzajya rutanga umusaruro w’imifuka miliyoni 20 ku mwaka, arwizeza inkunga yose ruzakenera kuri Leta y’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023 ubwo yatangizaga ku mugaragaro uru ruganda rwa Anjia Prefabricated Construction Rwanda Company Ltd rutunganya Sima ruherereye mu cyanya cy’inganda mu Karere ka Muhanda, aho yanabanje gusura ibikorwa byarwo.

Perezida Kagame yavuze ko muri iyi myaka ishize u Bushinwa bukomeje kugaragaza ubushake bwo gukomeza gufasha Umugabane wa Afurika kwihaza kuri sima.

Ati “Ndabashimira ku muhate mu guteza imbere ibikorwa remezo ku Mugabane wacu.”

Yavuze ko akurikije uko yabonye ibikoresho bigize uru ruganda rw’i Muhanga, ruzatanga umusaruro ufite ireme, kandi ko Leta y’u Rwanda ishimira abarushinze.

Ati “Uru ruganda ruzagira uruhare mu rugendo rw’iterambere. Turabashimira kandi ndabizeza ko mufite inkunga yose y’Igihugu muzakenera.”

Yavuze ko ikigero cyo kwihaza kwa Afurika ku musaruro wa Sima, gitanga icyizere kandi ko abatuye uyu Mugabane na bo bakomeza gutera imbere, ku buryo na bo bakenera uyu musaruro ugira uruhare runini mu iterambere ry’ibikorwa remezo, yaba inzu zo guturamo ndetse n’ibindi.

Yavuze ko ibi bizanira amahirwe menshi abanyenganda kugira ngo bashore imari muri ibi bikorwa, binatuma hahangwa imirimo myinshi mishya.

Perezida Paul Kagame yavuze ko n’izi nganda na zo zigomba gutanga umusaruro ufite ireme kandi ko binatuma Guverinoma y’u Rwanda ishyiraho imirongo yorohereza abashoramari.

Yavuze ko uku kugenda hashyirwaho imirongo yorohereza ishoramari, no gukuraho imbogamizi zaribangamira, bizatuma Ibihugu byo muri Afurika birushaho kugira inganda, bikanongera ubucuruzi hagati yabyo, nk’Umugabane uri gutangiza isoko rusange ryawo.

Ariko kandi nanone ibi byose biba bigamije inyungu z’Abanyafurika, bityo ko Ibihugu bikwiye gushyira hamwe mu kubyaza umusaruro amahirwe ahari by’umwihariko mu gukuraho icyuho kigihari mu bikorwa remezo.

Ati “Mureke twubakire kuri iyi myumvire, nanone kandi ndashaka gushimira Abaturage b’u Bushinwa, West China Cement na West International Holding kuri iyi nkunga ikomeye mu iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange. Nanone kandi Anjia ni umufatanyabikorwa uje wiyongera ku rwego rw’Inganda mu Rwanda. Ndabona icyizere cy’umusaruro ushimishije muri ubu bufatanye bwacu.”

Uru ruganda rufite ishoramari rihagaze Miliyoni 50 USD (arenga Miliyari 50 Frw), rufite ubushobozi bwo gutunganya imifuka miliyoni 20 ku mwaka.

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro uru ruganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Next Post

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Kayonza: Urutonde rw’abakwiye inkunga ya Leta rwagaragayeho abatunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.