Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hari Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika bakwiye gutera ikirenge mu cy’Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye iteza imbere Igihugu, bityo bikaba byanafasha Afurika kugera aho yifuza.

Muri iyi nama yiga ku iterambere ry’Umugabane wa Africa n’amavugurura akenewe mu rwego rw’imari, yateguwe na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo Afurika igere ku nyungu zihuriweho, Ibihugu byayo bikwiye gucika ku kuba bya nyamwigendaho, hakabaho gukorana kandi ingufu zikava mu Bihugu ubwabyo.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 muri iyi nama mpuzamahanga ngarukamwaka iri kubera i Nairobi muri Kenya.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko iterambere rya Africa rigomba kugirwamo uruhare na buri wese, asaba ko ntawe ugomba kuba nyamwigendaho.

Yagize ati “Isi ikuntu iteye buri wese akorera ku nyungu ze bwite. Inyungu za Africa, inyungu z’Ibihugu byacu zigomba guhera kuri twe ubwacu, ijwi ryacu rikaba rimwe kandi rikumvikana rikagera aho rigomba kugera bigatanga umusaruro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agira ati “Dutekereza gukorera hamwe, tukabyerekana kandi ntitube abatagira icyo bakora, tugakora ibyacu tudategereje ko abandi babidukorera.”

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hakenewe gushorwa imari mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu buhinzi bwa kinyamwuga butanga umusaruro.

Ati “Ndashaka gushishikariza ibigo byaba ibya Leta n’iby’abikorera gushora imari, haba mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, dukeneye gushora imari kugira ngo tubashe guhangana n’inzitizi zose zitubangamira.”

William Ruto yakomeje avuga ko na Banki Nyafurika itsura Amajyambere na yo yiteguye kuzafasha imishinga ibyara inyungu by’umwihariko abazashora mu rwego rw’ubuhinzi ndetse n’ingufu, cyane cyane by’umwihariko ibijyanye n’imihandagurikire y’ikirere.

Ati “Hari bagenzi banjye bansabye kwigera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda Kagame, ku miyoberere ye by’umwihariko ku muryango wa Africa Yunze Ubumwe. Uyu ni umukuro nahawe wo gufatanya no kungurana ibitekerezo no gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo Umugabane wa Africa ukomeze utere imbere. Uwo ni umukoro nahawe wo kwigira ku buyobozi bwa Prezida Kagame.”

Iyi nama iri kubera i Nairobi muri Kenya kuva tariki 27 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2024, yitabiriwe n’abayobozi batandukanye ku Mugabane wa Africa.

Perezida William Ruto yavuze ko Imiyoborere ya Perezida Kagame ikwiye kubera urugero benshi
Umukuru w’u Rwanda yashimiwe imiyoborere ye ireba kure
Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiye guhuza imbaraga

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 7 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Next Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Related Posts

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

IZIHERUKA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije
IMIBEREHO MYIZA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.