Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hari Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika bakwiye gutera ikirenge mu cy’Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye iteza imbere Igihugu, bityo bikaba byanafasha Afurika kugera aho yifuza.

Muri iyi nama yiga ku iterambere ry’Umugabane wa Africa n’amavugurura akenewe mu rwego rw’imari, yateguwe na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo Afurika igere ku nyungu zihuriweho, Ibihugu byayo bikwiye gucika ku kuba bya nyamwigendaho, hakabaho gukorana kandi ingufu zikava mu Bihugu ubwabyo.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 muri iyi nama mpuzamahanga ngarukamwaka iri kubera i Nairobi muri Kenya.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko iterambere rya Africa rigomba kugirwamo uruhare na buri wese, asaba ko ntawe ugomba kuba nyamwigendaho.

Yagize ati “Isi ikuntu iteye buri wese akorera ku nyungu ze bwite. Inyungu za Africa, inyungu z’Ibihugu byacu zigomba guhera kuri twe ubwacu, ijwi ryacu rikaba rimwe kandi rikumvikana rikagera aho rigomba kugera bigatanga umusaruro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agira ati “Dutekereza gukorera hamwe, tukabyerekana kandi ntitube abatagira icyo bakora, tugakora ibyacu tudategereje ko abandi babidukorera.”

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hakenewe gushorwa imari mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu buhinzi bwa kinyamwuga butanga umusaruro.

Ati “Ndashaka gushishikariza ibigo byaba ibya Leta n’iby’abikorera gushora imari, haba mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, dukeneye gushora imari kugira ngo tubashe guhangana n’inzitizi zose zitubangamira.”

William Ruto yakomeje avuga ko na Banki Nyafurika itsura Amajyambere na yo yiteguye kuzafasha imishinga ibyara inyungu by’umwihariko abazashora mu rwego rw’ubuhinzi ndetse n’ingufu, cyane cyane by’umwihariko ibijyanye n’imihandagurikire y’ikirere.

Ati “Hari bagenzi banjye bansabye kwigera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda Kagame, ku miyoberere ye by’umwihariko ku muryango wa Africa Yunze Ubumwe. Uyu ni umukuro nahawe wo gufatanya no kungurana ibitekerezo no gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo Umugabane wa Africa ukomeze utere imbere. Uwo ni umukoro nahawe wo kwigira ku buyobozi bwa Prezida Kagame.”

Iyi nama iri kubera i Nairobi muri Kenya kuva tariki 27 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2024, yitabiriwe n’abayobozi batandukanye ku Mugabane wa Africa.

Perezida William Ruto yavuze ko Imiyoborere ya Perezida Kagame ikwiye kubera urugero benshi
Umukuru w’u Rwanda yashimiwe imiyoborere ye ireba kure
Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiye guhuza imbaraga

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Next Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.