Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hari Abakuru b’Ibihugu byo muri Afurika bakwiye gutera ikirenge mu cy’Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye iteza imbere Igihugu, bityo bikaba byanafasha Afurika kugera aho yifuza.

Muri iyi nama yiga ku iterambere ry’Umugabane wa Africa n’amavugurura akenewe mu rwego rw’imari, yateguwe na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, Perezida Paul Kagame yavuze ko kugira ngo Afurika igere ku nyungu zihuriweho, Ibihugu byayo bikwiye gucika ku kuba bya nyamwigendaho, hakabaho gukorana kandi ingufu zikava mu Bihugu ubwabyo.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024 muri iyi nama mpuzamahanga ngarukamwaka iri kubera i Nairobi muri Kenya.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko iterambere rya Africa rigomba kugirwamo uruhare na buri wese, asaba ko ntawe ugomba kuba nyamwigendaho.

Yagize ati “Isi ikuntu iteye buri wese akorera ku nyungu ze bwite. Inyungu za Africa, inyungu z’Ibihugu byacu zigomba guhera kuri twe ubwacu, ijwi ryacu rikaba rimwe kandi rikumvikana rikagera aho rigomba kugera bigatanga umusaruro.”

Perezida Paul Kagame yakomeje agira ati “Dutekereza gukorera hamwe, tukabyerekana kandi ntitube abatagira icyo bakora, tugakora ibyacu tudategereje ko abandi babidukorera.”

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto yavuze ko hakenewe gushorwa imari mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu buhinzi bwa kinyamwuga butanga umusaruro.

Ati “Ndashaka gushishikariza ibigo byaba ibya Leta n’iby’abikorera gushora imari, haba mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, dukeneye gushora imari kugira ngo tubashe guhangana n’inzitizi zose zitubangamira.”

William Ruto yakomeje avuga ko na Banki Nyafurika itsura Amajyambere na yo yiteguye kuzafasha imishinga ibyara inyungu by’umwihariko abazashora mu rwego rw’ubuhinzi ndetse n’ingufu, cyane cyane by’umwihariko ibijyanye n’imihandagurikire y’ikirere.

Ati “Hari bagenzi banjye bansabye kwigera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda Kagame, ku miyoberere ye by’umwihariko ku muryango wa Africa Yunze Ubumwe. Uyu ni umukuro nahawe wo gufatanya no kungurana ibitekerezo no gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo Umugabane wa Africa ukomeze utere imbere. Uwo ni umukoro nahawe wo kwigira ku buyobozi bwa Prezida Kagame.”

Iyi nama iri kubera i Nairobi muri Kenya kuva tariki 27 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2024, yitabiriwe n’abayobozi batandukanye ku Mugabane wa Africa.

Perezida William Ruto yavuze ko Imiyoborere ya Perezida Kagame ikwiye kubera urugero benshi
Umukuru w’u Rwanda yashimiwe imiyoborere ye ireba kure
Perezida Kagame yavuze ko Afurika ikwiye guhuza imbaraga

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 12 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Next Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.