Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko igihe habayeho guhirika ubutegetsi nk’uko byagaragaye mu Bihugu binyuranye byo mu Burengerazuba bwa Afurika ndetse bikaba biherutse kugeragezwa muri Congo bikaburizwamo, abantu bakwiye kubanza kureba icyatumye bibaho, aho kubyamagana gusa bagaterera iyo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024, mu kiganiro yagiranye na Steve Clemons, mu ihuriro ryiga ku mutekano rizwi nka ‘Global Security Forum’.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo izingiro ry’ibyo u Rwanda rumaze kugera mu myaka 30 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bibera urugero amahanga.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyagezweho byose, bishinze imizi ku bumwe bw’Abanyarwanda bwabaye umusingi wo kubakiraho ibyo Igihugu cyifuzaga kugera.

Umukuru w’u Rwanda kandi yongeye gushimangira ko igishoro cya mbere ari abaturage, kuko ibyo u Rwanda rukora rugendera ku kongerera ubushobozi Abanyarwanda no kuzamura imibereho myiza, mu nzego zinyuranye zirimo uburezi n’ubuzima.

 

Icyo kubwira America n’u Burayi

Muri iki kiganiro kandi cyagarutse ku bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara ku Mugabane wa Afurika, Steve Clemons yabajije Umukuru w’u Rwanda, icyo yagakwiye kuganira n’Ibihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe za America n’u Burayi, ku byo ibi Bihugu bikunze gutungaho intoki bimwe mu byo ku Mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yagize ati “Icyo nshobora gukora mu gihe nagirana ibiganiro n’aba bayobozi b’ibyo Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America n’ibindi. Natangira mbabwira ko bashobora gukora ibyiza kurusha ibyo bakora, kuko nyuma biza kurangira bigaragaye ko ntacyo bakoze, kwandika amatangazo yo gushinja no kugira abo bagerekaho ibintu, ibyo ubwabyo ntabwo bikemura ikibazo, ahubwo biracyongera.”

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze gushinja u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo bimwe n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, ariko na rwo ntirwahwemye kubihakana.

Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ko “ikibazo cyose kigira umuzi wacyo. Biroroshye kureba umuzi w’ikibazo, n’ikibazo icyo ari cyo, ubundi ugakorana n’impande zikirimo mu gushaka umuti w’ibikwiye gukemurwa, ukagabanya ibya politiki, iby’inyungu. Ubundi ibibazo nk’ibi ntibyari bikwiye no gukomeza igihe wakoze ikigomba gukorwa gishobora guhosha ikibazo.”

Umukuru w’u Rwanda avuga kandi ko gukora ibi, bidasaba ubumenyi buhambaye, ahubwo ko bisaba kubyumva, ubundi abantu bagashyira ku ruhande iby’inyungu zihariye zabo, hakarebwa inyungu z’abari kugirwaho ingaruka n’ibibazo bihari.

 

Kuri Coup d’Etat zikomeje kuba

Mu mpera z’icyumweru gishize, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi buriho buyobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Ni igikorwa cyaje cyiyongera ku bindi nkabyo byabaye mu Bihugu binyuranye birimo Guinea, Gabon, Mali ndetse no muri Burkina Faso.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bikorwa nk’ibi byo guhirika ubutegetsi byakunze kujya byamaganwa n’Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko hakwiye kujya habanza kurebwa icyatumye biba aho kwihutira kubyamagana cyangwa ngo byamaganwe habeho guterera iyo.

Ati “Gutsindwa kuri ku Mugabane wacu, hari ukunanirwa kw’imiyoborere n’inzego z’umutekano kandi byombi ni ibintu by’ingenzi ku muryango mugari uwo ari wo wose mu kuzana ituze ndetse no mu gushyira ku murongo ibintu abantu bifuza.

Urebye mu Bihugu byabayemo ihirikwa ry’ubutegetsi, [birumvikana nta muntu wifuza kubona hari ahaba ihirikwa ry’ubutegetsi, ntabwo ari ibintu byo kwishimira], ariko nanone ntabwo wari ukwiye kurekera aho, ntabwo ukwiye kubyamagana gusa nibura utabanje gucukumbura icyabiteye. Ukibaza uti ‘ni iki cyatumye ibi bigera kuri uru rwego?’ ‘ni iki cyaburaga kugira ngo habeho ihirikwa ry’ubutegetsi?’, ni ho utangira kubonera ibimenyetso mu miyoborere ndetse n’ibibazo by’umutekano nk’uko turi kubibona muri bimwe muri ibi Bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko ibi na byo biba ari ibintu byigaragaza, ndetse ko n’abamagana ihirikwa ry’ubutegetsi baba barabibonye mbere, ndetse baba bashobora no kuba baratanze inama mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

Next Post

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.