Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze igikwiye gutekerezwaho igihe hari Igihugu cyabayemo ‘Coup d’Etat’

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze icyatumye hashoboka umuti ushaririye wo kumvisha Abarokotse Jenoside gutanga imbabazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko igihe habayeho guhirika ubutegetsi nk’uko byagaragaye mu Bihugu binyuranye byo mu Burengerazuba bwa Afurika ndetse bikaba biherutse kugeragezwa muri Congo bikaburizwamo, abantu bakwiye kubanza kureba icyatumye bibaho, aho kubyamagana gusa bagaterera iyo.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024, mu kiganiro yagiranye na Steve Clemons, mu ihuriro ryiga ku mutekano rizwi nka ‘Global Security Forum’.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo izingiro ry’ibyo u Rwanda rumaze kugera mu myaka 30 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bibera urugero amahanga.

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyagezweho byose, bishinze imizi ku bumwe bw’Abanyarwanda bwabaye umusingi wo kubakiraho ibyo Igihugu cyifuzaga kugera.

Umukuru w’u Rwanda kandi yongeye gushimangira ko igishoro cya mbere ari abaturage, kuko ibyo u Rwanda rukora rugendera ku kongerera ubushobozi Abanyarwanda no kuzamura imibereho myiza, mu nzego zinyuranye zirimo uburezi n’ubuzima.

 

Icyo kubwira America n’u Burayi

Muri iki kiganiro kandi cyagarutse ku bibazo by’umutekano bikomeje kugaragara ku Mugabane wa Afurika, Steve Clemons yabajije Umukuru w’u Rwanda, icyo yagakwiye kuganira n’Ibihugu bikomeye nka Leta Zunze Ubumwe za America n’u Burayi, ku byo ibi Bihugu bikunze gutungaho intoki bimwe mu byo ku Mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yagize ati “Icyo nshobora gukora mu gihe nagirana ibiganiro n’aba bayobozi b’ibyo Bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America n’ibindi. Natangira mbabwira ko bashobora gukora ibyiza kurusha ibyo bakora, kuko nyuma biza kurangira bigaragaye ko ntacyo bakoze, kwandika amatangazo yo gushinja no kugira abo bagerekaho ibintu, ibyo ubwabyo ntabwo bikemura ikibazo, ahubwo biracyongera.”

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze gushinja u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo bimwe n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, ariko na rwo ntirwahwemye kubihakana.

Muri iki kiganiro, Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ko “ikibazo cyose kigira umuzi wacyo. Biroroshye kureba umuzi w’ikibazo, n’ikibazo icyo ari cyo, ubundi ugakorana n’impande zikirimo mu gushaka umuti w’ibikwiye gukemurwa, ukagabanya ibya politiki, iby’inyungu. Ubundi ibibazo nk’ibi ntibyari bikwiye no gukomeza igihe wakoze ikigomba gukorwa gishobora guhosha ikibazo.”

Umukuru w’u Rwanda avuga kandi ko gukora ibi, bidasaba ubumenyi buhambaye, ahubwo ko bisaba kubyumva, ubundi abantu bagashyira ku ruhande iby’inyungu zihariye zabo, hakarebwa inyungu z’abari kugirwaho ingaruka n’ibibazo bihari.

 

Kuri Coup d’Etat zikomeje kuba

Mu mpera z’icyumweru gishize, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habayeho kugerageza guhirika ubutegetsi buriho buyobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Ni igikorwa cyaje cyiyongera ku bindi nkabyo byabaye mu Bihugu binyuranye birimo Guinea, Gabon, Mali ndetse no muri Burkina Faso.

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bikorwa nk’ibi byo guhirika ubutegetsi byakunze kujya byamaganwa n’Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko hakwiye kujya habanza kurebwa icyatumye biba aho kwihutira kubyamagana cyangwa ngo byamaganwe habeho guterera iyo.

Ati “Gutsindwa kuri ku Mugabane wacu, hari ukunanirwa kw’imiyoborere n’inzego z’umutekano kandi byombi ni ibintu by’ingenzi ku muryango mugari uwo ari wo wose mu kuzana ituze ndetse no mu gushyira ku murongo ibintu abantu bifuza.

Urebye mu Bihugu byabayemo ihirikwa ry’ubutegetsi, [birumvikana nta muntu wifuza kubona hari ahaba ihirikwa ry’ubutegetsi, ntabwo ari ibintu byo kwishimira], ariko nanone ntabwo wari ukwiye kurekera aho, ntabwo ukwiye kubyamagana gusa nibura utabanje gucukumbura icyabiteye. Ukibaza uti ‘ni iki cyatumye ibi bigera kuri uru rwego?’ ‘ni iki cyaburaga kugira ngo habeho ihirikwa ry’ubutegetsi?’, ni ho utangira kubonera ibimenyetso mu miyoborere ndetse n’ibibazo by’umutekano nk’uko turi kubibona muri bimwe muri ibi Bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko ibi na byo biba ari ibintu byigaragaza, ndetse ko n’abamagana ihirikwa ry’ubutegetsi baba barabibonye mbere, ndetse baba bashobora no kuba baratanze inama mbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Menya gahunda y’uko abakinnyi bakina hanze bazagera mu Rwanda mu mwiherero

Next Post

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Guta muri yombi Netanyahu birashoboka?-Icyo umusesenguzi abivugaho n’aho abona intambara yerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.