Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyaguye byiyemezwa mu nama zabanje ziga ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bitubahirizwa, ntihabeho no kubazwa inshingano, ariko ko bidakwiye gukomereza muri uwo murongo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ugushyingo 2024 mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga ya 29 yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP 29) iri kubera i Baku muri Azerbaijan.

Ni mu kiganiro yatangiye mu nama yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Measuring the Green Wealth of Africa”, yayobowe na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso ari kumwe na Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adesina.

Perezida Kagame yibukije ko guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kuba ingamba zihuriweho, by’umwihariko nk’Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Nk’uko duteraniye muri COP 29, Afurika ifite intego imwe: Gushimangira aho duhagaze nk’abafite uruhare runini mu guhangana n’imihindagurikire y’Ibihe. Gusa kutabasha kugera ku nkunga y’ubushobozi, biracyari imbogamizi ikomeye.”

Yakomeje agira ati “Ibyagiye bisezeranywa gukorwa mu nama zabanje, byagiye bihera mu magambo bidashyizwe mu bikorwa, kandi ntihabeho no kubazwa inshingano. Ibi ntibishobora gukomeza kwihanganirwa.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ugira uruhare ruto mu guteza ibibazo bihungabanya ikirere ugereranyije n’indi Migabane, bityo ko ibyagiye bisezeranywa uyu Mugabane mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kujya byubahirizwa.

U Rwanda nka kimwe mu Bihugu byagaragaje umuhate n’imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, muri iyi nama ya COP 29 ruzagaragaza ibyo rwagezeho ndetse n’icyarufashije.

Iyi nama yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, yitezwemo kugaragaza aho intego zo guhangana n’imihindagurikire ziyemejwe zigeze, ndetse no gufatirwamo izindi ngamba.

Perezida Kagame na Denis Sassou Nguesso wayoboye iyi nama
Denis Sassou Nguesso yayoboye iyi nama ari kumwe na Akinwumi Adesina

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + ten =

Previous Post

Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z’u Rwanda

Next Post

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n'ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.