Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko ibyiyemejwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe bidakwiye gukomeza kuba amasigarakicaro
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyaguye byiyemezwa mu nama zabanje ziga ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bitubahirizwa, ntihabeho no kubazwa inshingano, ariko ko bidakwiye gukomereza muri uwo murongo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ugushyingo 2024 mu bikorwa by’Inama Mpuzamahanga ya 29 yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP 29) iri kubera i Baku muri Azerbaijan.

Ni mu kiganiro yatangiye mu nama yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Measuring the Green Wealth of Africa”, yayobowe na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso ari kumwe na Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, Dr Akinwumi Adesina.

Perezida Kagame yibukije ko guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kuba ingamba zihuriweho, by’umwihariko nk’Umugabane wa Afurika.

Yagize ati “Nk’uko duteraniye muri COP 29, Afurika ifite intego imwe: Gushimangira aho duhagaze nk’abafite uruhare runini mu guhangana n’imihindagurikire y’Ibihe. Gusa kutabasha kugera ku nkunga y’ubushobozi, biracyari imbogamizi ikomeye.”

Yakomeje agira ati “Ibyagiye bisezeranywa gukorwa mu nama zabanje, byagiye bihera mu magambo bidashyizwe mu bikorwa, kandi ntihabeho no kubazwa inshingano. Ibi ntibishobora gukomeza kwihanganirwa.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ugira uruhare ruto mu guteza ibibazo bihungabanya ikirere ugereranyije n’indi Migabane, bityo ko ibyagiye bisezeranywa uyu Mugabane mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, bikwiye kujya byubahirizwa.

U Rwanda nka kimwe mu Bihugu byagaragaje umuhate n’imbaraga mu bikorwa byo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, muri iyi nama ya COP 29 ruzagaragaza ibyo rwagezeho ndetse n’icyarufashije.

Iyi nama yatangijwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, yitezwemo kugaragaza aho intego zo guhangana n’imihindagurikire ziyemejwe zigeze, ndetse no gufatirwamo izindi ngamba.

Perezida Kagame na Denis Sassou Nguesso wayoboye iyi nama
Denis Sassou Nguesso yayoboye iyi nama ari kumwe na Akinwumi Adesina

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

Hatangajwe ikiri gukorwa nyuma yuko umusirikare wa RDF akoze ibidukunze kuba mu Ngabo z’u Rwanda

Next Post

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n’ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Uko byari byifashe Biden yakira Trump kuva yatorwa n'ibyavugiwe mu kiganiro bagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.