Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye abakunzi ba Rayon Sports bamwifurije isabukuru nziza ubwo bitabiraga umukino wahuje ikipe yabo na Espoir FC, bakaboneraho kwizihiza isabukuru ye.

Umukino wa Shampiyona wabaye ku Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, wahuriranye n’isabukuru ya Perezida Paul Kagame wujuje imyaka 65.

Rayon Sports yahuye na Espoir FC kuri Stade ya Kigali ya Nyamirambo, yanaboneyeho kwizihiza isabukuru y’Umukuru w’Igihugu aho abakunzi ndetse n’abayobozi b’iyi kipe baje babyiteguye, bakagaragariza Umukuru w’Igihugu ko bishimiye isabukuru ye.

Kuri uwo munsi, mbere yuko umukino utangira, Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yabanje kunyura imbere y’abafana b’iyi kipe afite ifoto nziza ya Perezida Paul Kagame, yanditseho ko bamwifuriza isabukuru nziza, abafana na bo mu ijwi ryo hejuru, bakoma amashyi bishimiye iki gikorwa.

Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatangaje ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamutumye ku bakunzi ba Rayon Sports.

Yagize ati “Kuri Gikundiro: Aba-Rayon, Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yantumye kubwira aba Rayon mwese ko abashimira byimazeyo ku bw’ubutumwa bwo kumwifuriza isabukuru nziza y’imyaka 65 y’amavuko.”

Umukuru w’u Rwanda kandi kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukwakira 2022, yashimiye abantu bose bamwifurije isabukuru nziza y’amavuko.

Mu butumwa bwe, Perezida Paul Kagame yagize ati “Mfashe uyu mwanya ngo nshimire byimazeyo buri wese wanyifurije isabukuru nziza.”

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko ibyo yagiye ageza ku Banyarwanda, yabigezeho kubera bo ndetse no mu bufatanye bwe n’Abanyarwanda.

Abarayon bari bishimye cyane
Ni igikorwa bafashijwemo na Perezida w’Ikipe yabo
Na bamwe mu bayobozi b’iyi kipe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + nineteen =

Previous Post

U Rwanda rwavuze ku kwiyorobekanya kwa Congo ikora ibihabanye n’ibyo ivuga

Next Post

Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.