Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba byabaye indwara iba igomba gushakirwa umuti.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ukwakira 2025 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi batatu bari mu bagize Guverinoma y’u Rwanda.

Aba bayobozi barahiye none, ni Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda na Uwimana ConsolĂ©e, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango batari babashije kurahirira rimwe n’abagize Guverinoma nshya ubwo iheruka kujyaho, kuko bari mu zindi nshingano, ndetse na Yves Iradukunda uherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo.

Perezida Kagame avuga kurahira nk’uku bihoraho, ariko hari ibyo abantu bakwiye guhora bibukiranya, nko kurebera hamwe ibyatuma abantu bakora inshingano zabo neza.

Ati “Ugomba kuba wumva neza iyo nshingano n’uburemere bwayo, ubwo ni byo dukorera Abanyarwanda, dukorera Igihugu, ubwo natwe turimo, ariko ntabwo ari twe twikorera, dukora kugira ngo tugeze byinshi ku bandi, ariko iyo byinshi byagezweho ubwo na we uba urimo, ntabwo abantu bahabwa inshingano kugira ngo birebe.”

Hari kandi n’ubumenyi, abantu bakaba bafite ubumenyi bubafasha gukora inshingano zabo, ariko ko na bwo bugomba kugira icyo bujyana nab wo.

Ati “Akenshi rero bikunda kuvanga, abantu bakibwira ko iyo ufite ubumenyi biba bihagije, ntabwo ari byo, hagomba kuba harimo wa mutima ugukoresha, ukoresha ibiri inyuma y’ubwo bumenyi kugira ngo wuzuze za nshingano z’ibanze.”

Perezida Kagame avuga ko kuba umuntu yagira ubumenyi n’ubushake bidahagije, kuko iyo umuntu ashyize imbere ibyo, birangira yirebyeho, kandi aba yarashyiriweho gukorera Abanyarwanda.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo izi mpanuro zivugwa kenshi, hari abakomeza kutuzuza neza inshingano zabo, ariko kandi n’ababibazwa na bo batajya babura kugaragara.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri aba batatu barahiye none, harimo babiri basanzwe bari muri izi nshingano, mu gihe undi umwe Iradukunda Yves yahinduriwe inshingano, kuko yakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, akaba yaragizwe Umunyamabanga wa Leta.

Yavuze ko Minisiteri zikoramo aba bayobozi, iy’Ingabo, iy’Ikoranabuhanga na Inovasiyo ndetse n’iy’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ziri mu by’ibanze bishyizwe imbere n’Igihugu, bityo ko abari muri izi nshingano bakwiye kumva uburemere bwazo.

Ati “Ni byo bigize ibyo dukora byinshi, hafi byose bishingiye kuri ibyo bitatu, nagira ngo nibutse abamaze kurahira ari Marizamunda, ari Uwimana, ari Iradukunda, kurahira ntabwo ari umuhango gusa, ugira utya ugahita ariko ntukurikirwe n’ibikorwa bijyana na wo.”

 

Ikosa risubiwemo kenshi riba ryabaye uburwayi

Perezida Kagame kandi yibukije aba bayobozi n’abandi bose bazisanzwemo ko bakwiye kumva ko mu mirimo no mu buzima busanzwe abantu bashobora guteshuka bagakora ikosa, ariko ko ikosa ryabaye rimwe ritagomba gusubirwamo.

Ati “Iyo usubiyemo amakosa kenshi, icyo kiba cyabaye ikindi kibazo, iba yabaye indwara igomba gushakirwa umuti mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Ntabwo abantu baberaho gukora amakosa ariko bakora amakosa, ariko bakora amakosa bakayamenya, bakagira isomo bayavanamo bagatera intambwe bagana imbere.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yibukije ko abantu bashobora no kwirinda no gukora n’iryo kosa kabone n’iyo ryaba rimwe.

Ati “Abantu bashobora kubyirinda, dukwiye kubyirinda, kubera ko tuzi inyungu zabyo ko zikwiriye kuba zigera ku Banyarwanda bose.”

Perezida Kagame kandi yasabye aba bayobozi barahiye kimwe n’abasanzwe mu nshingano kumva neza iyi mirongo yo kwirinda amakosa, kandi abizeza kuzakorana na bo, ariko ko abazagaragaraho ayo makosa batazihanganirwa

Ati “Igisigaye ni ukurwana namwe n’icyaba kibarimo, ndabibwira benshi banyuze aha, ibibazo byinshi ntibituruka hanze, ibibazo byinshi ni twe biturukamo, iyo utarwanye n’ikibazo kikurimo ngo ugitsinde bihora ari urujya n’uruza ku byo nahereyeho mvuga, bigatuma bidatera umuntu umwe gusa ikibazo, ahubwo kubera ko ufite inshingano bigatera ikibazo abandi Banyarwanda cyangwa Igihugu cyose.”

Umukuru w’u Rwanda yibukije aba bayobozi ko iyo bakoze neza kandi bagakorana, umusaruro wigaragaza, ukageza ku iterambere ry’Igihugu n’abagituye bose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 17 =

Previous Post

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.