Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije Polisi y’u Rwanda abafanyabikorwa bayo b’ibanze

radiotv10by radiotv10
24/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yibukije Polisi y’u Rwanda abafanyabikorwa bayo b’ibanze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabwiye Polisi y’u Rwanda ko abaturage ari bo ba mbere bafatanya mu kuzuza inshingano zayo, yibutsa abayobozi bashya bayo barimo IGP Felix Namuhoranye ko uru rwego agiye kuyobora rugomba kubakemurira ibibazo byabo bijyanye n’umutekano.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023 Ubwo yakiraga indaho z’Umuyobozi mushya wa Polisi y’u Rwanda, DCG Felix Namuhoranye ndetse n’umwungirije, CP Vincent Sano.

Perezida Paul Kagame yavuze ko hakomeza gukorwa ibishoboka kugira ngo uru rwego rukomeze kuzuza inshingano zarwo neza.

Perezida Paul Kagame avuga ko uru rwego rukorana n’abaturage, bityo ko na bo baba bakwiye kurufasha kuko inshingano zarwo zihura cyane n’abaturage.

Ati “Hari n’izindi nzego bafatanya ariko mbere na mbere bafatanya n’abaturage ubwabo kandi bakanabafasha, n’abaturage bakwiye kunganira Polisi, na yo mu nshingano zayo ikwiye gufatanya n’abaturage ikabafasha kubakemurira ibibazo bijyana n’umutekano.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko no ku ruhande rw’Igihugu, na cyo gifite inshingano zo guha ubushobozi Polisi y’u Rwanda burimo “ubw’ibikoresho, imbaraga, ubumenyi, amahugurwa; byo kugira ngo Polisi y’Igihugu ibashe kuzuza inshingano zayo neza.”

Avuga ko mu bushobozi bucye bw’Igihugu, haba hagomba kuboneka ubugomba gushyirwa muri Polisi y’u Rwanda, bityo ko aba bayobozi bashya baba bakwiye kuzuza neza inshingano zabo kuko ari mu nyungu z’Igihugu n’iz’abaturage.

Ati “Mu byo dukora byose no muri bicye dufite twibuka gusagurira cyangwa kugenera ibyangombwa bishoboka muri ibyo bicye Polisi kugira ngo ibashe gukora ako kazi kayo.”

Yabwiye aba bayobozi ba Polisi barahiye uyu munsi; ko bakwiye kuzirikana ko ubwo bushobozi bw’Igihugu buba bwashyize muri uru rwego, bagomba kubikoresha buzuza inshingano zabo “kugira ngo icyo abaturage babatezeho gishobore kuboneka kandi gikorwe neza. Icyo bivuze ni ukugira ngo izo nshingano zikwiye kubahirizwa uko bikwiye.”

Akomeza agira ati “Iyo bitageze gutyo na bo bagira uko babibazwa ariko sinibwira ko bigomba kugera aho, cyane cyane iyo bumva ubwo buremere bw’izo nshingano ku bireba abaturage.”

Yavuze ko uretse kuba yabibwiye aba bayobozi ba Polisi ariko ari n’ubutumwa bugenewe abandi bayobozi mu nzego zose zaba ari mu mutekano mu butabera no mu majyambere.

Ati “Ni ko bikwiriye kugenda, nta kubinyura ku ruhande, nta nzira umuntu yakwishakishiriza ngufi, cyane cyane ibyo biba ari uko umuntu yitekerezaho kuruta uko gutekereza inshingano.”

Yavuze ko iyo habaye umuhango nk’uyu uba unakwiye kwibutsa abandi bayobozi ko babereyeho abaturage bityo bakarushaho kunoza no kuzuza inshingano zabo.

IGP mushya DCG Felix Namuhoranye
Umuyobozi Wungirije wa Polisi ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + three =

Previous Post

Andi mafoto y’ubwuzu: Perezida Kagame n’umwuzukuru bishimye

Next Post

IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana

IFOTO: U Rwanda ni rwiza kuva i Nyarugenge kugeza i Bweyeye…TourDuRwanda irabyerekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.