Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yo kuba hari igice cy’Abanyarwanda bigeze kumara igihe kinini ari impunzi na we ubwe yamazemo imyaka 24, ari yo atuma iki Gihugu cyarafashe iya mbere mu kwita ku mibereho y’impunzi atari uko gifite ibya mirenge.

Mu cyumweru gishize Guverinoma y’u Rwanda yemeje mu buryo budasubirwaho ko ukwezi kwa 8/2025 kwasize iki Gihugu cyakiriye abaturage barindwi boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za America, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abantu 250 bagomba koherezwa mu Rwanda bavuye muri iki Gihugu.

Mbere y’amasezerano u Rwanda rwagiranye na US, muri 2022 iki Gihugu cyanagaragaje ko cyiteguye kwakira abanyamahanga bari koherezwa n’u Bwongereza, ariko iki Gihugu cyo ku Mugabane w’u Burayi cyahagaritse aya masezerano atashyirwa mu bikorwa.

Na none kandi u Rwanda rusanzwe rwakira izindi mpunzi zituruka muri Libya kugira ngo zize kuhategerereza Ibihugu bizazakira, ziza zisanga izindi zihamaze imyaka myinshi zahunze u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Kagame avuga ko kuba u Rwanda rwarafashe iya mbere muri gahunda zigamije gutabara impunzi, bifitanye isano n’amateka y’iki Gihugu.

Yagize ati “Iyi ni gahunda ikomoka ku mateka twize nk’Igihugu. Twize amasomo menshi. Njyewe mubona hano imbere yanyu; nabaye mu buhunzi imyaka 24. Nabaga mu nkambi y’impunzi, ku bw’ibyo numva uburemere bwabyo.

Ni yo mpamvu dushobora gutanga umusanzu wacu mu gukemura ikibazo cy’abantu bahunga; mu mikoro yacu adahagije, turacyagerageza kugira icyo dukora.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abagera ku rwego rwo kwirukanwa; baba baragiye basa n’abahunga ibibazo byugarije Ibihugu bakomokamo, aboneraho gusaba byumwihariko urubyiruko kudahunda ibibazo ahubwo rugatanga umusanzu warwo mu kubishakira umuti.

Ati “Iyo hari ibibazo mu Gihugu mbona urubyiruko rwihutira kujya mu mahanga nko mu Bihugu by’i Burayi, Canada, Leta Zunze Ubumwe za America n’ahandi. Icya mbere mu Bihugu byose haba ibibazo, wenda Umugabane wacu ushobora kuba ufite ibibazo byinshi kurenza abandi, ariko buriya twakabaye dushyira imbaraga mu kubikemura aho kubihunga.

Ubutumwa bworoshye ku rubyiruko ni ukubasaba ko mwareka guhunga ibibazo, kuko n’aho muhungira muzahasanga ibibazo bishobora no kuba ari byinshi, byumwihariko igihe bazaba bagusubije aho waturutse.”

Iyi gahunda y’u Rwanda yo kugira ubushake mu gushakira umuti ibibazo by’ubuhunzi, ishimwa n’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, Flippo Grandi nk’uko yabitangarije mu Karere ka Rubavu mu cyumweru gishize.

Nyuma y’amasaha macye aganiriye na Perezida Kagame, uyu Muyobozi wa UNHCR, Grandi yagize ati “Ndamushimira ku bwa politike nziza ireba impunzi. U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga ibihumbi ijana na mirongo ine baturuka mu Bihugu bya Repubulioka Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, kandi politike ibagenga ni nziza.”

Muri Kanama (08) umwaka ushize wa 2024; mu Rwanda habarurwaga impunzi 134 272, aho 60% byazo, ari abaturutse muri DRC, abandi baturutse mu Burundi.

Perezida Kagame kuri uyu wa Mbere ubwo yatangaga ikiganoro i Dakar muri Senegal

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 11 =

Previous Post

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Next Post

Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Mentorship matters: Why every girl deserves a role model

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.