Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yavanye mu kazi abayobozi babiri, barimo Habitegeko Francois wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, wamushimiye ku cyizere yamugiriye, anasaba imbabazi ku bitaragenze neza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kanama 2023.

Uretse Habitegeko Francois wakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Perezida Kagame yanavanye mu nshingano Esperance Mukamana wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka.

Mu butumwa yahise anyuza kuri X (Twitter), Habitegekoyashimiye Perezida wa Repubulika ku cyizere yamugiriye, ku bw’igihe yari amaze ayobora Intara y’Iburengerazuba.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame mbashimiye amahirwe mwampaye yo kuyobora abaturage b’Intara y’Iburengerazuba. Ibitagenze neza ndabisabira imbabazi. Nzakomeza gufatanya n’abandi mu rugamba rwo guteza imbere Igihugu cyacu. Mwarakoze.”

Habitegeko akuwe kuri uyu mwanya nyuma y’iminsi micye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiranye ikiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, akagaruka ku migirire mibi imaze iminsi igaragara, ishingiye ku bikorwa bishobora kubangamira ubumwe bw’Abanyarwanda.

By’umwihariko yagarutse ku kibazo cy’Abakono, cyamenyekanye nyuma y’uko habaye ibirori byiswe ‘iyimikwa ry’umutware w’Abakono’, cyakurikiwe no gukuraho bamwe mu bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, ndetse n’abayobo b’Uturere tunyuranye turimo aka Musanze kabereyemo biriya birori.

Mu Ntara y’Iburengerazuba na ho hamaze iminsi havugwa ibikorwa bitanyuze mu mucyo bya bamwe mu bayobozi, aho mu mpera za Kamena, hasheshwe Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, ikajyana n’abari abayobozi b’aka Karere.

Byavugwaga ko aba bayobozi bataye umurongo w’inshingano zabo, bakigira mu bucuruzi, aho byanavugwaga ko hari ibikorwa by’ubucuruzi by’ibirombe by’umucanga, bikorwa mu buryo bw’uburiganya.

Habitegeko ntakiri Guverineri w’Iburengerazuba
Na Esperance Mukamana yakuwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

Next Post

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.