Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yavanye mu kazi abayobozi babiri, barimo Habitegeko Francois wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, wamushimiye ku cyizere yamugiriye, anasaba imbabazi ku bitaragenze neza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kanama 2023.

Uretse Habitegeko Francois wakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Perezida Kagame yanavanye mu nshingano Esperance Mukamana wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka.

Mu butumwa yahise anyuza kuri X (Twitter), Habitegekoyashimiye Perezida wa Repubulika ku cyizere yamugiriye, ku bw’igihe yari amaze ayobora Intara y’Iburengerazuba.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame mbashimiye amahirwe mwampaye yo kuyobora abaturage b’Intara y’Iburengerazuba. Ibitagenze neza ndabisabira imbabazi. Nzakomeza gufatanya n’abandi mu rugamba rwo guteza imbere Igihugu cyacu. Mwarakoze.”

Habitegeko akuwe kuri uyu mwanya nyuma y’iminsi micye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiranye ikiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, akagaruka ku migirire mibi imaze iminsi igaragara, ishingiye ku bikorwa bishobora kubangamira ubumwe bw’Abanyarwanda.

By’umwihariko yagarutse ku kibazo cy’Abakono, cyamenyekanye nyuma y’uko habaye ibirori byiswe ‘iyimikwa ry’umutware w’Abakono’, cyakurikiwe no gukuraho bamwe mu bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, ndetse n’abayobo b’Uturere tunyuranye turimo aka Musanze kabereyemo biriya birori.

Mu Ntara y’Iburengerazuba na ho hamaze iminsi havugwa ibikorwa bitanyuze mu mucyo bya bamwe mu bayobozi, aho mu mpera za Kamena, hasheshwe Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, ikajyana n’abari abayobozi b’aka Karere.

Byavugwaga ko aba bayobozi bataye umurongo w’inshingano zabo, bakigira mu bucuruzi, aho byanavugwaga ko hari ibikorwa by’ubucuruzi by’ibirombe by’umucanga, bikorwa mu buryo bw’uburiganya.

Habitegeko ntakiri Guverineri w’Iburengerazuba
Na Esperance Mukamana yakuwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

Next Post

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Related Posts

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

IZIHERUKA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda
IMIBEREHO MYIZA

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.