Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga

radiotv10by radiotv10
29/08/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yirukanye abandi bayobozi babiri, umwe ahita agira icyo avuga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; yavanye mu kazi abayobozi babiri, barimo Habitegeko Francois wari Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, wamushimiye ku cyizere yamugiriye, anasaba imbabazi ku bitaragenze neza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kanama 2023.

Uretse Habitegeko Francois wakuwe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Perezida Kagame yanavanye mu nshingano Esperance Mukamana wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubutaka.

Mu butumwa yahise anyuza kuri X (Twitter), Habitegekoyashimiye Perezida wa Repubulika ku cyizere yamugiriye, ku bw’igihe yari amaze ayobora Intara y’Iburengerazuba.

Yagize ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame mbashimiye amahirwe mwampaye yo kuyobora abaturage b’Intara y’Iburengerazuba. Ibitagenze neza ndabisabira imbabazi. Nzakomeza gufatanya n’abandi mu rugamba rwo guteza imbere Igihugu cyacu. Mwarakoze.”

Habitegeko akuwe kuri uyu mwanya nyuma y’iminsi micye, Perezida wa Repubulika Paul Kagame agiranye ikiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, akagaruka ku migirire mibi imaze iminsi igaragara, ishingiye ku bikorwa bishobora kubangamira ubumwe bw’Abanyarwanda.

By’umwihariko yagarutse ku kibazo cy’Abakono, cyamenyekanye nyuma y’uko habaye ibirori byiswe ‘iyimikwa ry’umutware w’Abakono’, cyakurikiwe no gukuraho bamwe mu bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, ndetse n’abayobo b’Uturere tunyuranye turimo aka Musanze kabereyemo biriya birori.

Mu Ntara y’Iburengerazuba na ho hamaze iminsi havugwa ibikorwa bitanyuze mu mucyo bya bamwe mu bayobozi, aho mu mpera za Kamena, hasheshwe Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, ikajyana n’abari abayobozi b’aka Karere.

Byavugwaga ko aba bayobozi bataye umurongo w’inshingano zabo, bakigira mu bucuruzi, aho byanavugwaga ko hari ibikorwa by’ubucuruzi by’ibirombe by’umucanga, bikorwa mu buryo bw’uburiganya.

Habitegeko ntakiri Guverineri w’Iburengerazuba
Na Esperance Mukamana yakuwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Putin nyuma yo kutitabira inama muri Afurika hari amakuru mashya ku yindi yari kuzajyamo

Next Post

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Byinshi ukwiye kumenya ku ndwara itinywa na benshi n’uko ihagaze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.