Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abayobozi 10 barimo abazize ibinyuranyije n’ihame-ngenga ry’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yirukanye abayobozi 10 barimo abazize ibinyuranyije n’ihame-ngenga ry’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi 10 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru n’Abayobozi b’Uturere dutatu two muri iyi Ntara, birukaniwe impamvu zo kutuzuza inshingano zabo, cyane cyane kunanirwa gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda, nyuma y’uko muri iyi Ntara habereye ibiro byiswe “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono.”

Iyirukanwa ry’aba bayobozi rikubiye mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryasohotse mu masaha akuze yo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Iri tangazo riterura rigira riti “Nyuma y’isesengura rimaze gukorwa, rikagaragaza ko bamwe mu bayobozi batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho, None ku wa 08 Kanama, abayobozi bakurikirana bakuwe mu mirimo:”

Abakuwe mu mirimo, ni Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaguru, aho yahise asimburwa by’agateganyo na Nzabonimpa Emmanuel.

Hirukanywe kandi abayobozi mu Karere ka Musanze, barimo Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere, wahise asimburwa by’agateganyo na Bizimana Hamiss, hirukanwa Kamanzi Axele wari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinze imibereho myiza y’abaturage.

Abandi bahagaritswe ni Twagirimana Innocent wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi, na Muzabyimana Francois wari umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi.

Muri aka Karere ka Musanze, ni ho habereye ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, ryamaganywe by’umwihariko n’Umuryango RPF-Inkotanyi wagaragaje ko iki gikorwa kidatanga urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Iki gikorwa cyanagarutsweho cyane, cyatumye uwari Umuyobozi Wungirije w’aka Karere ka Musanze ushinze Iterambere ry’Ubukungu, Rucyahana Mpuhwe Andrew, yegura.

Itangazo rya Minisitiri w’Intebe ryo kuri uyu wa 08 Kanama mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, rigaragaza ko hirukanywe kandi abandi bayobozi barimo abo mu Karere ka Gakenke, nka Nizeyimana Jean Mari Vianney wari Umuyobozi w’aka Karere, wahise asimburwa by’agateganyo na Niyonsenga Aime Francois.

Hahagaritswe kandi Nsanzabandi Rushemeza Charles wari umuyobozi Mukuru w’Imirimo rusange, Kalisa Ngirumpatse Justin wari Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, na Museveni Songa Rusakuza wari umukozi ushinzwe gutanga amasoko.

Naho mu Karere ka Burera, hahagaritswe Uwanyirigira Marie Chantal wari Umuyobozi w’Akarere, wahise asimburwa by’agateganyo na Nshimiyimana Jean Baptiste.

Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru yahagaritswe
Na Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze
Ndetse na Kamanzi Axele wari Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Next Post

Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.