Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abayobozi 10 barimo abazize ibinyuranyije n’ihame-ngenga ry’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yirukanye abayobozi 10 barimo abazize ibinyuranyije n’ihame-ngenga ry’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi 10 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru n’Abayobozi b’Uturere dutatu two muri iyi Ntara, birukaniwe impamvu zo kutuzuza inshingano zabo, cyane cyane kunanirwa gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda, nyuma y’uko muri iyi Ntara habereye ibiro byiswe “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono.”

Iyirukanwa ry’aba bayobozi rikubiye mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryasohotse mu masaha akuze yo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Iri tangazo riterura rigira riti “Nyuma y’isesengura rimaze gukorwa, rikagaragaza ko bamwe mu bayobozi batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda, nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho, None ku wa 08 Kanama, abayobozi bakurikirana bakuwe mu mirimo:”

Abakuwe mu mirimo, ni Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaguru, aho yahise asimburwa by’agateganyo na Nzabonimpa Emmanuel.

Hirukanywe kandi abayobozi mu Karere ka Musanze, barimo Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere, wahise asimburwa by’agateganyo na Bizimana Hamiss, hirukanwa Kamanzi Axele wari Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinze imibereho myiza y’abaturage.

Abandi bahagaritswe ni Twagirimana Innocent wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi, na Muzabyimana Francois wari umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi.

Muri aka Karere ka Musanze, ni ho habereye ibirori byiswe ‘Iyimikwa ry’Umutware w’Abakono’, ryamaganywe by’umwihariko n’Umuryango RPF-Inkotanyi wagaragaje ko iki gikorwa kidatanga urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.

Iki gikorwa cyanagarutsweho cyane, cyatumye uwari Umuyobozi Wungirije w’aka Karere ka Musanze ushinze Iterambere ry’Ubukungu, Rucyahana Mpuhwe Andrew, yegura.

Itangazo rya Minisitiri w’Intebe ryo kuri uyu wa 08 Kanama mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, rigaragaza ko hirukanywe kandi abandi bayobozi barimo abo mu Karere ka Gakenke, nka Nizeyimana Jean Mari Vianney wari Umuyobozi w’aka Karere, wahise asimburwa by’agateganyo na Niyonsenga Aime Francois.

Hahagaritswe kandi Nsanzabandi Rushemeza Charles wari umuyobozi Mukuru w’Imirimo rusange, Kalisa Ngirumpatse Justin wari Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, na Museveni Songa Rusakuza wari umukozi ushinzwe gutanga amasoko.

Naho mu Karere ka Burera, hahagaritswe Uwanyirigira Marie Chantal wari Umuyobozi w’Akarere, wahise asimburwa by’agateganyo na Nshimiyimana Jean Baptiste.

Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru yahagaritswe
Na Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze
Ndetse na Kamanzi Axele wari Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eleven =

Previous Post

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Next Post

Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Ubanza ndi kurota!!: Ifoto ifite ibisobanuro by’ibyishimo gusa gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.