Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Addis Ababa muri Ethiopia yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe izaberamo ibiganiro binyuranye birimo n’ibizagaruka ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame yageze Addis Ababa.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika.

Iyi Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izibanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rusange Nyafurika, dore ko iyi Nteko inafite insanganyamatsiko igira iti “Umwaka w’Isoko Rusange Nyafurika, kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rihuriweho na Afurika.”

Iri soko rusange nyafurika ryanatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo bw’igerageza, aho bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatangiye gukorerwamo igerageza ry’iri soko, birimo n’u Rwanda.

Mu mirimo y’iyi nteko kandi, hateganyijwe n’ibiganiro bizibanda ku ngingo zinyuranye birimo ibigamije gukomeza politiki zo kuzamura iterambere ry’umugabane wa Afurika ndetse n’abayituye.

Hazanaba ibiganiro bizibanda ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizanitabirwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Hazanaba n’Ibiganiro by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bizongera kurebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro inyuranye yagiye ifatirwa mu nama zitandukanye zirimo iz’i Luanda muri Angola ndetse n’i Nairobi muri Kenya, zose zari zigamije gushakira amahoro DRC.

Perezida Kagame ubwo yari ageze i Addis Ababa
Yahawe ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Gatsibo: Umuyobozi arakekwaho icyaha gikomeye yakoreye umuturage amuhoye ikintu gitangaje

Next Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.