Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Addis Ababa muri Ethiopia yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe izaberamo ibiganiro binyuranye birimo n’ibizagaruka ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame yageze Addis Ababa.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika.

Iyi Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izibanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rusange Nyafurika, dore ko iyi Nteko inafite insanganyamatsiko igira iti “Umwaka w’Isoko Rusange Nyafurika, kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rihuriweho na Afurika.”

Iri soko rusange nyafurika ryanatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo bw’igerageza, aho bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatangiye gukorerwamo igerageza ry’iri soko, birimo n’u Rwanda.

Mu mirimo y’iyi nteko kandi, hateganyijwe n’ibiganiro bizibanda ku ngingo zinyuranye birimo ibigamije gukomeza politiki zo kuzamura iterambere ry’umugabane wa Afurika ndetse n’abayituye.

Hazanaba ibiganiro bizibanda ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizanitabirwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Hazanaba n’Ibiganiro by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bizongera kurebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro inyuranye yagiye ifatirwa mu nama zitandukanye zirimo iz’i Luanda muri Angola ndetse n’i Nairobi muri Kenya, zose zari zigamije gushakira amahoro DRC.

Perezida Kagame ubwo yari ageze i Addis Ababa
Yahawe ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Gatsibo: Umuyobozi arakekwaho icyaha gikomeye yakoreye umuturage amuhoye ikintu gitangaje

Next Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.