Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Ethiopia

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Addis Ababa muri Ethiopia yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe izaberamo ibiganiro binyuranye birimo n’ibizagaruka ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 16 Gashyantare, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko Perezida Kagame yageze Addis Ababa.

Umukuru w’u Rwanda yitabiriye imirimo y’Inteko Rusange isanzwe ya 36 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izitabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika.

Iyi Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izibanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rusange Nyafurika, dore ko iyi Nteko inafite insanganyamatsiko igira iti “Umwaka w’Isoko Rusange Nyafurika, kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’isoko rihuriweho na Afurika.”

Iri soko rusange nyafurika ryanatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo bw’igerageza, aho bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika byatangiye gukorerwamo igerageza ry’iri soko, birimo n’u Rwanda.

Mu mirimo y’iyi nteko kandi, hateganyijwe n’ibiganiro bizibanda ku ngingo zinyuranye birimo ibigamije gukomeza politiki zo kuzamura iterambere ry’umugabane wa Afurika ndetse n’abayituye.

Hazanaba ibiganiro bizibanda ku bibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizanitabirwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Hazanaba n’Ibiganiro by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bizongera kurebera hamwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro inyuranye yagiye ifatirwa mu nama zitandukanye zirimo iz’i Luanda muri Angola ndetse n’i Nairobi muri Kenya, zose zari zigamije gushakira amahoro DRC.

Perezida Kagame ubwo yari ageze i Addis Ababa
Yahawe ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + thirteen =

Previous Post

Gatsibo: Umuyobozi arakekwaho icyaha gikomeye yakoreye umuturage amuhoye ikintu gitangaje

Next Post

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.