Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bimwe mu Bihugu n’Imiryango mpuzamahanga ikwiye guhindura imyumvire ntibahore babona Umugabane wa Afurika nk’uw’ibyago, ahubwo ko ari uw’amahirwe menshi, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kuyabyaza umusaruro.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganira yatangiye i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024 mu Ihuriro Mpuzamahanga rya World Economic Forum, cyagarukaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bagomba guhindura imyumvire bakareka gufata umugabane wa Afurika nk’ahantu hari ibyago byinshi by’igihombo.

Yavuze ko uyu Mugabane ufite amahirwe menshi mu nzego zose, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ryawo.

Yagize ati “Tuvuga ubuhinzi n’uburyo bwo gutunganya umusaruro wabwo, tuvuga kandi uburyo bwo gukora ibikoresho byo kwa muganga, tukavuga gutwara abantu n’ibicuruzwa. Ndatekereza ko ibi ari ingenzi cyane.”

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano.

Ati “Mu Rwanda tugerageza gukora ibyo dusabwa kugira ngo Abanyafurika baze mu Rwanda nta nzitizi. Tworoheje imitangire ya viza, ubu umuntu wese uje mu Rwanda ahabwa viza ari uko ahageze, cyeretse ku bantu bafite ibibazo, ibyo bikemurwa mu bundi buryo.

Ndetse turi no gukora kuri izi ngingo z’ingenzi, urugero ni mu gukora ibikoresho byo kwa muganga. Duherutse gutangiza ubufatanye na BioNTech. Kandi turashima Banki Nyafurika y’iterambere yashyizeho ikigo nyafurika ku ikoranabuhanga mu buvuzi, kinafite ishami i Kigali.”

Aya amasezerano y’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika yasinyiwe i Kigali muri 2018, yatangiye kugeragerezwa mu Bihugu binyuranye kuva muri 2020, ndetse u Rwanda rukaba na rwo rwarinjiye muri iri gerageza muri 2021.

Perezida Kagame yasabye Ibihugu bya Afurika gutangira gushyiraho imirongo yorohereza Isoko rusange rya Afurika
Ni ikiganiro cyarimo na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + thirteen =

Previous Post

Gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza yateye intambwe iyiganisha ku ntsinzi

Next Post

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Related Posts

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y'urugamba rw'amasasu no kurwanisha umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.