Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bimwe mu Bihugu n’Imiryango mpuzamahanga ikwiye guhindura imyumvire ntibahore babona Umugabane wa Afurika nk’uw’ibyago, ahubwo ko ari uw’amahirwe menshi, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kuyabyaza umusaruro.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganira yatangiye i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024 mu Ihuriro Mpuzamahanga rya World Economic Forum, cyagarukaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bagomba guhindura imyumvire bakareka gufata umugabane wa Afurika nk’ahantu hari ibyago byinshi by’igihombo.

Yavuze ko uyu Mugabane ufite amahirwe menshi mu nzego zose, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ryawo.

Yagize ati “Tuvuga ubuhinzi n’uburyo bwo gutunganya umusaruro wabwo, tuvuga kandi uburyo bwo gukora ibikoresho byo kwa muganga, tukavuga gutwara abantu n’ibicuruzwa. Ndatekereza ko ibi ari ingenzi cyane.”

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano.

Ati “Mu Rwanda tugerageza gukora ibyo dusabwa kugira ngo Abanyafurika baze mu Rwanda nta nzitizi. Tworoheje imitangire ya viza, ubu umuntu wese uje mu Rwanda ahabwa viza ari uko ahageze, cyeretse ku bantu bafite ibibazo, ibyo bikemurwa mu bundi buryo.

Ndetse turi no gukora kuri izi ngingo z’ingenzi, urugero ni mu gukora ibikoresho byo kwa muganga. Duherutse gutangiza ubufatanye na BioNTech. Kandi turashima Banki Nyafurika y’iterambere yashyizeho ikigo nyafurika ku ikoranabuhanga mu buvuzi, kinafite ishami i Kigali.”

Aya amasezerano y’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika yasinyiwe i Kigali muri 2018, yatangiye kugeragerezwa mu Bihugu binyuranye kuva muri 2020, ndetse u Rwanda rukaba na rwo rwarinjiye muri iri gerageza muri 2021.

Perezida Kagame yasabye Ibihugu bya Afurika gutangira gushyiraho imirongo yorohereza Isoko rusange rya Afurika
Ni ikiganiro cyarimo na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 18 =

Previous Post

Gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza yateye intambwe iyiganisha ku ntsinzi

Next Post

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y'urugamba rw'amasasu no kurwanisha umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.