Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago

radiotv10by radiotv10
18/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yongeye kuvuga ko Afurika idakwiye gukomeza kubonerwa mu ndorerwamo y’ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bimwe mu Bihugu n’Imiryango mpuzamahanga ikwiye guhindura imyumvire ntibahore babona Umugabane wa Afurika nk’uw’ibyago, ahubwo ko ari uw’amahirwe menshi, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kuyabyaza umusaruro.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu kiganira yatangiye i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mutarama 2024 mu Ihuriro Mpuzamahanga rya World Economic Forum, cyagarukaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ry’Umugabane wa Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bagomba guhindura imyumvire bakareka gufata umugabane wa Afurika nk’ahantu hari ibyago byinshi by’igihombo.

Yavuze ko uyu Mugabane ufite amahirwe menshi mu nzego zose, bityo n’Ibihugu byawo bikwiye kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’isoko rusange ryawo.

Yagize ati “Tuvuga ubuhinzi n’uburyo bwo gutunganya umusaruro wabwo, tuvuga kandi uburyo bwo gukora ibikoresho byo kwa muganga, tukavuga gutwara abantu n’ibicuruzwa. Ndatekereza ko ibi ari ingenzi cyane.”

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu ishyirwa mu bikorwa ry’aya amasezerano.

Ati “Mu Rwanda tugerageza gukora ibyo dusabwa kugira ngo Abanyafurika baze mu Rwanda nta nzitizi. Tworoheje imitangire ya viza, ubu umuntu wese uje mu Rwanda ahabwa viza ari uko ahageze, cyeretse ku bantu bafite ibibazo, ibyo bikemurwa mu bundi buryo.

Ndetse turi no gukora kuri izi ngingo z’ingenzi, urugero ni mu gukora ibikoresho byo kwa muganga. Duherutse gutangiza ubufatanye na BioNTech. Kandi turashima Banki Nyafurika y’iterambere yashyizeho ikigo nyafurika ku ikoranabuhanga mu buvuzi, kinafite ishami i Kigali.”

Aya amasezerano y’Isoko Rusange ry’Umugabane wa Afurika yasinyiwe i Kigali muri 2018, yatangiye kugeragerezwa mu Bihugu binyuranye kuva muri 2020, ndetse u Rwanda rukaba na rwo rwarinjiye muri iri gerageza muri 2021.

Perezida Kagame yasabye Ibihugu bya Afurika gutangira gushyiraho imirongo yorohereza Isoko rusange rya Afurika
Ni ikiganiro cyarimo na Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo

David NZABONIMPA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira bavuye mu Bwongereza yateye intambwe iyiganisha ku ntsinzi

Next Post

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y’urugamba rw’amasasu no kurwanisha umubiri

Andi mafoto y’Abasirikare ba RDF basoje imyitozo ihanitse y'urugamba rw'amasasu no kurwanisha umubiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.