Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron uri mu ruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabwiye ubutegetsi bw’iki Gihugu guhagarika guhora bwegeka ibibazo ku mahanga kuko atari shyashya ahubwo ko ari bwo bwananiwe gukemura ibibazo byugarije iki Gihugu kuva mu 1994.

Perezida Emmanuel Macron yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru aho yari kumwe na mugenzi we Felix Tshisekedi.

Muri iki kiganiro cyakurikiye ibiganiro byo mu muhezo byahuje aba Bakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Tshisekedi nkuko bisanzwe yongeye gushinja u Rwanda ko ari rwo kibazo, asaba ko rugomba gufatirwa ibihano.

Perezida Emmanuel Macron kandi yabajijwe n’umwe mu banyamakuru b’Igitangazamakuru cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, icyo ubutegetsi bw’Igihugu cye buteganya gukora ngo kuko bufite uruhare mu bibazo biri muri iki Gihugu cya Congo.

Uyu munyamakuru yavuze ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gufasha abagize umutwe wa FDLR kwinjira muri Congo none uyu mutwe washinzwe n’aba bari bamaze gukora Jenoside mu Rwanda, bamaze kwivugana Abanyekongo barenga miliyoni 10.

Emmanuel Macron yavuze ko yiteguye gushyiraho komisiyo izakora ubucukumbuzi kuri ibi bishinjwa u Bufaransa kugira ngo bunagire icyo bukora.

Icyakora yagaragaje ko ibibazo by’umutekano mucye byabaye akarande mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishinze imizi ku butegetsi bw’iki Gihugu bunaniwe.

Yagavuze ko kuva mu 1994 muri iki Gihugu cya Congo havutse imitwe myinshi yitwaje intwaro ariko ubutegetsi bwacyo nabwo bukaba bwararanzwe no kudashobora.

Ati “Ntabwo ari ikibazo cy’u Bufaransa, mumbabarire kubivuga uko. Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yakomeje agira ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

Muri iki kiganiro kandi hagaragayemo igisa nko kudahuza hagati ya Perezida Emmanuel Macron na Felix Tshisekedi bageze aho bacana mu ijambo ubwo umwe yavugaga ibyo atumva kimwe n’undi.

Perezida Macron waraye ageze i Kinshasa mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, yageze muri DRC nyuma yuko bamwe mu Banyekongo biraye mu mihanda bamagana uruzinduko rwe, aho bamushinjaga kuba Igihugu cye ngo ari inshuti y’u Rwanda bityo ko ngo ntaho bitandukaniye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 3 =

Previous Post

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Next Post

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.