Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga

radiotv10by radiotv10
04/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Macron yabwije Tshisekedi ukuri kuryana mu kiganiro cyavuzwemo ibitatekerezwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron uri mu ruzinduko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabwiye ubutegetsi bw’iki Gihugu guhagarika guhora bwegeka ibibazo ku mahanga kuko atari shyashya ahubwo ko ari bwo bwananiwe gukemura ibibazo byugarije iki Gihugu kuva mu 1994.

Perezida Emmanuel Macron yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Werurwe 2023 mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru aho yari kumwe na mugenzi we Felix Tshisekedi.

Muri iki kiganiro cyakurikiye ibiganiro byo mu muhezo byahuje aba Bakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Tshisekedi nkuko bisanzwe yongeye gushinja u Rwanda ko ari rwo kibazo, asaba ko rugomba gufatirwa ibihano.

Perezida Emmanuel Macron kandi yabajijwe n’umwe mu banyamakuru b’Igitangazamakuru cyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, icyo ubutegetsi bw’Igihugu cye buteganya gukora ngo kuko bufite uruhare mu bibazo biri muri iki Gihugu cya Congo.

Uyu munyamakuru yavuze ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gufasha abagize umutwe wa FDLR kwinjira muri Congo none uyu mutwe washinzwe n’aba bari bamaze gukora Jenoside mu Rwanda, bamaze kwivugana Abanyekongo barenga miliyoni 10.

Emmanuel Macron yavuze ko yiteguye gushyiraho komisiyo izakora ubucukumbuzi kuri ibi bishinjwa u Bufaransa kugira ngo bunagire icyo bukora.

Icyakora yagaragaje ko ibibazo by’umutekano mucye byabaye akarande mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bishinze imizi ku butegetsi bw’iki Gihugu bunaniwe.

Yagavuze ko kuva mu 1994 muri iki Gihugu cya Congo havutse imitwe myinshi yitwaje intwaro ariko ubutegetsi bwacyo nabwo bukaba bwararanzwe no kudashobora.

Ati “Ntabwo ari ikibazo cy’u Bufaransa, mumbabarire kubivuga uko. Ntimwabashije kubungabunga ubusugire bw’Igihugu, yaba mu rwego rwa gisirikare, yaba urw’umutekano ndetse n’ubuyobozi, ibyo ni ukuri.”

Yakomeje agira ati “Ntimukwiye guhora mushaka impamvu zituruka hanze mushinja abandi ibibazo. Mumaze igihe kinini mu bihe nk’ibi byahitanye ubuzima bw’abagera muri za miliyoni tutagomba kwirengagiza. Abafite uruhare rwo kubihagarika ba mbere ni hano ntabwo ari u Bufaransa.”

Muri iki kiganiro kandi hagaragayemo igisa nko kudahuza hagati ya Perezida Emmanuel Macron na Felix Tshisekedi bageze aho bacana mu ijambo ubwo umwe yavugaga ibyo atumva kimwe n’undi.

Perezida Macron waraye ageze i Kinshasa mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Werurwe 2023, yageze muri DRC nyuma yuko bamwe mu Banyekongo biraye mu mihanda bamagana uruzinduko rwe, aho bamushinjaga kuba Igihugu cye ngo ari inshuti y’u Rwanda bityo ko ngo ntaho bitandukaniye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Perezida Macron yasesekaye muri DRCongo yakirwa bidasanzwe

Next Post

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

N’amarira bayabuze: Ibyabaye kuri ManUnited byatumye abafana bayo babura ayo bacira n’ayo bamira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.