Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

radiotv10by radiotv10
30/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutwe wa M23 uvuze kenshi ko mu bo bahanganye harimo n’abasirikare b’u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’iki Gihugu, yemeje ko igisirikare cye cyagiye gutabara Congo kuko ari umuturanyi na we wabafasha igihe baba bugarijwe.

Kuva imirwano yakongera kubura hagati y’umutwe wa M23 n’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDRL, hakunze kuvugwa amakuru ko ingabo z’u Burundi na zo zinjiye muri ubu bufatanye bwo guhashya umutwe wa M23.

Umutwe wa M23 wagiye ubitangaza kenshi, ndetse ukanagaragaza imfungwa zafatiwe ku rugamba zirimo abasirikare b’u Burundi, banagaragazaga imyirondoro yabo n’uburyo bahagurutse mu Burundi babwirwa ko bagiye guhangana na M23.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu cyumweru gishize ubwo yashimiraga inzego z’umutekano z’Igihugu cye mu muhango wabereye i Gitega, yashimiye ingabo ziri mu butumwa zirimo n’iziri muri Congo, ariko yirinda gukomoza kuri ibi birego byari bimaze iminsi bivugwa na M23.

Ubwo yari mu kiganiro n’umunyamakuru, Perezira Ndayishimiye yabajijwe kuri iki kibazo niba koko ingabo z’u Burundi ziri mu ruhande ruhanganye na M23, abyemeza adaciye ku ruhande.

Yavuze ko u Burundi busanzwe bufitanye amasezerano na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bya gisirikare, bityo ko ntacyabuza Igihugu kimwe gutabara ikindi mu gihe cyugarijwe n’umwanzi.

Yagize ati “Kuko inzu y’umuturanyi nishya, ntujye kuyizimya, nawe iyawe nishya, ntabwo azaza kandi ntawumenya ibiza uko biza. Iyo rero u Burundi butabara Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigiye gutabara nk’uko cyitabara kuko intambara niza usabwa kumenya kuyirwana utarayirwana.”

Umutwe wa M23 kandi wakunze kuvuga ko mu bo wagiye wivugana bo ku ruhande bahanganye, harimo n’abasirikare b’u Burundi, ndetse bamwe mu Barundi bakaba baherutse kotsa igitutu Leta yabo gusobanura iby’abasirikare b’Igihugu cyabo bari kugwa muri uru rugamba.

Muri iki kiganiro, Perezida Ndayishimiye yavuze ko intambara igira ibyayo, bityo ko kuba hari abayigwamo, ari ibisanzwe.

Ati “sinzi niba abantu bazi intambara, intambara ni umukino wo gupfa. Iyo wanze gupfa, ntuba umusirikare, uhita witahira. Umusirikare abanza kumva mu mutwe ko gupfa apfiriye Igihugu, mwebwe mutari abasirikare n’abapolisi, mwumva urusasu mukajya aho rutaturikiye, bo biruka bajya aho rwaturikiye.”

Ni mu gihe kandi uru rugamba ruri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rukomeje guhindura isura, ndetse kuri uyu wa Gatanu rukaba rwakomereje mu bice byegereye umujyi wa Goma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 16 =

Previous Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Next Post

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.