Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

radiotv10by radiotv10
30/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutwe wa M23 uvuze kenshi ko mu bo bahanganye harimo n’abasirikare b’u Burundi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’iki Gihugu, yemeje ko igisirikare cye cyagiye gutabara Congo kuko ari umuturanyi na we wabafasha igihe baba bugarijwe.

Kuva imirwano yakongera kubura hagati y’umutwe wa M23 n’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo na FDRL, hakunze kuvugwa amakuru ko ingabo z’u Burundi na zo zinjiye muri ubu bufatanye bwo guhashya umutwe wa M23.

Umutwe wa M23 wagiye ubitangaza kenshi, ndetse ukanagaragaza imfungwa zafatiwe ku rugamba zirimo abasirikare b’u Burundi, banagaragazaga imyirondoro yabo n’uburyo bahagurutse mu Burundi babwirwa ko bagiye guhangana na M23.

Perezida Evariste Ndayishimiye, mu cyumweru gishize ubwo yashimiraga inzego z’umutekano z’Igihugu cye mu muhango wabereye i Gitega, yashimiye ingabo ziri mu butumwa zirimo n’iziri muri Congo, ariko yirinda gukomoza kuri ibi birego byari bimaze iminsi bivugwa na M23.

Ubwo yari mu kiganiro n’umunyamakuru, Perezira Ndayishimiye yabajijwe kuri iki kibazo niba koko ingabo z’u Burundi ziri mu ruhande ruhanganye na M23, abyemeza adaciye ku ruhande.

Yavuze ko u Burundi busanzwe bufitanye amasezerano na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bya gisirikare, bityo ko ntacyabuza Igihugu kimwe gutabara ikindi mu gihe cyugarijwe n’umwanzi.

Yagize ati “Kuko inzu y’umuturanyi nishya, ntujye kuyizimya, nawe iyawe nishya, ntabwo azaza kandi ntawumenya ibiza uko biza. Iyo rero u Burundi butabara Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigiye gutabara nk’uko cyitabara kuko intambara niza usabwa kumenya kuyirwana utarayirwana.”

Umutwe wa M23 kandi wakunze kuvuga ko mu bo wagiye wivugana bo ku ruhande bahanganye, harimo n’abasirikare b’u Burundi, ndetse bamwe mu Barundi bakaba baherutse kotsa igitutu Leta yabo gusobanura iby’abasirikare b’Igihugu cyabo bari kugwa muri uru rugamba.

Muri iki kiganiro, Perezida Ndayishimiye yavuze ko intambara igira ibyayo, bityo ko kuba hari abayigwamo, ari ibisanzwe.

Ati “sinzi niba abantu bazi intambara, intambara ni umukino wo gupfa. Iyo wanze gupfa, ntuba umusirikare, uhita witahira. Umusirikare abanza kumva mu mutwe ko gupfa apfiriye Igihugu, mwebwe mutari abasirikare n’abapolisi, mwumva urusasu mukajya aho rutaturikiye, bo biruka bajya aho rwaturikiye.”

Ni mu gihe kandi uru rugamba ruri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rukomeje guhindura isura, ndetse kuri uyu wa Gatanu rukaba rwakomereje mu bice byegereye umujyi wa Goma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

M23 yatangaje igishya mu rugamba ihanganyemo na FARDC rukomeje guhindura isura

Next Post

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

U Rwanda rwifashishije ikimenyetso rugaragaza ko rudashobora gukora nk’ibyo rwashinjwe na Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.