Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yavuze ku bahungiye mu Rwanda bamaze gukorera Nkurunziza Coup d’état ikabapfubana

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yavuze ku bahungiye mu Rwanda bamaze gukorera Nkurunziza Coup d’état ikabapfubana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yagarutse ku bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza bikabapfubana, bivugwa ko bahungiye mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze imyaka umunani urimo igitotsi cyaturutse ku Barundi bamwe bahungiye mu Rwanda muri 2015 ubwo muri iki Gihugu cy’u Burundi habaga imvururu.

Izi mvururu zabaye mu gihe bamwe mu basirikare bakuru b’u Burundi bageragezaga guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza ariko bigapfuba.

Leta y’u Burundi yakunze gushinja iy’u Rwanda gucumbikira aba bakoze ririya hirika, mu gihe u Rwanda rwo rwavugaga ko rwo rwakiriye impunzi kandi rukazigenera ibiteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurari 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko abo bantu bagerageje gukora iriya Coup d’état yo muri 2015, bamwoherereje ubutumwa busaba imbabazi.

Uyu mukuru w’u Burundi yavuze ko ari kuganira n’abo bantu kugira ngo ibibazo Bihari bishyirwe ku murongo.

Evariste Ndayishimiye kandi yavuze ko kubyutsa umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda biri kugenda neza ku buryo yizeye ko mu gihe cya vuba Ibihugu byombi bizaba bibanye neza.

Abakuru b’Ibihugu byombi bamaze iminsi bagaragaza ko ibiganiro byo kuzahura umubano bimeze neza kandi ko hari ubushake bwa politiki ku mpande zombi.

Ibihugu byombi byagiye byohererezanya intumwa aho tariki 15 Werurwe 2022,

Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye intumwa  ziturutse mu Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira wanamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we Paul Kagame.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko u Burundi n’u Rwanda biri kubyutsa umubano
Yabivuze mu kiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

Apotre Mutabazi yahawe urw’amenyo kubera imodoka yagaragaje ko ari iye

Next Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Related Posts

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

IZIHERUKA

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi
MU RWANDA

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.