Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Ndayishimiye yavuze ku bahungiye mu Rwanda bamaze gukorera Nkurunziza Coup d’état ikabapfubana

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Ndayishimiye yavuze ku bahungiye mu Rwanda bamaze gukorera Nkurunziza Coup d’état ikabapfubana
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yagarutse ku bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza bikabapfubana, bivugwa ko bahungiye mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze imyaka umunani urimo igitotsi cyaturutse ku Barundi bamwe bahungiye mu Rwanda muri 2015 ubwo muri iki Gihugu cy’u Burundi habaga imvururu.

Izi mvururu zabaye mu gihe bamwe mu basirikare bakuru b’u Burundi bageragezaga guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza ariko bigapfuba.

Leta y’u Burundi yakunze gushinja iy’u Rwanda gucumbikira aba bakoze ririya hirika, mu gihe u Rwanda rwo rwavugaga ko rwo rwakiriye impunzi kandi rukazigenera ibiteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurari 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze ko abo bantu bagerageje gukora iriya Coup d’état yo muri 2015, bamwoherereje ubutumwa busaba imbabazi.

Uyu mukuru w’u Burundi yavuze ko ari kuganira n’abo bantu kugira ngo ibibazo Bihari bishyirwe ku murongo.

Evariste Ndayishimiye kandi yavuze ko kubyutsa umubano w’Igihugu cye n’u Rwanda biri kugenda neza ku buryo yizeye ko mu gihe cya vuba Ibihugu byombi bizaba bibanye neza.

Abakuru b’Ibihugu byombi bamaze iminsi bagaragaza ko ibiganiro byo kuzahura umubano bimeze neza kandi ko hari ubushake bwa politiki ku mpande zombi.

Ibihugu byombi byagiye byohererezanya intumwa aho tariki 15 Werurwe 2022,

Perezida Evariste Ndayishimiye yakiriye intumwa  ziturutse mu Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira wanamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we Paul Kagame.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko u Burundi n’u Rwanda biri kubyutsa umubano
Yabivuze mu kiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 12 =

Previous Post

Apotre Mutabazi yahawe urw’amenyo kubera imodoka yagaragaje ko ari iye

Next Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.