Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Ruto yagaragarije i Burundi umuti w’ikibazo kigituma ubucuruzi hagati y’Ibihugu bya Afurika bugicumbagira

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Ruto yagaragarije i Burundi umuti w’ikibazo kigituma ubucuruzi hagati y’Ibihugu bya Afurika bugicumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto wa Kenya, ubwo yari mu nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bya COMESA, yavuze ko ubucuruzi no guhahirana mu Bihugu bigize Afurika, bikizitirwa n’umusaruro udahagije, ndetse n’ibikorwa remezo bikiri hasi, agaragaza ibikwiye gukorwa.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024 mu Nama ya 23 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Isokoro Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), yabereye i Bujumbura mu Burundi.

Muri iyi nama hagaragajwe ko mu myaka 30 ishize uyu Muryango ubayeho; ubucuruzi bw’Ibihugu biwugize buri ku rugero rwa 10%, ndetse hanafatwa ingamba zo gushaka uburyo iki gipimo cyazamuka.

Hagaragajwe kandi ko iri soko rigizwe n’abantu bangana na miliyoni 640, imbumbe y’ubukungu bwaryo ingana na miliyari 1 000 USD. Ariko ubucuruzi bakorana hagati yabo bungana na miliyari 14 USD, Ibyo bikaba bingana na 10% y’ubucuruzi bwose ibi bihugu bikora, nyamara ibyo bohereza hanze y’uyu muryango bifite agaciro ka miliyari 219 USD.

Perezida Zambia, Hakainde Hichilema yagize ati “Buri gihe iyo dutekereje ishoramari riva hanze; ntabwo dutekereza ku baturanyi bacu, duhita twishyiramo Abanyaburayi, Asia na America.

Tugomba gutekereza kuri iki kibazo. Birasanzwe kandi birumvikana neza ko tugomba gutekereza ku baturanyi bacu mbere yo kujya kure. Dufite ubutunzi bwinshi mu Bihugu byacu, ariko ntitububyaza umusaruru uko bikwiye, nyamara inyungu zabyo ku bukungu zirigaragaza ntibisaba kuzisobanura.”

Perezida wa Kenya Dr William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yavuze ko imikoranire y’Ibihugu byo muri uyu Muryango n’ibyo muri Afurika, igorwa n’ingingo ebyeri z’ingenzi.

Yagize ati “Ikibazo tugira mu bucuruzi hagati y’uyu Muryango wa COMESA ndetse no ku Mugabane wa Afurika muri rusange; ni uko tudafite ibyo ducuruza. Ni ngombwa kubaka ubushobozi bwo kubona umusaruro, tukita cyane ku buhinzi. Ikindi ni ibikorwa remezo; dukeneye kongera ibikorwa remezo by’ingufu bikazigeza mu Bihugu byacu.”

Yakomeje atanga urugero ku Gihugu cye, ati “Nk’ubu muri Kenya dufite ingufu nyinshi ziva ku izuba, n’iziva ku muyaga, ibyo bizatuma izo ngufu zidufasha mu guteza imbere inganda, kongerera agaciro umusaruro w’ibyo dukorera mu Bihugu byacu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA), Amb. Claver Gatete yasabye Ibihugu bigize uyu Muryango wa COMEZA gushyira imbere imikoranire n’indi miryango y’ubukungu, kuko byazatuma barushaho gutera imbere.

Yagize ati “Ntawakwirengagiza umusaruro w’ibiganiro byabaye hagati ya COMESA, Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba na SADEC bigamije imikoranire. Inyungu zabyo ntizigereranywa ku iterambere ry’Umugabane wa Africa. Iyi miryango itatu yihariye 60% y’umusaruro mbumbe w’Umugabane wa Afurika. Ibihugu bine muri bitanu bikomeye mu bukungu bwa Afurika; ari byo Misiri, Ethiopia, Kenya na Afurika y’Epfo biri muri iyi miryango itatu. Tugomba no kwibuka ko 80% by’ubucuruzi bukorwa muri Afurika; bukorerwa mu Muryango y’Ubukungu bw’Uturere, bityo rero gukorana n’indi miryango ntako bisa.”

Imibare igaragaza ko ubwiyongere bw’imikoranire mu bucuruzi bukiri hasi; kuko ibicuruzwa byo muri uyu muryango wa COMESA byoherezwa hanze yawo. Iyi mibare ishimangira ko muri 2020 ubucuruzi bwakozwe hagati y’ibi Bihugu 21 bwari bufite agaciro ka miliyari 10 USD, muri 2023 aka gaciro kagera kuri miliyari 14 USD. Bivuze ko mu myaka itatu ubu bucuruzi byihongereyeho ku rugero rwa 40%.

Ni mu gihe ibicuruzwa, ibi Bihugu byo muri COMESA byacuruje hanze y’uyu muryango byari bifite agaciro ka miliyari 100 USD muri 2020; bigera kuri miliyari 219 USD muri 2023.

Perezida Hakainde Hichilema yavuze ko Afurika igomba guhindura imyumvire

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 6 =

Previous Post

BREAKING: Bishop Harerimana n’umugore we bari bafunzwe barekuwe

Next Post

Kigali: Uregwa kwica umwana yibyariye wabanje kubyegeka ku mugabo we yageze aho abitangaho umucyo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Kigali: Uregwa kwica umwana yibyariye wabanje kubyegeka ku mugabo we yageze aho abitangaho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.