Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Tanzania ukubutse mu Rwanda yakiriye Ambasaderi mushya warwo General Nyamvumba
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Tanzania, General Patrick Nyamvumba, yashyikirije impapuro Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan; ukubutse mu Rwanda, aho yari yitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2024, nyuma y’amasaha macye Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan avuye mu Rwanda, aho yari umwe mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida Paul Kagame byabaye ku Cyumweru tariki 11 Kanama.

Ibiro bya Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania, mu butumwa byatanze kuri uyu wa Mbere, byagize biti “Uyu munsi Uwahawe guhagararira u Rwanda muri Tanzania, Amb. Gen Patrick Nyamvumba, yashyikirije impapuro Nyakubahwa Dr Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Tanzania.”

Amb. Gen Patrick Nyamvumba yashyikirije Perezida wa Tanzania impapuro zo guhagararira u Rwanda muri iki Gihugu, nyuma y’icyumweru kimwe, anazishyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane bwa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Mahmoud Thabit Kombo.

General Patrick Nyamvumba watanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Tanzania, yagizwe Ambasaderi mu ntangiro z’uyu mwaka, inshingano yahawe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 27 Gashyantare 2024.

Ambasaderi Gen. Nyamvumba yasimbuye Amb. Fatou Harerimana we wahawe ishingano zo guhagararira u Rwanda muri Pakistan, nyuma y’uko yari amaze umwaka umwe aruhagarariye muri Tanzania, aho yari yasimbuye Maj Gen Charkes Karamba, we wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia.

General Nyamvumba kandi, mu bihe byatambutse yagize inshingano zinyuranye mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, yanabereye Umugaba Mukuru wazo.

Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Tanzania yakiriwe mu biro na Perezida Samia Suluhu Hassan

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =

Previous Post

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Next Post

Akanyamuneza ni kose ku munyarwenya akaba n’umunyamakuru uzwi mu Rwanda wateye intambwe mu rukundo

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Akanyamuneza ni kose ku munyarwenya akaba n’umunyamakuru uzwi mu Rwanda wateye intambwe mu rukundo

Akanyamuneza ni kose ku munyarwenya akaba n’umunyamakuru uzwi mu Rwanda wateye intambwe mu rukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.