Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’umwaka utaha, ahamagarira Abanyamerika kuzongera gushishoza bakamuhitamo.

Perezida Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, ko agiye guhatanira manda ya kabiri, ku buryo Abanyamerika baramutse bamuhisemo yaguma muri White House.

Mu ijambo yatangaje bwatambutse mu buryo bw’amashusho, nyuma y’igihe butegerejwe n’Abanyamerika benshi ndetse n’abatuye Isi benshi, bibazaga niba Biden azongera kwiyamamaza.

Ubu butumwa bw’amashusho, bigaragara ko bwateguranywe ubuhanga, Biden atangira agaragaza ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America, ari ukwishyira ukizana (Freedom) kwa buri wese.

Ati “Ukwishyira ukizana kwa buri muntu ni imwe mu nkingi y’abo turi bo nk’Abanyamerika, nta kindi cyabiruta.”

Yakomeje avuga ko niba Abanyamerika bashaka gukomeza kurinda ihame rya Demokarasi, bagomba kuzongera kumutora.

Yavuze ko America izakomeza guharanira ko abantu bagira uburenganzira bungana, gukomeza kurinda umutekano w’Igihugu n’abagituye ndetse no kugabanya imisoro.

Yakomeje agaragaza ibyagezweho muri iyi manda ya mbere, ati “Ubwo nabaga Perezida mu myaka ine ishize, navuze ko tugomba kurwana urugamba rwo guharanira ubudahangarwa bwa America kandi n’ubu turacyarurimo. Ikibazo duhanganye na cyo ni ukwibaza niba mu myaka iri imbere tuzaba tugeze ku rwego rwo hejuru mu kwishyira ukizana cyangwa byaragabanutse.”

Yakomeje avuga kandi ko hakwiye kwibazwa niba bazakomeza gukomera ku ihame ryo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko ko atari we ufite igisubizo ahubwo ko gifitwe n’Abanyamerika, kandi ko badakwiye gutuma uru rugendo ruzamo igitotsi.

Ati “Ni yo mpamvu nifuza kongera kuziyamamaza kuko nzi America, ndabizi ko turi abantu beza kandi b’inyangamugayo…”

Perezida Joe Biden atangaje ko azongera kwiyamamaza, nyuma yuko na Donald Trump banahatanye mu matora y’ubushize na we aherutse kwemeza ko aziyamamaza. Ibigaragaza ko amatora ya Leta Zunze Ubumwe za America ashobora kuzongera gushyuha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Next Post

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y'itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.