Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’umwaka utaha, ahamagarira Abanyamerika kuzongera gushishoza bakamuhitamo.

Perezida Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, ko agiye guhatanira manda ya kabiri, ku buryo Abanyamerika baramutse bamuhisemo yaguma muri White House.

Mu ijambo yatangaje bwatambutse mu buryo bw’amashusho, nyuma y’igihe butegerejwe n’Abanyamerika benshi ndetse n’abatuye Isi benshi, bibazaga niba Biden azongera kwiyamamaza.

Ubu butumwa bw’amashusho, bigaragara ko bwateguranywe ubuhanga, Biden atangira agaragaza ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America, ari ukwishyira ukizana (Freedom) kwa buri wese.

Ati “Ukwishyira ukizana kwa buri muntu ni imwe mu nkingi y’abo turi bo nk’Abanyamerika, nta kindi cyabiruta.”

Yakomeje avuga ko niba Abanyamerika bashaka gukomeza kurinda ihame rya Demokarasi, bagomba kuzongera kumutora.

Yavuze ko America izakomeza guharanira ko abantu bagira uburenganzira bungana, gukomeza kurinda umutekano w’Igihugu n’abagituye ndetse no kugabanya imisoro.

Yakomeje agaragaza ibyagezweho muri iyi manda ya mbere, ati “Ubwo nabaga Perezida mu myaka ine ishize, navuze ko tugomba kurwana urugamba rwo guharanira ubudahangarwa bwa America kandi n’ubu turacyarurimo. Ikibazo duhanganye na cyo ni ukwibaza niba mu myaka iri imbere tuzaba tugeze ku rwego rwo hejuru mu kwishyira ukizana cyangwa byaragabanutse.”

Yakomeje avuga kandi ko hakwiye kwibazwa niba bazakomeza gukomera ku ihame ryo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko ko atari we ufite igisubizo ahubwo ko gifitwe n’Abanyamerika, kandi ko badakwiye gutuma uru rugendo ruzamo igitotsi.

Ati “Ni yo mpamvu nifuza kongera kuziyamamaza kuko nzi America, ndabizi ko turi abantu beza kandi b’inyangamugayo…”

Perezida Joe Biden atangaje ko azongera kwiyamamaza, nyuma yuko na Donald Trump banahatanye mu matora y’ubushize na we aherutse kwemeza ko aziyamamaza. Ibigaragaza ko amatora ya Leta Zunze Ubumwe za America ashobora kuzongera gushyuha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Next Post

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Related Posts

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

by radiotv10
16/09/2025
0

Ikubuga cy’Indege Mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura mu Burundi, cyamaze ijoro ryose nta ndege zikigwaho cyangwa ngo zihaguruke...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

IZIHERUKA

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu
FOOTBALL

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y'itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.