Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yatangaje inkuru yari itegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Joe Biden yatangaje ko azongera kwiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’umwaka utaha, ahamagarira Abanyamerika kuzongera gushishoza bakamuhitamo.

Perezida Joe Biden yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, ko agiye guhatanira manda ya kabiri, ku buryo Abanyamerika baramutse bamuhisemo yaguma muri White House.

Mu ijambo yatangaje bwatambutse mu buryo bw’amashusho, nyuma y’igihe butegerejwe n’Abanyamerika benshi ndetse n’abatuye Isi benshi, bibazaga niba Biden azongera kwiyamamaza.

Ubu butumwa bw’amashusho, bigaragara ko bwateguranywe ubuhanga, Biden atangira agaragaza ko intego ya Leta Zunze Ubumwe za America, ari ukwishyira ukizana (Freedom) kwa buri wese.

Ati “Ukwishyira ukizana kwa buri muntu ni imwe mu nkingi y’abo turi bo nk’Abanyamerika, nta kindi cyabiruta.”

Yakomeje avuga ko niba Abanyamerika bashaka gukomeza kurinda ihame rya Demokarasi, bagomba kuzongera kumutora.

Yavuze ko America izakomeza guharanira ko abantu bagira uburenganzira bungana, gukomeza kurinda umutekano w’Igihugu n’abagituye ndetse no kugabanya imisoro.

Yakomeje agaragaza ibyagezweho muri iyi manda ya mbere, ati “Ubwo nabaga Perezida mu myaka ine ishize, navuze ko tugomba kurwana urugamba rwo guharanira ubudahangarwa bwa America kandi n’ubu turacyarurimo. Ikibazo duhanganye na cyo ni ukwibaza niba mu myaka iri imbere tuzaba tugeze ku rwego rwo hejuru mu kwishyira ukizana cyangwa byaragabanutse.”

Yakomeje avuga kandi ko hakwiye kwibazwa niba bazakomeza gukomera ku ihame ryo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, ariko ko atari we ufite igisubizo ahubwo ko gifitwe n’Abanyamerika, kandi ko badakwiye gutuma uru rugendo ruzamo igitotsi.

Ati “Ni yo mpamvu nifuza kongera kuziyamamaza kuko nzi America, ndabizi ko turi abantu beza kandi b’inyangamugayo…”

Perezida Joe Biden atangaje ko azongera kwiyamamaza, nyuma yuko na Donald Trump banahatanye mu matora y’ubushize na we aherutse kwemeza ko aziyamamaza. Ibigaragaza ko amatora ya Leta Zunze Ubumwe za America ashobora kuzongera gushyuha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + six =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakoreye Muhoozi ibirori by’isabukuru byaranzwe n’ibyishimo (AMAFOTO)

Next Post

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y’itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Andi makuru acukumbuye ku ntandaro y'itandukana ry’umuhanzi ukomeye mu Rwanda n’umugore bamaranye imyaka 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.