Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe

radiotv10by radiotv10
09/03/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’Igihugu cy’igihangange yeruriye abaturage bacyo ko kitorohewe
Share on FacebookShare on Twitter

Prezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden; mu ihambo yagejeje ku baturage b’iki Gihugu, yaberuriye ko kiri mu bihe bigoye yaba imbere mu Gihugu no hanze yacyo.

Biden yabitangaje mu ijambo yavugiye imbere y’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko no ku Banyamerika babarirwa muri za miliyoni bari bamukurikiye kuri za televiziyo n’irindi koranabuhanga.

Mu  ijwi riranguruye, Prezida Biden wavugaga ibyagezweho mu myaka ine amaze ku butegetsi, yavuze ingingo ku ngingo zinyuranye zirimo Demokarasi n’ukwishyira ukizana, uburenganzira ku buzima bw’imyororokere, ubukungu, amategeko yo kugenzura imbunda, na politiki y’abimukira nk’uko byari byitezwe.

Prezida Joe Biden yavuze ko America iri mu bihe bigoye haba imbere mu Gihugu, no hanze yacyo, bitewe n’uko Demokarasi n’ukwishyira ukizana haba mu Gihugu no ku Isi muri rusange, byibasiwe.

Yavuze ko umutekano wa America ubangamiwe bikomeye n’ibitero by’Aba-Houthi, hakiyongeraho intambara y’u Burusiya muri Ukraine, banatera akaduruvayo ku Isi.

Iri jambo, arivuze mu gihe Biden yitegura guhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America muri manda ye ya kabiri, nubwo icyizere cyo gutsinda amatora gisa n’ikidakomeye bitewe n’uko abakandida barimo na Donald Trump bazaba bahanganye muri aya matora, akomeje guhabwa amahirwe yo kugaruka muri White House.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eighteen =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye abize mu Ishuri na we yizemo ryo muri Uganda (AMAFOTO)

Next Post

Menya ibisobanuro na Filozofi by’amazina Perezida Kagame yise Abuzukuru be

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko

Menya ibisobanuro na Filozofi by’amazina Perezida Kagame yise Abuzukuru be

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.