Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

radiotv10by radiotv10
29/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
4
Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, uzwiho kuba yarahinduye byinshi muri iyi kipe iyoboye izindi mu Rwanda mu kugira abakunzi benshi, yatangaje ko narangiza iyi manda, atazongera kwiyamamaza.

Uwayezu Jean Fidele yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Nyakanga 2023, ubwo yabazwaga ku kuba manda ye isigaje umwaka n’amezi abiri, niba azongera akiyamamaza.

Yasubije agira ati “Nsigaje umwaka umwe n’amezi abiri. Imyaka ine ukorera Rayon Sports harimo imvune, hari n’ibindi byinshi uba warigomwe, nasanze iri mu bihe bikomeye, ku bwanjye nifuza ko ntakongera gukomeza, ahubwo twashaka undi nk’Aba-Rayons na we akaza akagerageza indi myaka ine.”

Yakomeje aha ubutumwa Aba-Rayons agira ati “Ahubwo nibabe bitegura bashake undi uzansimbura.”

Uyu mugabo wagaragaje umwihariko mu miyoborere ya Rayon Sports, kuko muri manda ye ari bwo yagiye mu buryo, yabajijwe niba no mu gihe abakunzi b’iyi kipe bamusaba ko akomeza kuyiyora, atabyemera, avuga ko bitari muri gahunda ze.

Ati “Nzabasubiza ngo ‘nta muntu kamara, nanjye mubwira mutya ntabwo mwari muzi ko nzaza ngo ngire icyo nkora niba mubona narakoze neza. Mureke dushake undi nzamugira inama nzamufasha’.”

Uwayezu akomeza avuga ko muri iki gihe amaze ayobora Rayon Sports, hari byinshi yari asanzwe yitaho nk’umuryango we, ataboneye umwanya ku buryo akeneye umwanya wo kubyitaho.

Ati “Kandi aho tugeze hari byinshi byakozwe, njye nagiyemo na komite nicara ku ntebe za pulasitike za Skol yadutije, ariko Rayon Sports uyigiyemo usanga SG [Umunyamabanga Mukuru] ukora uhembwa, DAF [Ushinzwe Imari] uhembwa, ushinzwe itumanaho, ushinzwe amasoko, dufite umuvugizi ubihemberwa,…”

Uwayezu avuga ko muri uyu mwaka n’amezi abiri asigaje, azakomeza kubaka imikorere n’imiyoborere ya Rayon Sports bihamye, ikagira imirongo ngenderwaho itagejega, no kuyishakira abafatanyabikorwa bazajya bayiha amafaranga.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Jpaul says:
    2 years ago

    Nibyo byiza kureka nabandi kagerageza

    Reply
  2. Leodomir KAYUMBA says:
    2 years ago

    MUBYUKURI UWAYEZU AKWIYE GUSHIMIRWA IBYO YAGEZEHO NUKURI NI IBINTU BITANGAJE CYANEE, ARIKO NTEJEREZA KO IYIMANDA YAMUVUNNYE KUKO YAHERAGA KUBUSA ARIKO UBWO AMAZE KUBYUBAKA AKABA AFITE COMITE NZIZA AFITE ABATERANKUNGA NDUMVA YAKOMEZA AKATUYOBORA KDI UBWO ARIMO KUBYUBAKA KUYOBORA BIZAGENDA BYOROHA CYANEE

    Reply
  3. Nsanzimana faustin says:
    2 years ago

    Ni ibyagaciro kubona umugabo ugira ukuri nkuyu ayobora Rayon sport amaze kuyishyira kumurongo mu myaka itatu yonyine amaze ayiyobora ibyari byarananiranye mu myaka irenga 50 ishize ikipe ibayeho. Ariko iki sicyo gihe cyo kuyirekura kuko aracyafite byinshi byo gukora nakifuje ko yazahava ayifashije kubona stage nziza igezweho ubundi akubakirwamo status ikazaba urw’ibutso kuri we nkumuntu wingirakamaro. Abantu nka Jean fidel baboneka rimwe mubuzima. Iyi ni impano Imana yihereye abafana ba Gikundiro. Jean Fidel we….. Uri imfura Kandi nukuri ubupfura buragusa, warabuvukanye. Nsenga amanywa nijoro kugira imana ikomeze kugushoboza no ku kurinda. Ibihe birihuta we are grateful.

    Reply
  4. N.Marcel says:
    2 years ago

    Kugenda kwe bizasubiza rayons sport Aho yavuye Kiko urukundo yari ayifitiye nimirongo migari yari ayifitiye sinzi ko hazaboneka Indi uzaza ukomereza muri uwo mujyo kuko undi uzaza azaba ashaka kubaka izina rue na we ashaka kugira into ahindura usange ibyagezweho birasenywe so Ku bwanjye byari byiza ko ahaguma ahubwo aka enjoying ibyiza yari amaze kuyigezaho cyane ko ahavunanye yarahavuye si non bashobora kuzaza ba rusahurira mu nduru Aho batarimye ESE we yashimishwa no kubona into yubatse bisenywa areba? please igihe cyo gusimburwa si iki cyane ko akavuyo Kari gasanzwe katari kibagirana burundu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Related Posts

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.