Tuesday, March 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana

radiotv10by radiotv10
29/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
4
Perezida w’Ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda atangaje ibishobora kudashimisha abafana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, uzwiho kuba yarahinduye byinshi muri iyi kipe iyoboye izindi mu Rwanda mu kugira abakunzi benshi, yatangaje ko narangiza iyi manda, atazongera kwiyamamaza.

Uwayezu Jean Fidele yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Nyakanga 2023, ubwo yabazwaga ku kuba manda ye isigaje umwaka n’amezi abiri, niba azongera akiyamamaza.

Yasubije agira ati “Nsigaje umwaka umwe n’amezi abiri. Imyaka ine ukorera Rayon Sports harimo imvune, hari n’ibindi byinshi uba warigomwe, nasanze iri mu bihe bikomeye, ku bwanjye nifuza ko ntakongera gukomeza, ahubwo twashaka undi nk’Aba-Rayons na we akaza akagerageza indi myaka ine.”

Yakomeje aha ubutumwa Aba-Rayons agira ati “Ahubwo nibabe bitegura bashake undi uzansimbura.”

Uyu mugabo wagaragaje umwihariko mu miyoborere ya Rayon Sports, kuko muri manda ye ari bwo yagiye mu buryo, yabajijwe niba no mu gihe abakunzi b’iyi kipe bamusaba ko akomeza kuyiyora, atabyemera, avuga ko bitari muri gahunda ze.

Ati “Nzabasubiza ngo ‘nta muntu kamara, nanjye mubwira mutya ntabwo mwari muzi ko nzaza ngo ngire icyo nkora niba mubona narakoze neza. Mureke dushake undi nzamugira inama nzamufasha’.”

Uwayezu akomeza avuga ko muri iki gihe amaze ayobora Rayon Sports, hari byinshi yari asanzwe yitaho nk’umuryango we, ataboneye umwanya ku buryo akeneye umwanya wo kubyitaho.

Ati “Kandi aho tugeze hari byinshi byakozwe, njye nagiyemo na komite nicara ku ntebe za pulasitike za Skol yadutije, ariko Rayon Sports uyigiyemo usanga SG [Umunyamabanga Mukuru] ukora uhembwa, DAF [Ushinzwe Imari] uhembwa, ushinzwe itumanaho, ushinzwe amasoko, dufite umuvugizi ubihemberwa,…”

Uwayezu avuga ko muri uyu mwaka n’amezi abiri asigaje, azakomeza kubaka imikorere n’imiyoborere ya Rayon Sports bihamye, ikagira imirongo ngenderwaho itagejega, no kuyishakira abafatanyabikorwa bazajya bayiha amafaranga.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Jpaul says:
    3 years ago

    Nibyo byiza kureka nabandi kagerageza

    Reply
  2. Leodomir KAYUMBA says:
    3 years ago

    MUBYUKURI UWAYEZU AKWIYE GUSHIMIRWA IBYO YAGEZEHO NUKURI NI IBINTU BITANGAJE CYANEE, ARIKO NTEJEREZA KO IYIMANDA YAMUVUNNYE KUKO YAHERAGA KUBUSA ARIKO UBWO AMAZE KUBYUBAKA AKABA AFITE COMITE NZIZA AFITE ABATERANKUNGA NDUMVA YAKOMEZA AKATUYOBORA KDI UBWO ARIMO KUBYUBAKA KUYOBORA BIZAGENDA BYOROHA CYANEE

    Reply
  3. Nsanzimana faustin says:
    3 years ago

    Ni ibyagaciro kubona umugabo ugira ukuri nkuyu ayobora Rayon sport amaze kuyishyira kumurongo mu myaka itatu yonyine amaze ayiyobora ibyari byarananiranye mu myaka irenga 50 ishize ikipe ibayeho. Ariko iki sicyo gihe cyo kuyirekura kuko aracyafite byinshi byo gukora nakifuje ko yazahava ayifashije kubona stage nziza igezweho ubundi akubakirwamo status ikazaba urw’ibutso kuri we nkumuntu wingirakamaro. Abantu nka Jean fidel baboneka rimwe mubuzima. Iyi ni impano Imana yihereye abafana ba Gikundiro. Jean Fidel we….. Uri imfura Kandi nukuri ubupfura buragusa, warabuvukanye. Nsenga amanywa nijoro kugira imana ikomeze kugushoboza no ku kurinda. Ibihe birihuta we are grateful.

    Reply
  4. N.Marcel says:
    3 years ago

    Kugenda kwe bizasubiza rayons sport Aho yavuye Kiko urukundo yari ayifitiye nimirongo migari yari ayifitiye sinzi ko hazaboneka Indi uzaza ukomereza muri uwo mujyo kuko undi uzaza azaba ashaka kubaka izina rue na we ashaka kugira into ahindura usange ibyagezweho birasenywe so Ku bwanjye byari byiza ko ahaguma ahubwo aka enjoying ibyiza yari amaze kuyigezaho cyane ko ahavunanye yarahavuye si non bashobora kuzaza ba rusahurira mu nduru Aho batarimye ESE we yashimishwa no kubona into yubatse bisenywa areba? please igihe cyo gusimburwa si iki cyane ko akavuyo Kari gasanzwe katari kibagirana burundu.

    Reply

Leave a Reply to Nsanzimana faustin Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =

Previous Post

Ibyo kumenya biteye amatsiko ku mutunganyamuziki wasize amarira mu myidagaduro Nyarwanda

Next Post

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Related Posts

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

by radiotv10
23/03/2026
0

Abakinnyi b'Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, batangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya FIFA Series izatangira muri iki cyumweru, barimo abavandimwe...

Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

by radiotv10
23/03/2026
0

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura...

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

Gasogi Utd yabuze ku mukino wari kuyihuza na Rayon hahita hafatwa icyemezo

by radiotv10
23/03/2026
0

Ikipe ya Gasogi United yabuze kuri Sitade mu mukino w'umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kuyihuza na Rayon Sports; ihita...

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

Volleyball: Amakipe yageze kuri Final yamenyekanye, umukino umwe uba ingorabahizi

by radiotv10
22/03/2026
0

Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe...

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

by radiotv10
20/03/2026
0

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Serge Branco, yanenze Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, avuga ko abona akorera mu...

IZIHERUKA

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC
AMAHANGA

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

24/03/2026
Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

24/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

24/03/2026
Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

24/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Rwamagana: Indimi ebyiri zihabanye hagati y’ubuyobozi n’abaturage kubera 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.