Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko yakiriye neza itangazo rya mugenzi we Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, wemeje ko ingabo z’uyu muryango zoherezwa muri DRCongo kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, Perezisa Evariste Ndayishimiye yavuze ko ashyigikiye icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRC.

Yagize ati “Nakiriye neza itangazo rya Nyakubahwa Uhuru Kenyatta, Perezida wa Kenya unayoboye EAC ku muti w’ibibazo bibangamiye amahoro, umutekano n’ituze biri muri burasirazuba wa DRC bikomeje kubangamira imibereho y’abaturage bose bo mu karere.”

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari n’imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Burundi irimo Red-Tabara na FNL.

I warmly welcome the statement of H.E Uhuru Kenyatta @StateHouseKenya, President of #Kenya and Chair of @jumuiya on the security situation in the Eastern DRC which aims to restore peace, security & stability for the well-being of all the population of the region.

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) June 16, 2022

Ubu butumwa bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, buje bukurikira itangazo rya Perezida Uhuru Kenyatta ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena, rivuga ko atangaje ko itsinda ry’ingabo rihuriweho n’Ibihugu bya EAC rigomba kujya muri DRCongo.

Iki cyemezo gishingiye ku myanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu tariki 21 Mata 2022 ko hagomba gushyirwaho iri tsinda ry’ingabo rihuriweho.

Perezida Uhuru Kenyatta yavuze tariki 14 na 15 Kamena yavuganye n’abakuru b’Ibihugu bya EAC ku murongo wa Telefone ku bibazo by’umutekano biri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo.

Yavuze ko abagaba bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC bazahurira mu nama izaba ku Cyumweru tariki 19 Kamena mu rwego rwo kunoza imyiteguro yo kohereza izi ngabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Next Post

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.