Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida w’u Burundi yakiranye ubwuzu icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ko yakiriye neza itangazo rya mugenzi we Uhuru Kenyatta unayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, wemeje ko ingabo z’uyu muryango zoherezwa muri DRCongo kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, Perezisa Evariste Ndayishimiye yavuze ko ashyigikiye icyemezo cyo kohereza ingabo za EAC muri DRC.

Yagize ati “Nakiriye neza itangazo rya Nyakubahwa Uhuru Kenyatta, Perezida wa Kenya unayoboye EAC ku muti w’ibibazo bibangamiye amahoro, umutekano n’ituze biri muri burasirazuba wa DRC bikomeje kubangamira imibereho y’abaturage bose bo mu karere.”

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hari n’imitwe irwanya ubutegetsi bw’u Burundi irimo Red-Tabara na FNL.

I warmly welcome the statement of H.E Uhuru Kenyatta @StateHouseKenya, President of #Kenya and Chair of @jumuiya on the security situation in the Eastern DRC which aims to restore peace, security & stability for the well-being of all the population of the region.

— SE Evariste Ndayishimiye (@GeneralNeva) June 16, 2022

Ubu butumwa bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, buje bukurikira itangazo rya Perezida Uhuru Kenyatta ryasohotse kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena, rivuga ko atangaje ko itsinda ry’ingabo rihuriweho n’Ibihugu bya EAC rigomba kujya muri DRCongo.

Iki cyemezo gishingiye ku myanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu tariki 21 Mata 2022 ko hagomba gushyirwaho iri tsinda ry’ingabo rihuriweho.

Perezida Uhuru Kenyatta yavuze tariki 14 na 15 Kamena yavuganye n’abakuru b’Ibihugu bya EAC ku murongo wa Telefone ku bibazo by’umutekano biri mu Ntara ya Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo.

Yavuze ko abagaba bakuru b’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC bazahurira mu nama izaba ku Cyumweru tariki 19 Kamena mu rwego rwo kunoza imyiteguro yo kohereza izi ngabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Next Post

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

Related Posts

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Money is often a sensitive topic, but it is also one of the most important factors that shape a person's...

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

IZIHERUKA

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe
MU RWANDA

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Mu mujinya w’umurandunzuzi Umuvugizi wa DRCongo yasomye imyanzuro ikarishye bafatiye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.