Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yavuze ko Isi ifite amahitamo, hagati y’amahoro cyangwa intambara, hagati y’ibiganiro cyangwa guhangana, hagati y’inyungu rusange n’inyungu za bamwe.

Xi Jinping yabitangaje ubwo yayoboraga ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’imyiyereko ya gisirikare yabereye i Beijing kuri uyu wa Gatatu, ari kumwe na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru, mu kugaragaza ubufanye bw’ibi Bihugu ku rwego rutigeze rubaho.

Muri ibi birori byabaye mu rwego rwo kwizihiza imyaka 80 ishize u Buyapani butsinzwe intambara ya Kabiri y’Isi, ntihagaragayemo abayobozi benshi b’Ibihugu by’u Burayi benshi, mu gihe Putin na Kim, bari abashyitsi b’imena, bamaze kuba abanzi ku Burengerazuba bw’Isi kubera intambara ya Ukraine.

Ibi birori byateguwe n’u Bushinwa hagamijwe kwerekana imbaraga za gisirikare no kwigaragaza mu bya dipolomasi.

Ibi biro byabaye mu gihe hari hamaze iminsi intambara y’ubucuruzi hagati u’u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za America, yatangiye nyuma yaho ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump bushyizeho imisoro mishya ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa, mu gihe nabwo bwanenze imyitwarire idahwitse mu miyoborere, ibyahungabanyije umubano w’ibi Bihugu byombi.

Perezida Xi Jinping yabwiye abantu barenga ibihumbi 50 bari bateraniye ku kibuga cya Tiananmen ati “Uyu munsi, abantu ku isi bahagaze imbere y’amahitamo abiri; amahoro cyangwa intambara, ibiganiro cyangwa guhangana, inyungu rusange cyangwa inyungu z’umwe gusa. Abaturage b’u Bushinwa bo bahagaze ku ruhande rukwiye rw’amateka.”

 

Ibirori binogeye ijisho

Mu modoka ifunguye hejuru, Perezida Xi Jinping yagenzuye abasirikare ndetse n’ibikoresho bya gisirikare bigezweho birimo misile za hypersonic, drones zikorera mu mazi, ndetse n’izindi ntwaro zidasanzwe z’intambara.

Mu kirere Kajugujugu n’indege z’intambara zikoze amabendera manini, mu gihe ku butaka hari akarasisi k’ingabo kamaze iminota 70.

Yambaye ikote gakondo risa n’irya Mao Zedong, Xi yari yabanje kwakira abayobozi barenga 25 ku itapi itukura, harimo na Prabowo Subianto wa Indoneziya wari watunguye benshi kuba yagaragaye muri ibyo birori nubwo mu Gihugu cye hari imyigaragambyo ikomeye.

Yicaye hagati ya Putin na Kim, Xi yakomeje kuganira kenshi n’aba bayobozi bombi mu gihe ibihumbi by’abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare byanyuraga imbere yabo. Iyi ikaba ari na yo nshuro ya mbere aba bagabo batatu bayobora Ibihugu bikomeye ku isi, bagaragaye bari kumwe mu ruhame.

Nyuma y’aho, Putin yashimiye Kim mu biganiro yabereye muri State Guesthouse y’u Bushinwa, kubera ubutwari bw’abasirikare b’Abanya-Koreya mu ntambara yo muri Ukraine. Ndetse Kim uyobora Koreya ya Ruguru na we yahise avuga ko yiteguye gukora byose bishoboka ngo afashe u Burusiya.

Mu butumwa yanyujije kuri Truth Social ubwo ibi birori byatangiraga, Perezida Trump wa America yibukije uruhare rw’Igihugu cye mu gufasha u Bushinwa kubona ubwigenge bwabwo ku Buyapani mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Yongeraho ati “Mpaye intashyo Vladimir Putin na Kim Jong Un, mu gihe mwitegura gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America.”

Icyakora ibiro bya Perezida w’u Burusiya Kremlin byahise bisubiza ko Putin atari gucura imigambi yo kurwanya Leta Zunze Ubumwe za America, ahubwo bishimangira ko Trump yaba yari ari kwivugira mu buryo bwo gutera urwenya.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

Next Post

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Related Posts

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

IZIHERUKA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi
MU RWANDA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado 'irasa ibyihebe nta kubibabarira'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.