Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema; yagarutse ku ruzinduko yagiriye muri iki Gihugu akanasura agace k’ubukerarugendo karimo inyamaswa z’inkazi, aho yanakoze ku Gisamagwe, avuga ko atazabyibagirwa, mugenzi we na we avuga ko nyuma y’uru ruzinduko, abagenderera ako gace bahise biyongera.

Ni mu musangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, nyuma y’amasaha macye Perezida wa Zambia ageze mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, anitabiriyemo ihuriro ryiswe Fintech Forum riri kubera i Kigali ryiga ku ikoranabuhanga mu bigo by’imari.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahaye ikaze Perezida Hakainde Hichilema ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo mu Gihugu cye bazanye mu Rwanda.

Umwaka ushize muri Mata 2022, Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia, anasura agace k’ubukerarugendo ka Livingstone, aho yanagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi y’igisamagwe.

Kuri uyu wa Kabiri, yagarutse kuri uru ruzinduko, ati “Uruzinduko rwanjye rw’i Livingston umwaka ushize, ni urwo kuzirikana, by’umwihariko sinzibagirwa uburyo nagize igihe cyo kwegera igisamagwe. Turacyashima uburyo mwatwakiriye ubwo tari iwanyu.”

Umwaka ushize Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia

Perezida Kagame wavuze ko Hichilema ari umuvandimwe, yavuze ko uruzinduko rwe mu Rwanda, ari ikimenyetso cy’ubucuti buri hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Zambia.

Ati “Nanone kandi ni na gihamya y’ubushake bwo gukomeza kugira ibyo twigiranaho mu rugendo dusangiye rwo kugera ku iterambere rirambye.”

Yagarutse ku kuba ubu ingendo zihuza u Rwanda na Zambia zikorwa nibura buri munsi, ku buryo byatumye Abanyarwanda n’Abanya-Zambia barushaho kugenderana ndetse no guhahirana.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema na we wagarutse ku ruzinduko rwa mugenzi we Perezida Kagame umwaka ushize, ubwo yasuraga agace k’isumo rya Victoria ari na ho yarebeye ziriya nyamaswa z’inkazi, yavuze ko icyo gihe yizeje ko agiye kuhamenyekanisha.

Ati “Ndagira ngo mbishimangire Perezida Kagame ko kuva wasura Livingstone, uburyo bwo kuhagenderera, yaba mu macumbi, mu mahoteli  n’ahandi muri kariya gace, bwarazamutse. Ibi kandi si urwenya kuko nari nzi uko byari byifashe hariya mbere ndetse n’uko byifashe ubu. Warakoze cyane kumenyekanisha kariya gace.”

Hakainde Hichilema kandi na we yavuze ko yishimiye kuba yagendereye u Rwanda, nk’Igihugu gikorana bya hafi n’Icye, by’umwihariko mu gukusanya imisoro n’amahoro, kandi ko byafashije Zambia cyane.

Perezida Kagame yazimaniye Umukuru wa Zambia
Yavuze ko ashima uburyo umubano w’Ibihugu byombi umeze neza

Hichilema na we yavuze ko nyuma y’uko Perezida Kagame agenderereya Livingstone aka gace gasigaye gasurwa cya e
Abayobozi ku mpande zombi basangiye
Ni umusangiro kandi warimo abandi badipolomate b’ibindi Bihugu

Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − one =

Previous Post

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Next Post

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.