Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema; yagarutse ku ruzinduko yagiriye muri iki Gihugu akanasura agace k’ubukerarugendo karimo inyamaswa z’inkazi, aho yanakoze ku Gisamagwe, avuga ko atazabyibagirwa, mugenzi we na we avuga ko nyuma y’uru ruzinduko, abagenderera ako gace bahise biyongera.

Ni mu musangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, nyuma y’amasaha macye Perezida wa Zambia ageze mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, anitabiriyemo ihuriro ryiswe Fintech Forum riri kubera i Kigali ryiga ku ikoranabuhanga mu bigo by’imari.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahaye ikaze Perezida Hakainde Hichilema ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo mu Gihugu cye bazanye mu Rwanda.

Umwaka ushize muri Mata 2022, Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia, anasura agace k’ubukerarugendo ka Livingstone, aho yanagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi y’igisamagwe.

Kuri uyu wa Kabiri, yagarutse kuri uru ruzinduko, ati “Uruzinduko rwanjye rw’i Livingston umwaka ushize, ni urwo kuzirikana, by’umwihariko sinzibagirwa uburyo nagize igihe cyo kwegera igisamagwe. Turacyashima uburyo mwatwakiriye ubwo tari iwanyu.”

Umwaka ushize Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia

Perezida Kagame wavuze ko Hichilema ari umuvandimwe, yavuze ko uruzinduko rwe mu Rwanda, ari ikimenyetso cy’ubucuti buri hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Zambia.

Ati “Nanone kandi ni na gihamya y’ubushake bwo gukomeza kugira ibyo twigiranaho mu rugendo dusangiye rwo kugera ku iterambere rirambye.”

Yagarutse ku kuba ubu ingendo zihuza u Rwanda na Zambia zikorwa nibura buri munsi, ku buryo byatumye Abanyarwanda n’Abanya-Zambia barushaho kugenderana ndetse no guhahirana.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema na we wagarutse ku ruzinduko rwa mugenzi we Perezida Kagame umwaka ushize, ubwo yasuraga agace k’isumo rya Victoria ari na ho yarebeye ziriya nyamaswa z’inkazi, yavuze ko icyo gihe yizeje ko agiye kuhamenyekanisha.

Ati “Ndagira ngo mbishimangire Perezida Kagame ko kuva wasura Livingstone, uburyo bwo kuhagenderera, yaba mu macumbi, mu mahoteli  n’ahandi muri kariya gace, bwarazamutse. Ibi kandi si urwenya kuko nari nzi uko byari byifashe hariya mbere ndetse n’uko byifashe ubu. Warakoze cyane kumenyekanisha kariya gace.”

Hakainde Hichilema kandi na we yavuze ko yishimiye kuba yagendereye u Rwanda, nk’Igihugu gikorana bya hafi n’Icye, by’umwihariko mu gukusanya imisoro n’amahoro, kandi ko byafashije Zambia cyane.

Perezida Kagame yazimaniye Umukuru wa Zambia
Yavuze ko ashima uburyo umubano w’Ibihugu byombi umeze neza

Hichilema na we yavuze ko nyuma y’uko Perezida Kagame agenderereya Livingstone aka gace gasigaye gasurwa cya e
Abayobozi ku mpande zombi basangiye
Ni umusangiro kandi warimo abandi badipolomate b’ibindi Bihugu

Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + two =

Previous Post

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Next Post

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.