Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi

radiotv10by radiotv10
21/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida w’u Rwanda azimanira uwa Zambia hahishuwe icyakurikiye uruzinduko yanaboneyemo inyamaswa z’inkazi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ubwo yakiraga ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema; yagarutse ku ruzinduko yagiriye muri iki Gihugu akanasura agace k’ubukerarugendo karimo inyamaswa z’inkazi, aho yanakoze ku Gisamagwe, avuga ko atazabyibagirwa, mugenzi we na we avuga ko nyuma y’uru ruzinduko, abagenderera ako gace bahise biyongera.

Ni mu musangiro wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, nyuma y’amasaha macye Perezida wa Zambia ageze mu Rwanda, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri, anitabiriyemo ihuriro ryiswe Fintech Forum riri kubera i Kigali ryiga ku ikoranabuhanga mu bigo by’imari.

Mu ijambo rye, Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yahaye ikaze Perezida Hakainde Hichilema ndetse n’itsinda ry’abayobozi bo mu Gihugu cye bazanye mu Rwanda.

Umwaka ushize muri Mata 2022, Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia, anasura agace k’ubukerarugendo ka Livingstone, aho yanagaragaye ari gukora ku nyamaswa y’inkazi y’igisamagwe.

Kuri uyu wa Kabiri, yagarutse kuri uru ruzinduko, ati “Uruzinduko rwanjye rw’i Livingston umwaka ushize, ni urwo kuzirikana, by’umwihariko sinzibagirwa uburyo nagize igihe cyo kwegera igisamagwe. Turacyashima uburyo mwatwakiriye ubwo tari iwanyu.”

Umwaka ushize Perezida Kagame na we yari yagiriye uruzinduko muri Zambia

Perezida Kagame wavuze ko Hichilema ari umuvandimwe, yavuze ko uruzinduko rwe mu Rwanda, ari ikimenyetso cy’ubucuti buri hagati y’Abanyarwanda n’Abanya-Zambia.

Ati “Nanone kandi ni na gihamya y’ubushake bwo gukomeza kugira ibyo twigiranaho mu rugendo dusangiye rwo kugera ku iterambere rirambye.”

Yagarutse ku kuba ubu ingendo zihuza u Rwanda na Zambia zikorwa nibura buri munsi, ku buryo byatumye Abanyarwanda n’Abanya-Zambia barushaho kugenderana ndetse no guhahirana.

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema na we wagarutse ku ruzinduko rwa mugenzi we Perezida Kagame umwaka ushize, ubwo yasuraga agace k’isumo rya Victoria ari na ho yarebeye ziriya nyamaswa z’inkazi, yavuze ko icyo gihe yizeje ko agiye kuhamenyekanisha.

Ati “Ndagira ngo mbishimangire Perezida Kagame ko kuva wasura Livingstone, uburyo bwo kuhagenderera, yaba mu macumbi, mu mahoteli  n’ahandi muri kariya gace, bwarazamutse. Ibi kandi si urwenya kuko nari nzi uko byari byifashe hariya mbere ndetse n’uko byifashe ubu. Warakoze cyane kumenyekanisha kariya gace.”

Hakainde Hichilema kandi na we yavuze ko yishimiye kuba yagendereye u Rwanda, nk’Igihugu gikorana bya hafi n’Icye, by’umwihariko mu gukusanya imisoro n’amahoro, kandi ko byafashije Zambia cyane.

Perezida Kagame yazimaniye Umukuru wa Zambia
Yavuze ko ashima uburyo umubano w’Ibihugu byombi umeze neza

Hichilema na we yavuze ko nyuma y’uko Perezida Kagame agenderereya Livingstone aka gace gasigaye gasurwa cya e
Abayobozi ku mpande zombi basangiye
Ni umusangiro kandi warimo abandi badipolomate b’ibindi Bihugu

Abayobozi ku mpande zombi baganiriye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Perezida w’u Burundi yagaragaje uko bafata u Rwanda mu gihe rutarakora icyo barusabye

Next Post

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Editorial: The New World Economic Order
MU RWANDA

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

M23 yibukije Guverinoma ya Congo ikintu gikomeye ikiyitegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Editorial: The New World Economic Order

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.