Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko haramutse hakozwe urutonde rw’abafite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma, ariko ikibabaje ari uko ruhora rushinjwa ibyagakwiye kubazwa abayungikiramo amamiyali n’amamiliyari.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru Mario Nawfal, cyagarutse ku bibazo birimo ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru wavugaga ko hari Ibihugu bitifuriza Congo gutekana, kugira ngo bikomeze bibone uburyo byagera ku mabuye y’agaciro ari muri iki Gihugu, mu gihe Perezida Kagame yifuriza iki Gihugu kugira amahoro arambye, kandi kibashe no kugirana ubucuruzi n’ibindi Bihugu mu nzira ziboneye.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko hari Ibihugu byinshi bifite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo n’iby’ibihangange, binaherutse gufatira u Rwanda ibihano birushinja ibinyoma.

Yavuze ko ikibabaje ari uko ibyo Bihugu bishinja u Rwanda ibinyoma birimo no kwiba amabuye y’agaciro muri Congo, ahubwo ari byo bifite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri iki Gihugu.

Ati “Uramutse urebye ku rutonde rw’Ibice ijana, u Bushinwa, u Burayi, US [Leta Zunze Ubumwe za America], Canada n’ibindi, ugashyiramo n’ibindi byo muri aka karere, bifite inyungu mu mabuye y’agaciro muri Congo, u Rwanda rushobora kuza ku mwanya w’ijana, rushobora kuza ku mwanya wa nyuma.

Ariko urebye uko bimeze, bisa nk’aho, abantu badashishikajwe n’amabuye y’agaciro, ni bo bakomeje gushinjwa ikibazo cyose cy’abo bose 100, bakura amamiliyari n’amamiliyari batagize icyo basige inyuma.

Rero u Rwanda ni rwo bahirikiraho ibyo byose, ubundi abantu bafite ubuhanganje bwaba ubw’itangazamakuru n’ibindi byose, kandi kuri bo bakomeje no kungukira muri politiki mbi.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko ikibazo cy’u Rwanda kidashingiye ku mabuye y’agaciro, ahubwo ko igihe cyose ruhora rushyize imbere umutekano warwo uza imbere y’ibindi byose.

Ati “Igihe cyose dufite impungenge z’umutekano wacu, ntidushobora gutekereza iby’amabuye y’agaciro muri icyo kibazo, rwose ibyo byaza ku mwanya wa nyuma mu bitekerezo byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikindi kibazo gihangayikisha u Rwanda, ari icy’Abanyekongo bakomeje gutwererwa u Rwanda, bisanze muri kiriya Gihugu ubwo hakatwaga imipaka, ariko ubutegetsi bwa Congo bukaba bwarakomeje kubahoza ku nkeke, ndetse bakaza gutotezwa ku bufatanye bw’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Bakorana n’Abanyapolitiki, bakabateza ibibazo, ariko bagashaka no guteza ibibazo ku Rwanda. Ibyo ni ibintu twaganiriye na buri wese, na Guverinoma yose yagiye ibaho muri Congo.”

Perezida Kagame wavuze ko ibi yanabiganiriye n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, ariko ko kubyumva byabaye ikibazo kuko afite ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi ko babivuganyeho inshuro nyinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 1 =

Previous Post

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Next Post

Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.