Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko haramutse hakozwe urutonde rw’abafite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwaza ku mwanya wa nyuma, ariko ikibabaje ari uko ruhora rushinjwa ibyagakwiye kubazwa abayungikiramo amamiyali n’amamiliyari.

Perezida Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru Mario Nawfal, cyagarutse ku bibazo birimo ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu munyamakuru wavugaga ko hari Ibihugu bitifuriza Congo gutekana, kugira ngo bikomeze bibone uburyo byagera ku mabuye y’agaciro ari muri iki Gihugu, mu gihe Perezida Kagame yifuriza iki Gihugu kugira amahoro arambye, kandi kibashe no kugirana ubucuruzi n’ibindi Bihugu mu nzira ziboneye.

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko hari Ibihugu byinshi bifite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo n’iby’ibihangange, binaherutse gufatira u Rwanda ibihano birushinja ibinyoma.

Yavuze ko ikibabaje ari uko ibyo Bihugu bishinja u Rwanda ibinyoma birimo no kwiba amabuye y’agaciro muri Congo, ahubwo ari byo bifite inyungu mu mabuye y’agaciro yo muri iki Gihugu.

Ati “Uramutse urebye ku rutonde rw’Ibice ijana, u Bushinwa, u Burayi, US [Leta Zunze Ubumwe za America], Canada n’ibindi, ugashyiramo n’ibindi byo muri aka karere, bifite inyungu mu mabuye y’agaciro muri Congo, u Rwanda rushobora kuza ku mwanya w’ijana, rushobora kuza ku mwanya wa nyuma.

Ariko urebye uko bimeze, bisa nk’aho, abantu badashishikajwe n’amabuye y’agaciro, ni bo bakomeje gushinjwa ikibazo cyose cy’abo bose 100, bakura amamiliyari n’amamiliyari batagize icyo basige inyuma.

Rero u Rwanda ni rwo bahirikiraho ibyo byose, ubundi abantu bafite ubuhanganje bwaba ubw’itangazamakuru n’ibindi byose, kandi kuri bo bakomeje no kungukira muri politiki mbi.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko ikibazo cy’u Rwanda kidashingiye ku mabuye y’agaciro, ahubwo ko igihe cyose ruhora rushyize imbere umutekano warwo uza imbere y’ibindi byose.

Ati “Igihe cyose dufite impungenge z’umutekano wacu, ntidushobora gutekereza iby’amabuye y’agaciro muri icyo kibazo, rwose ibyo byaza ku mwanya wa nyuma mu bitekerezo byacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikindi kibazo gihangayikisha u Rwanda, ari icy’Abanyekongo bakomeje gutwererwa u Rwanda, bisanze muri kiriya Gihugu ubwo hakatwaga imipaka, ariko ubutegetsi bwa Congo bukaba bwarakomeje kubahoza ku nkeke, ndetse bakaza gutotezwa ku bufatanye bw’ubutegetsi bwa kiriya Gihugu n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Bakorana n’Abanyapolitiki, bakabateza ibibazo, ariko bagashaka no guteza ibibazo ku Rwanda. Ibyo ni ibintu twaganiriye na buri wese, na Guverinoma yose yagiye ibaho muri Congo.”

Perezida Kagame wavuze ko ibi yanabiganiriye n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, ariko ko kubyumva byabaye ikibazo kuko afite ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi ko babivuganyeho inshuro nyinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

Next Post

Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Rubavu: Bararira ayo kwarika kubera indwara y’amayobera yibasiye igihingwa cyabo ikabacyura amaramasa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.